Friday 21 March 2014

ESE WITEGUYE KUZAMUBERA INKORA MUTIMA? WE YIRENGAGIJE UBUBI BWAWE N'ICYANGIRO WARI UFITE!


YESU YARABYEMEYE KUBERA URUKUNDO AGUKUNDA! Ese wowe witeguye kumwemera NO KUZAMUBERA Umwizerwa? Ibyahishuwe: 5:3

Nkuko muri iyi minsi abantu bashishikajwe n'ubukwe, niko hariho nabashishikajwe no gufasha satani kugirango babwice, cyangwa bazabatanye!

hariho umukobwa umwe rero yarambagijwe kenshi, ubukwe bwajya kuba akumva umusore yabivuyemo, bimaze kuba inshuro nyinshi nawe ahitamo ko atozongera kwemerera umuhungu n'umwe.

wakwibaza uti byaterwaga n'iki? yabaga akundandanye n'umuntu abandi bagasanga umusore bati uriya mukobwa, ni mwiza, rwose pe ariko se uzihanganira ibiheko by'Iwabo(amarozi)! ibyo byamamara hose ko umukobwa ari mwiza,imico myiza ariyo yatumye beshi bamuramabagiza gusa abandi bati Ibiheko si ikintu wakwihanganira!

umunsi umwe umusore araza ati ndagukunda kandi ndifuza kubakana nawe! tukabana akaramata! umukobwa abwira umusore ati: ese ibyaba binyicira ubukwe uzabyihanganira? umusore ati ngaho mbwira ukuri: Ese koko iwanyu mugira ibiheko?

umukobwa atuje cyane ati: ukuri kwanjye ntacyo kwakumarira! kuko hari benshi bafite ibindi gusa genda ubitekerezeho niwumva uzanyemera uzagaruke!

umuhungu abitekerezaho maze agarukana icyemezo ati NZABYEMERA. maze babitangaje abantu bicaza nyamuhungu bati: ntamuntu wiyahura areba, ese ntitwakubwiye ko afite ibiheko?

''Umuhungu arababwira ati: Narabyemeye.ikindi kandi amashymba aracyahari nzashaka ibiti byubakire nturane nabyo: bivuzengo nirengereye ingaruka kuko n'ibyiza nzabyirengera.

Uko niko Yesu yirengereye ingaruka, kuko yaje mw'isi gushaka umugeni mubanyamagambo, abicanyi,abasambanyi,abarozi......ikindi kandi we yari afite amakuru ahagije si ukubibwirwa! ariko ati: Data ndabyemeye!

Ko Yesu yagukoye amaraso ye, ese witeguye kwitwara nkuko agushaka! igisebo yarakikoreye ndetse n'ibyo yahowe ariko ubu ni muzima!

Urukundo rwo Kristo adukunda abantu benshi nabo barubona nko gukunda umuntu uzi neza ko iwabo batunze uburozi. ariko we aradukunda kandi akaduhindura kuko nyuma Yo kumwemera uburozi burahunga,uburaya,amagambo, maze Kristo akaba umwami n'umukiza wawe iteka. abavugaga bakarekera.

NB: Ubukwe bumaze kuba bati nubundi n'amagambo y'abantu.......nshuti z'Imana, Kristo yaciwe intege ariko nyuma yo gufata Risk Imana yamuhaye ubutware mw'Isi no mw'IJURU kANDI imuha IZINA RISUMBA AYANDI YOSE: ROMAN :3:23-26

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed