Sunday 26 October 2014

ABANTU KO BAMAMARA WOWE WAMAMAYE MUBIKI? WIFUZE KWAMAMARA AHO BAVUGA IZINA RYA YESU!!! M.Gaudin


Nuko abisiraheli bose , uhereye i Dani ukageza i Berisheba, bamenya ko Samweli yarundukiye mubuhanuzi bw'Uwiteka. 1samweli 3:20


Uyu munsi ibyo warundukiyemo nibyo wabayemo icyamamare, ahari uyu munsi wari uzwi nk'umunywa rumogi, inzoga nyinshi, umutukanyi, umujura ruharwa, umusambanyi n'andi mazina menshi kubera ibikorwa ukora.

ibikorwa ukorera Imana cyangwa Satani biguhindura icyamamare kuko abantu bahindurwa ibyamamare n'ibyo bakora. uwakoreye Yesu azwi aho bakorera Yesu hose nk'Umukozi wa Yesu. ariko n'abakorera Satani nabo bazwi hose.

nujya mukabari bazakubwira, ibyamamare, nujya musengero harimo ibyamamare, aburi hamwe haba ibyamamare. gusa buri muntu ibyo akora biguhindura icyamamare. niwowe wo guhitamo kwamamara mu mana kuko kwamamara mu bya Satani byo nta hitamo tugira. ibaze igiti gijinze mu mazi.....niba utari ku giti uri mu mazi ni ko bimeze kwamamara mw'Isi ntubihitamo ahubwo urabihunga naho niwemera kuramya Satani uramamara. umenyekana kandi nabi. 

Imana iduhe kwamamara mu bya Yesu, no kumukorera kugeza igihe abantu bazamenya ko aribyo twarundumukiyemo, uyu munsi ushobora kutaba nka Samweli ariko ukaba wakora nkuko uyu mudamu yakoze. uko biri kose Imana niyo izibutsa abantu imirimo yawe. 

Mariko: 14:9

"Ndababwira ukuri yuko aho ubutumwa Bwiza buzigishirizwa Hose mu isi yose,icyo uyu mugore akoreye kizavugirwa kugirango bamwibuke""


mw'isi hari amazina agaruka cyane mu mitwe y'abantu, kuko hari amazina Yamenyekanye ndetse n'ibikorwa byagiye bimenyekana kuburyo icyo umuntu yakoze gituma avugwa naho yapfa izina rye rikaba rikivugwa.. Uyu munsi hari igihe twibwira tuti abakorera Imana n'Intamenyekana ariyo mpamvu abantu bato bashaka kwitwara nkabo bamamaye kubera ibikorwa bitandukanye ndetse rimwe nari mwe bibi.

Uyu munsi abantu benshi bashobora kuba bazi indirimbo za papa wemba, madona,micel jackson n'abandi , mukamenya ibikorwa bya lady Gaga, nick minaj n'abandi kandi uwakubaza ati umuzi ko yakoze iki ukabimubwira. abo nabo ntibahwema gukora ibyo ngo bamenywe n'abantu. bakora ubutitsa ntibaruhuka kuko icyo bagamije ari ukumenyekana mu bantu kandi koko iyo ubishate ushyikaho ukamenyekana.

Uyu munsi abantu bakorera Imana bakwiye kumenya ko Iyo ukoreye Imana neza iguhemba kumenyekana, ndababwiza ukuri ko Imana iziko ibyo abapagani bakeneye, yaba kurya, kunywa,  no kumenyekana nawe   urabikenera ariko uko uzabibona bitandukanye nuko abapagani babibona.

"abashaka ubwiza n'icyubahiro babishakishe gukora neza ubudacogora" 

buri gihe iyo ukoreye Imana ntiwahisha kumenyekana, kuko twagiye tubona abantu benshi bakoreye Imana baba ibirangirire ndetse hakabaho bamwe babirwanya bagira bati ni ubwibone. ariko ndashaka kukubwira ko Imana itabura gushyira hejuru uwicisha bugufi....hanyuma niba ushaka kwishyira hejuru no kumenyekana ntacyo wakoze nabwo ukwiye kumenya ko Imana ishyira has rwose abishyira hejuru.

Uyu munsi benshi barashaka kumenyekana mu bantu ariko, ndakugira Inama yo gukorera Imana ikintu kidasa nicyo abandi bakora kugira ngo Imana izaguhamirize mu bantu.

Uyu mugore yazanye amavuta meza, maze arayapfundura asiga Yesu kubirenge, abari aho bose bagira bati arayangije. ariko uyu munsi icyemezo cyose uhitamo gukora ku bw'Imana, umenye ko abantu ntibazabyishimira bose kuko, bamwe bazavuga bati wari gukora utya n'utya. ariko igihe n'Iki ko umenya ko Yesu yishimira ibyo umukorera ukuye ku mutima.

Ndakubwiza ukuri ko Yesu nagushima azagushimira n'abantu. uyu mudamu niwe wahawe isezerano ry'uko aho Yesu azajya avugwa hose bazajya bamuvuga!!! igihe ni iki ko aho bavuga Yesu nawe wazamo kuko umukorera..!!! simvuze ngo uvugwe mu kabari cyangwa ahandi ari muri bene so ukwiye kumvikana ko hari icyo ukorera Imana.

ndabizi ushobora kwibaza uti ese  ko Yesu adahari nabikorera nde ? yesu abwira abantu ati ubwo mwabikoreraga bamwe muri aba bato nijye mwabikoreraga! uyu munsi nawe tangira usuke amavuta ku mitwe yabantu. aho ubutumwa buzavugirwa hose izina ryawe rizagarukamo. Imana iyo yagukunze bakwitirira Imihanda n'Ibindi ariko cyane cyane ushake kumenywa n'Imana kuruta kumenywa n'abantu.

uyu munsi mumenya ko hari abantu bamamaye yaba mu rwanda no mumahanga kubera gukorera Imana kandi niyo nyiturano y'Umuntu ukorera Imana. Imana igira iti nzagushyira hejuru. abakorera Imana dufite umugabane nkuwa Kristo. uwo mugabane yawuhawe amaze kwaga kugundira ubwiza ahubwo yicisha bugufi! abafilipi 2:5 ugakomeza hagaragaza igihembo kiruta ibindi Kristo yabonye. uyu munsi Imana irashaka kuguha izina muri bagenze bawe kandi aho inkuru z'Ubwami zizavugirwa hose nawe uzavugwa!!!! kuko icyo wakoreye Imana kizamenyekana hanyuma nawe ntuzahishwa iteka.

Uyu munsi tuzi abakozi b'Imana bakomeye, bemereye Imana none ubu iyo bagiye mubihugu bagira icyubahiro ndetse bazwi hose. kubera umutima wo guca bugufi no gukorera Imana. uyu munsi tuzi ba Bill Graham, Rick waren, Joyce mayer, Gitwaza , Masasu n'abandi benshi.......!!!!! nawe uzi abandi benshi ariko uyu munsi bazwi muburyo bwo gukorera Imana.

Rubyiruko brahagije kwigana abo koko niba twigana abantu bazwi, aho kwigana abiyambika ubusa, n'abasambanyi n'abasinzi, n'abendana!!! dufite urugero rw'abariho bagihamya ukuri n'abatakirho ariko cyane cyane dufite urugero rumwe rudahinduka ariwo Kristo.

Imana idishoboze kuyikorera mugihe kidukwiye nikitadukwiye.

Ndabakunda!!!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed