Tuesday 12 January 2016

Wari uzi ko nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara?

Waruziko "Nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara "utageze aho Imana ishaka kukugeza?
Igihe kigeze ngo Abisirayeli bave muri Egiputa Satani yarabimenye, atangira gucura intwaro yo kwica abana b’impinja b’abahungu.

Kuva 1:16 - "Nimubyaza Abaheburayokazi mukabona bicaye ku ntebe babyariraho, nihavuka umuhungu mujye mumuhotora, ariko naba umukobwa abeho."
Ariko, Mose wagombaga kubakura mu buretwa we ntiyashoboraga gupfa kuko yari ataragera ku cyo Imana yamuhamagariye.

Nawe ntacyakubuza kugera aho Imana, yaguteguriye kuko nta ntwaro bagucuriye izagira icyo igutwara.
Yesu nawe akivuka satani yakoreye muri Herode ngo bice abana b’imyaka ibiri gusubira hasi, ngo Yesu nawe abigenderemo ariko ntiyari gupfa atageze kuri misiyo yamuzanye, ahubwo Herode niwe wapfuye.
Matayo 2:19 - Herode amaze gupfa, marayika w’Umwami Imana araza, abonekera Yosefu mu nzozi..... Ndakumenyesha ko ibishaka kukwica utageze ku mugambi w’Imana bizapfa mbere yawe kuberako byanditswe ko nta ntwaro bacuriye kukurwanya izagira icyo igutwara, kandi ururimi rwose ruzaguhagurukira kukuburanya uzarutsinda.

Ibyo ni byo murage w’abagaragu b’Uwiteka, kandi uko ni ko gukiranuka kwabo guturuka aho ndi." Ni ko Uwiteka avuga. Yesaya 54:17 Byizere Ubigire ibyawe!
Pastorviva.pcm@gmail.com

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed