Tuesday 18 March 2014

KO UTARI KRISTO,ELIYA,CYANGWA WA MUHANUZI ,UBATIRIZA IKI? by Gaudin


YOHANA:1:25

IMPAMVU ZITUMA WEMERWA ZITURUKA KU MANA!

Nuko baramubaza bati: None ubatiriza iki, ko utari Kristo,ntube na Eliya,ntube na wa muhanuzi?

Kuri iki gihe nubwo abantu bibwira mumitima ko atari abafarisayo, bigaragara ko intambara z'Amagambo no kurwanira ibyubahiro bikorwa cyane aho usanga Abantu benshi bashobora kuguca Intege bakakubaza bati mbese ko utari uyu cyangwa uyu, ibyo ukora ubikorera iki?

Impamvu Itera ibyo ukora iyo idaturutse ku kwizera, ntiyanezeza Imana. kuko Ijambo ry'Imana rivuga ko utizera Imana ntiyayinezeza.

kuri ki gihe rero ibikorwa byari ibyo kwizera abantu babihinduye experience ntibikiri ibyo kwizera! niba bimeze gutyo rero ntamugabane abakora ibyo bazabona mw'IJURU.

KUBATIZWA N'IGIKORWA CYO KWIZERA!

Wakwibaza uti ese aba bafarisayo bashakaga kubatizwa? cyangwa bashakaga kubuza abantu kubatizwa? kuko niba uje ugasanga umuntu ubatiza ukamubariza Imbereye y'abantu Impamvu abatiza atari Kristo, ntabe Eliya, cyangwa umuhanuzi! utera confusion mubashaka kubatizwa!

ABIGISHWA BA YESU NIBO BIGISHIJE ABANDI BESHI KUBA ABIGISHWA!

Uyu munsi wa none intumwa cumi n'ebyiri ntizikiriho,nabo zigishije beshi ntibakiriho! ahubwo ahubwo bamwe bigishije abandi abandi bigisha abandi kugeza uyu munsi niyo mpamvu itorero ritazimye kuko itorero ry'Imana si umushinga w'abantu ahubwo ni uw'Imana. matayo:28:18

ABABWIRIJWE NA YESU, NABO INTUMWA ZABWIRIJE KUGEZA UBU BAHAMAGARIRWA KUBWIRIZA UBUTUMWA BWIZA.

YOHANA:17:20

Impamvu yesu yasenze iri nsengesho yari azi neza ko bamwe bashobora kuzitwaza uburambe bakayobya abandi, rero igihe cyose Imana ijya ihamagara abantu beshi uko ishatse kandi ikabahemba kimwe ntihagire uyihakanya. Kumana nta nararibonye ahubwo abuzuye umwuka w'Imana bakora ibyo ubutwari.

Mwene Data ahari wumvaga udakwiye kuvuga ubutumwa ngo abantu bihane kuko iyo watangiraga abantu bagutumagaho bakakubaza ibibazo nk'Ibyo babazaga yohani! ariko ntidukwiye kwita kucyo abantu bavuga ngo duhindure ubusa icyo Imana iduhamagarira gukora.

dukwiye gukora ibyo iduhamagarira gukora hanyuma, nayo Ikazakora ibyayo.

Igisubizo cyiza nuko nyuma yaburi gikorwa cyose kiza ukora YESU AZA KUGISOHORESHA UBUTWARE BWE KUKO ARUTA CYANE ABIGISHWA BE TWESE uko tungana kuko UMWIGISHWA NTARUTA UMWIGISHA.

Nanjye nababwira nti sindi Yohana, si ndi Eliya, si ndi wa muhanuzi, Sindi apotle, Si ndi pastori.........YEWE SI NDI KRISTO. ndi Gaudin wemejwe n'ibyo intumwa zahamije nizera Umwami mperako mba umwigishwa wa Yesu nanjye ndi kurugamba rwo guhindurira abandi kuba abigishwa ba Kristo nkuko yategetse. MATAYO:28:18

Niba wanjyaga wibaza Impamvu nkora ibi byose ndibwirako bisobanutse! kandi niba nawe bajyaga bakubaza Impamvu ukora ibikorwa byo Kwizera wabona Impamvu zihamye zo kubikora kuko Yesu ntago yigeze avuga ngo twisobanure mu bantu ahubwo yagize ati: matayo 5:13

Hahirwa abagaragu azaza agasanga bagikora ibyo yategetse ko bakora.

nuko uzi gukora Neza ntabikore bimubereye icyaha yakobo 4:17

kandi hahirwa abahinduriye beshi kuba abakiranutsi kuko bazaka nk'inyenyeri.

Yakobo: 5:19 ''Bene Data , nihagira umuntu muri mwe uyoba, avuye mu kuri undi akamuyobora, mumenye yuko umuntu uyobora umunyabyaha akamukura munzira ye yayobeyemo, azakiza ubugingo urupfu,kandi azatwikira ibyaha byinshi''

Ndabakunda.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed