Tuesday 18 February 2014

NI NDE UMANITSWE MU NSENGERO HAGATI YA YEZU CYANGWA DIOGO?

kugeza ubu uyu mugabo aracyariho kandi arakomeye, ndetse anezerewe kuba akina film igaragaza amwe mu mateka n'ubuzima bwaranza Yesu Kristo. aho agira ati ntagishimishije nko kwerekana ko Yesu yazanywe, n'impuhwe amahoro, no gucungura abantu. ibi rero iyo mbikinye mba numva ntanze umusanzu wo kumenyekanisha ibyo Kristo yavuze.
nubwo mu bantu beshi bafata amafoto yuyu mugabo nka Yesu kristo aho bamwe bayashyira mu mazu ngo arabarinda, abandi bakayamanika mu mamodoka no muri za kiriziya usangamo amafoto meshi yuyu mugabo Diogo Morgado ukomoka mugihugu cya portugal aho bamwe bizera cyane ko ari we Yesu ndetse hakabaho nabakoresha amazina y'umukinnyikazi wa filme nka maliya.

ibi rero bikaba byarigishijwe abantu kuburyo usanga aho kwizera ijambo ry'imana bizera ibyo bigishwa n'ababa bamanitse ayo mafoto. ijambo ry'Imana rigaragaza ko ntashusho dukwiye kwiremera yaba isa n'iyo mw'ijuru cyangwa mw'isi, cyangwa munsi y'amazi n'ahandi.kuva 20:4 .ngo tuzikubite Imbere kuko kamere muntu biroroshye kwiremera ikintu kitatubera Imana , ngira ngo mwakwibuka ibyabaye kubwoko bw'Imana buva muri egiputa hanyuma bakiremera ikimasa bati mwese muvuge ko ariyo mana yadukuye muburetwa kandi bazi neza ko bivuye mumaboko yabo . kuva:32 

Muri iki gihe rero usanga hamaze kuremwa ibintu byishi bitari mw'Ijambo ry'imana ariko bishingiye kumaranga mutima yabantu, aho usanga umuntu wese ategwa n'icyo akunze, niba ukunze ifoto ukibagirwa ibyanditswe,  aho uzasanga usigaye wemera ibitari byo.

Buri muntu wese uvuga ko yemera Ijambo ry'Imana akwiye kumenya ko hazaza ibihe birushya, hazaza ubuyobe ndetse bwamaze kuhagera. ariko abatita kw'Ijambo ry'iamana bazarushaho kuyoba no kuyobya abandi. ijambo ry'imana ni ukuri rigira riti: Imana n'umwuka n'abayisenga bakwiye kuyisenga mu kuri no mu mwuka, nibyiza kumva amateka yewe no gukina ama film yakwereka abantu ko habayeho ukuri kandi n'ubu kukiriho, ariko nanone sibyiza kwirundurira mumyemerere idashingiye kw'Ijambo ry'Imana.

nta filme
nta gitabo
nta buhamya
nta muntu ukwiye kuruta bibiliya mubyo wemera kuko hadutse, ibitabo byishi byandikwa hagendewe kuri bibiliya ariko igitangaje wakwibaza uti : kuki bene ibyo bitabo, ayo mafilime afatwa nkaho aribyo byukuri kurenza aho bakuye amakuru

dukeneye Ijambo ry'IMANA kurenza ikindi cyose. n'ibindi nibyiza kubisoma kubireba ariko tukibuka ko icyo dukeneye si ukwiga Imana ahubwo n'ukuyumvira dukurikije Ijambo ry'IMANA.

UYU MUBONA SI YESU NI DIOGO MORGADO

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed