Monday 4 March 2019

UMUTIMA UDAFITE IBYIRINGIRO NIYO UWUBWIYE IBYIZA NTIWEMERA Pastor Gaudin


UMUTIMA UDAFITE IBYIRINGIRO NIYO UWUBWIYE IBYIZA NTIWEMERA Pastor Gaudin

2Abami 7:11.  7:1- 2
Elisa aravuga ati nimwumve  ijambo ry'Uwiteka.Uwiteka avuze ngo Ejo nk'iki gihe ,ku irembo ry'isamariya indengo y'ifu  y'ingezi izagurwa shekeli imwe, kandi indego ebyiri za Sayiri na zo zizagurwa shekeli imwe.ARIKO Umutware  umwami Yegamiraga asubiza uwo muntu w'Imana ati"Mbese n'aho Uwiteka yakingura amadirishya yo mu ijuru,bene ibyo byabaho?"

Ni kenshi ubuzima bw'indwara ubutindana, Ubushomeri, amakimbirane yo mungo, kwanga, gutsindrwa no guhomba bigutindaho ukabona bisa naho bitazashira. Ni kenshi uca mubukene, mubibazo, mu nzara ukabona ntibizashira kuburyo nuje kukubwira inkuru nziza ati humura ushobora ku mwuka inabi bigasa naho kukubwira ko ubukene, indrwaea zizashira bidashoboka. 

Abisiraheri barashonje cyane, inzara yarateye imara iminsi, kuburyo abanti batangiye no kurya abana babo,ndavuga kubica, bakabarya. Hari aho abantu bagera bigasa nibigoye, ushobora kubaseka uti bari bakabije ariko 
nawe ushobora gusanga udafite umwana ariko ujya utanga ubukumi bwawe, ugasambana kubera ibibazo wanyuzemo, ariko abizera Imana ijya ibatabara batarya abana babo kuko izi neza ko twiyemeje tukavuga tuti Imana yacu ibasha kudukizaariko naho itadukiza ntampamvu yo kwiyicira abana ngo turashaka kurya!

Igitangaje muri iyi nkuru nuko abantu kubera gutotezwa cyane nubukene bukabije kubabwira ngo ejo bishobora guhinduka bisa no guvurangira abahetsi, ariko ndakubwira ko ahari kurira kwararira umuntu bwacya impundu zikavuga

Imana irareba ibyo unyuramo, urabona ntanzira yo gutabarwa, ukabona ntibishoboka ko warya, wakwambara, wabona akazi, urugo rwakomera, abana bakwiga, wakweza, cyangwa watunga bikomeye, wakira indrwara urwaye imyaka myinshi, kuburyo kukubwira ko Imana yagutabara bisigaye bigusharirira ukumva wazinutswe abakubwira ngo bizahinduka.

Abantu benshi kubera kunyura mubigeragezo bikomeye, ntibihanganira kumva inkuru nziza, ahubwo bakwemera ubabwira ko ejo bazapfa kurusha ubabwira ko ejo bazakira, abantu bakwemera cyane ubabwira ko urugo rwabo rugiye gusenyuka kurusha ubabwira ko urugo rwabo Imana iruhaye kubera izindi ngo urugero. Abanti bakwemera ubabwira ko ejo batazarya kurusha ubabwira ko ejo bazarya, ntakindi kibitera nukubana n'ibikomere bitakize.

Imana niyo ituvura, nikoko ushobora kuba ntakazi, ariko Imana niyo izaguha akazi Ejo, Ushobora kuba Utarabyara ariko Imana niyo igitanga urubyaro, Ushobora kuba Ucuruza ubomba ariko Imana ishobora kuguha inyungu nyishi ejo, Ntukwiye gutakaza ibyiringiro mugihe cyose ubugingo bwawe bushobora kugera ejo. Ejo hahishe byinshi nkuko mu magi hahishemo inkoko, niko ejo hawe Imana ihagufitiye byishi.

Ntukwiye kwemera amajwi akwereka ko bizaba bibi kurushaho, ahubwo ukwiye kwemera ko naho wagera ikuzimu wazurwa kubera Umugambi Imana igufiteho. Ndahamya ko abantu benshi kubera ibikomere byahajize, bamaze kuvuga ko Batazashaka, batacuruza, batakorera Imana, batakora ibi nibi, batasuhuza barunaka, ariko Reka nkubwire Ko Imana ishobora byose. Nubwo wababaye siko bizahora.Ijwi ry'Imana uyu munsi rikugerehk riguhumurize rikubwire ko nubwo washonje uzarya uhage,nubwo wabuze akazi uzikorera kandi utere imbere, nubwo utarabyara Imana niyo gisubizo, uko biri kose wabyemera utabyemera icyo Imana yakugambiriyeho kuko ari cyizasohora! 

Iga guha imina ibya gukomerekeje maze ikomore, utangire ubuzima bushya, kuko Irabishoboye. Nubwo hari abaguhemukiye ariko Imana ifite benshi bagushyigikira nukomeza kuyubaha izakubera aho abandi bataba no murupfu muzajyana kandi ninayo Izatuzura ku munai nyawo.Yesu ajya yomora ibikomere tukabasha kwizera imbabazi ze!

Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed