Monday 16 March 2015

ESE GUSHAKA NO GUSHAKWA NI NGOMBWA ? KIMWE MUBISUBIZO UKWIYE KUBA UFITE MBERE YO GUSHAKA. Pastor M.Gaudin

Matayo 19:11
Nawe arababwira ati: “Abantu Bose Ntibabasha kwemera iryo jambo, keretse ababihawe.Kuko hariho ibiremba byavutse bityo mu nda zaba nyina, hariho n’inkone zakonwe n’abantu, hariho n’inkone zikona ubwazo ku bw’Ubwami bwo mu ijuru.Ubasha kubyemera abyemere.”


Iyo uganiriye n’abantu benshi usanga bafite ibikomere, abandi barumvise amakuru akabatera umubabaro, aho umuntu aba yumva atazi uko yazitwara mugihe cyose ashakanye n’Umuntu. Uko biri kose abatarashaka (Ingaragu) abantu bari muri iki kiciro nibo usanga bamwe bahangayitse ngo barimo gusaza badashatse, abandi ugasanga bibaza bati ntidukunzwe rimwe bibatera ubwihebe no kuba batangira kwishora mu buzima bwo kuraguza no kurogesha, n’indi mico mibi yose izanwa no kwiheba udasize n’abandi biyahura.

Ndifuza kuvuga kubuzima bw’abantu babayeho badafite abagabo cyangwa abagore, kuko hariho ubuzima umuntu abamo bwo kwitotombera Imana, ariko wakurikirana neza ugasanga ikibazo Atari Imana ahubwo ikibazo ari imitima itamenya imbaraga z’Imana ndetse itanamenya imbaraga Imana yahaye abantu ngo bahitemo uko babaho banezerewe mu buzima bwabo.

Umunezero w’Abantu ntuturuka ahandi keretse mu kumenya ko Imana ikwitayeho, igihe cyose utaramenya ibyo, ubaho mubuzima busa nubugize icyo bubuze kandi nyuma yo kumva hari icyo ubuze, bikuremera umutima wo kumva Imana itakwitayeho.
Icyo wumva ubuze igihe cyose kitari icyawe ugakomeza kugishaka uba ugana mubuzima bwo kwifuza, ndetse wikanga washatse no kwicira inzira, ngo ahari ugere ku cyo umutima wawe urarikiriye. Ijambo ry’Imana rigira riti umugisha uwiteka atanga ntiyongeraho umubabaro. Uyu munsi niba ubabaye kubera ko utarashaka naguhamiriza ko icyo gitekerezo  ufite nta Mugisha ugifitemo, kuko wakabaye unezerewe nuko Imana ikumvisha ko ushobora no kuba mu bashaka.

Imana yari kugushyira mu cyiciro cy’Ibiremba: Si uko yabinaniwe, buri muntu akwiye kwibaza, Imana ntamuntu yaremanye ikintu kuko uwo muntu yabanjye kugitumiza(ordering) kuri iki gihe abantu bafashe Imana nk’isoko, aho icyo itaraguha usa naho yatindije service, maze umuntu ugasanga abayeho mu kwiganyira ndetse no guhora ashinja Imana ko ntacyo yamuhaye.

Ese koko Imana yaguha umugore cyangwa umugabo utagukwiye, cyangwa se yagushyira murugo gusa rutazaguha amahoro? Nonese wakwifuza kubaho mubuzima Imana yagutoranirije! Kugira ngo igihe cy’Imana ni kigera ubone igisubizo kivuye kuri yo? Twibaze tuti ese Gushaka ni ngombwa? Nonese niba ari ngombwa ni ikintu abantu bahimbye? Cyangwa ni gahunda yashyizweho n’Umuremyi wacu? Ibi byose numara kubyibaza uraza gusanga Gushaka ukwiye kubitegereza nk’Umugisha kurenza kubishaka nk’Umuti wuko ushaje, gukundwa no kubona umuntu ukwitaho!
Igihe cyose uhangayikiye gushaka cyangwa gushakwa ukwiye kuzirikana ko hariho abantu bamwe batazashaka kandi Imana itababona nk’abantu bagowe, ahubwo iyo bayishimiye ibona ari  abantu bo kwizerwa kandi nabo bazahindurwa bagasa na Yesu.
·        
      Hariho abantu batashaka kandi Imana irabazi:
·     
              Ibiremba byavutse gutyo
·        Abantu bakonwe n’abantu
·        Abantu bikonnye ubwabo kubw’Ubwami bw’Imana.

Abandi bantu ijambo ry’Imana ryerekana nk’abantu badashobora gushaka n’abantu baba biyemeje gutandukana (ibyo bamwe bita gusenda kubera Impamvu zitandukanye) ibi nubwo byadutse niba ushaka kubaho mubuzima bwo gushaka ukwiye kwifuza kubikora uko Imana ibishaka kuko iyo bikozwe uko abantu bashaka bibabera icyaha.

-Umugore watandukanye n’umugabo we
-mugabo watandukanye n’Umugabo.


Igihe cyose badasubiranye buri mwe akiyemeza kongera kugira undi muntu babana, aba atangiye ubuzima bw’Icyaha, ushobora kubyita ukundi ariko uwakwifuza ntiyakwifuza umugabo cyangwa umugore ngo asezerere ijuru kandi avuga ko azi Imana. Niyo mpamvu hamwe pawulo agira Inama abantu ati: gushaka ni byiza ariko kudashaka bikarushaho kuba byiza. Ushatse nta cyaha aba akoze igihe cyose ashatse uko biteganywa n’Imana yashyizeho icyo gitekerezo kuko si igitekerezo gikomoka ku bantu. (part 1)

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed