Wednesday 23 July 2014

ESE IBYO IMANA IGUTEGEKA NIBYO UKORA CYANGWA IBYO YESU AGUSHOBOZA NIBYO UKORA? BY M Gaudin


Matt:14:28

Petero aramusubiza  ati mwami niba ari wowe, untegeke nze aho uri ngendesha amaguru hujuru y'amazi''

nkuko muminsi yanone usanga abantu benshi bagira bati nukuri ntegereje kumva ibyo umwami Yesu antegeka, akenshi natwe tubanza kugira tuti niba ari wowe koko! ugasanga aho gusaba neza dusaba nubundi ibyo tudashoboye gukora kuko buri gihe iyo usabye itegeko igikurikiraho ni ukuryica kuko usanga ntambaraga ziri mugukora iby'iryo tegeko!

gusaba neza ntako bisa beshi bagiye basaba ariko petero aha asaba asa naho ashidikanya ndetse asaba agaragaza ko afite ubushobozi bwo kumvira amategeko, nikoko iyo umuntu wese ategetswe agerageza gukora ariko ibyo ntibivuga kubisohoza rwose! ariko twamenya gusaba neza byajya bidufasha gukomezwa no kugera kcyo dushaka cyose kuko imana ibasha kudufasha buri kimwe kandi habayeho ubuntu bukwiye bwatubashisha gukora kudushoboza gukora ibyo Yesu adutegeka!

hari undi muntu wegereye Yesu ati mwami Washaka wabasha kunkiza, uyu Yesu yaramubwiyte ngo ndabishaka kira, mpamya ko na petero iyo asaba ati washoboza kugenda kumazi nagusanga! buri gihe rero usanga turwana no kutemera intege nke zacu tuti ahari umwami nagira ibyo adutegeka tuzabikora nyamara iyo yumusabye kudushoboza, kubw'ubuntu bwe tubasha gukora iby'ubutwari no gukurikiza ibyo adusaba tudafite gukiranuka kwacu ahubwo kwe! mwene Data wasanga ugira uti Yesu avuze ati reka iki ukumva aribwo wakireka! ariko ukwiye gusenga Imana ikagushoboza kuko wowe gusba amategeko ntibikorohera kuyakomeza ahubwo iyo uyahawe urushaho kugaragaza imbaraga nke mukutayabasha kuyasohoza.

si igihe cyo gusaba ko ubona itegeko rikubwira ngo reka iki, kora iki, cyangwa ujye ugira utya nutya ahubwo n'igihe cyo gusaba Imbaraga zo gushobozwa kubaha Imana no kubaha ibyo yahamije kandi muri byose mpamyako, atari Yesu ntacyo twakwishobozwa kuko niwe uduha Imabaraga nkuko mu abafilipi 4:13 nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga.

Ndakwinginze ngo ibyo umaze Iminsi ushaka guhindura kubw'imbaraga zawe ukwiye guhindura ukabwira Yesu akagushoboza kuko nibwo uzabona gukiranukira Imana gutunganye rwose.

Usoza iyi nkuru ubona ko petero amaze gutinya umuraba agatagira gutebera mu mazi Yesu yamufashe ukuboko bakagendana ku mazi kura bageze mu bwato, aho petero yari aturutse, ariko murugendo rugana aho yesu yari Petero yarateberaga! matt 14:32

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed