Monday 3 February 2014

INKURU Y'IIBYIRINGIRO IREBWA N'ABANTU BABIRI BATANDUKANYE! hahirwa uzanesha! rev 3:12



INKURU Y Abantu bafashe urugendo mubutayuberekeza aho babwiwe ko bazakura ibyiza, ariko banyuze munzira iba mubutayu.hanyuma urugendo rubababana rurerure, hanyuma igihe cyaje kugera amazi arabashirana,ibiryo n'imyambaro iracika yewe ndetse n'abantu bamwe bananirwa kugenda bahitamo gusubira inyuma kuko barebaga imbere bakabona ni kure ndetse bagakeka ko aho bavuye ariho hafi....abanyabwoba basubira inyuma, nabandi batangira kuvuga bati twumvise ibihuha pe ibi bintu batubwiye sibyo ahubwo bendaga ngo tuzapfire mubutayu.....hanyuma urugendo uko rukomeza kugorana harimo umuryango umwe bihanganye ariko bamwe bo muruwo muryango nabo bacika intege basubira inyuma, kuko aho baganaga nubwo ntaburyo bwo kubihutisha cyangwa kubafasha murugendo byari bihari munzira iganayo, uwashakaga gusubira iyo avuye habonekaga inkunga nyishi, ndetse hari n'ubufasha cyane....hanyuma umugabo n'umwana we barakomeza bagenda barebye cyane, umwana ashyikaho abaza se ati Data ko dusigaye twenyine hano hantu kandi twari twarazanye n'abandi aho twebwe tuzashyika iyo tugiye amahoro? 

umugabo abwira umwana we ati mwana wanjye twese twabwiwe iby'icyo gihugu, hanyuma turahaguruka turaza, iyo tutaba dushaka icyo gihugu ntitwari kuba twarahagurutse, ariko naho twapfa twapfira murugendo rugana yo aho gupfira mugusubira iyo twavuye>>> baje kugera ahantu bagenda bagwa hanyuma begeye imbere gato basanga bageze ahantu hari irimbi....rigaragazwa n'umusaraba munini, ndetse n'indi mito iri kubituro......! umwana araturika ararira abwira se ati: data biragarara ko hano ntampuntu uharenga kuko ariho n'abandi bahabwe, umwana aricara ati ubu ntaho kujya hahari kuko aha niho hanyuma kuko bakubitaga amaso hakurya bakabona n'irimbi rinini, umubyeyi abwiira umwana ati mwana wanjye dukwiye kunezerwa kuko aha hantu hari abantu! umwana areba se ati papa wataye ubwenge ko ugiye gupfa usige? umubyeyi ati mwana wanjye aba bantu bahabye hano bahabwa n'ishuti zabo! nukuvugako hano hafi hatuye abantu kandi baraba batugezeho mukanya ahubwo twihutire kugana Imbere!
bakivuga ibyo haza abantu baje gusura aho bahabye umusaza washaje arangije ibyo Imana yategetse bababonye bati: murakaza neza! iwacu ni amahoro abantu baho basaza neza, ntibicwa ni indwara, kandi ntanzara ihaba......gusa beshi mubaza inaha babuzwa nuko urugendo ruhagera ari rurerure, bituma imitima yabo isubira inyuma..nuko bafata umwana na se babshyira mu mamodoka babatwara aho bageneye abantu ngo baruhuke hanyuma bazahabwe ibyiza babwiwe...!niko nurugendo rwo gukizwa rumera, ibuka abo mwahagurukanye bakabivamo! ababonye ibiteye ubwoba bagasubira inyuma, abageze mugikombe cy'urupfu bagatuka Imana, abandi beshi batutse abakomeza urugendo bati murakora iby'ubupfapfa cyane rwose! mwene Data reba aho wavuye maze wibuke ko mw'isi uri umushyitsi n'umwiimukira maze ukomeze utumbire YESU WENYINE! niwe uzaguha imbaraga, we kureba uko abandi bareba ahubwo urebeshe kwizera, mw'irimbi havamo gutabarwa kuko ''uhamba uwe aba aba akunda abazima'' nawe tegereza wihanganye Yesu araje kuguha icyo yagufatiye! ntukike intege nubwo uhura n'abaguca intege tumbira YESU GUSA! Ibyahishuwe 2:7, 2:17, 2:26, 3:12 ,3:21


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed