Thursday 23 October 2014

IJAMBO RY'IMANA RYABAYE INGUME MUBAKURU ABATO BARIBONA BATE? IMPAKA MUBAKOZI B'IMANA ZISHIRE.........!!


Buri Gihe impinduka iragora kuyakira, ariko isi ikeneye ijambo ryayo si uburambe. igihe ribaye ingume mubakuze abato bakomeza bakarivuga............ 1samuel 3:2..


Eli Yari umutambyi mukuru, yari afite abana be nabo ari abatambyi. ariko haza kuza undi Imana yitoranyirije yewe udaturuka mu muryango w'abalewi ahubwo aturuka mub'efurahimu. uwo ni Samweli mwene Elukana W'umu efulahimu. ibi kubantu benshi bisa naho n'ubu ariko bikigenda kuko nta kamara mu by'Imana ahubwo Imana iravuga iti abanyubaha najye nibo nzubaha.

1samweli 2:30 Ni cyo gitumye Uwiteka Imana ya Isiraheli iviga iti" Ni ukuri nari naravuze yuko ab'Inzu yawe nab'Inzu ya so bazajya bagendera imbere yanjye iteka ryose, ariko none Uwiteka aravuze ngo: NTIBIKABEHO KUKO ABANYUBAHA ARI BO NZUBAHA, ARIKO ABANSUZUGURA BAZASUZUGURWA.

Ubwo guhera icyo gihe Imana nibwo yatangiye gukoresha abayuba rwose mu miryango yose bidatewe nuko uri mu ba Lewi. Yewe murabizi ko na Yesu yaje ari umutambyi mukuru kandi kuby'Umubiri aturuka kwa Yuda. ibi rero Abantu ntibabasha kumenya ko biterwa nuko Imana ikorana n'abayubaha.

Imana mufitanye irihe sano? Niba hagati yawe n'Imana nta san yitwa kuyubaha  ndagira ngo nkumenyeshe ko uyu munsi Imana idashaka kwitirirwa abantu nkabo ndetse ikigeretse kuri ibyo iyo utayubashye nayo ntikubaha kandi utubashywe n'Imana ntamntu wo kukubaha uriho.

Tugaruke rero tugire tuti: Imana ihitamo kuvugisha Samweli kandi atarabisobanukirwa! nubwo Eli yari afite ubumenyi rwose azi gutandukanya amajwi y'Abantu , ibitekerezo n'ibyo Imana yamubwiye......ijambo ry'Imana rirambwira ngo igihe cyarashyitse riba ingume, aho ntakwerekwa byose byasaga nibyarangiye 1samweli 3:2 Hari gihe kigera ugasanga abakuru cyangwa se ababimaze igihe nta hishurirwa bafite, iyo ugize amahirwe yo kuba munsi y'ubuyobozi nk'ubwa Eli usobanukirwa ko Imana itakimuvugisha yakubwira ati iyo mwavuganye n'Imana.

Ariko abeshi ubu bari muntambara zurudashira kubera ko Imana ihitamo kuvugana n'abato badafite ubwo burambe.ndetse usanga abato barota ibikomeye cyangwa bakerekwa ibihambaye Imana ibahishuriye. uyu munsi ndagira nkubwire wowe niba Wubaha Imana hari igihe izagukoresha ibikomeye biruta iby'abashumba bawe. ariko ni ugira umutima nkuwari muri Samweli, umutima utiyiziho ikibi ahubwo ukiranuka muri byose.

Abakiri bato bafatwa n'ubwibone :si mvuga mumyaka ahubwo abakiri bato muby'Imana, ndababwiza ukuri ko Imana ishobora kuba iguhamagara ariko kuko ukiri muto ntunabimenye iyo udaciye bugufi ngo witabe umushumba wawe ntuzigera umenya ko Imana ariyo ikuvugisha!!! Ibaze iyo samweli ahamagara aho kwitaba samuel akitaba abahungu ba Eli, ese Bari kumuha iyihe nama? buri gihe Impano duhawe ntiziba ari izo kwigomeka mu matorero ahubwo ni ukuyuba.

Abakuru nabo bicwa no kwishyira hejuru: niba warakoreye Imana igihe cyikagera ukabona ntugihabwa iyerekwa nk'Irya mbere ahubwo risigaye rihabwa abato kuri wowe, ukwiye guca bugufi ukemerera abandi bagakoreshwa n'Imana. Eli abwira samweli ati: niwongera kuryumva witabe. Muri iki gihe hari umenya ko uzi kwigisha, guhanura cyangwa ibindi akakugirarira ubwoba, ariko buri muntu wese akwiye kwisuzuma akareba ko umurimo akora awukorana urukundo.

birashoboka cyane rero ko Imana yahitamo kuvugana na ba samweli bo murusengero rwawe, kuko Imana niyo igena uwo ivugisha cyangwa uwo itavugisha, ahubwo igikwiye nuko abashumba baba maso bakumva icyo Imana ishaka. namwe ba samweli mukwiye kumenya guca bugufi, mukimaramo ubwibone bwo mu mutima. kuko ahari Imana kuba ari wowe ivugishije ntivugije umushumba ni ukugirango uzabe umugabo mughe cyawe wo guhamya Imana si igihe cyo kwigenga no kwiyobora.

Buri gihe umushumba wawe aba ari umushumba wawe kuko naho Imana yaba itakimuvugisha, abitse uburyo ivuga, ahari warita yamenya ko zaturutse ku Mana, cyagwa wahamagarwa yamenya ko ariko Imana ihamagara. igikwiye nuko buri mwe yamenya ko Imana ihamagara uko ishatse kandi buri mwe akiga guca bugufi mu mutima we.


ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed