Friday 31 October 2014

ABANTU BOSE BARI MUBIBAZO BABA BABONA BICITSE NDETSE BAKABAZANYA BATI: TURAGIRA DUTE? M.Gaudin

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

Mw'isi harimo amakuba atandukanye, abantu barababaye , ndetse bafite umubabaro utandukanye! buri muntu wese naho wamureba asa neza ariko umubabaro we yawuhisha ahagaragara ariko ugasanga agahinda ke kazwi n'uburiri araramo! uko biri kose abantu bahura nabyinshi ndetse usanga ibyo ducamo biduha n'amazina tugasa n'ababyakiriye!

Abantu bamwe n'Impfubyi, abandi n'Abapfakazi, abandi n'abarwayi, abandi bari mu magereza, abandi ntibabyara, abandi ingo ntizabahiriye.....ibi byose iyo uganiriye n'umuntu ashobora kukubwira akababaro ke ukumva birakurenze kuko aba aba abivugana umutima ubabaye asa nuwabuze uko agira!

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

usomye izi nkuru za gehazi n Elisa, zigutera kwibaza ikintu gikomeye usanga abantu benshi batibaza! itandukaniro ry'abahiye n'Ibibazo cyangwa ry'abagoswe ribonekera mu murebere y'Ibintu! ndahamya ko imirebere ya Elisa na Gehazi yari itandukanye! gehazi yabanaga na Elisa, uko biri kose urwahigaga Elisa ntirwari gusiga Gehazi niyo mpamvu yaje gutanga amakuru y'Ibyo abonye ati Ingabo z'abasiriya ziratugose biracitse, turapfuye, turagira dute?

Ahari nawe hari abajya babikubaza mugihe bareba ibibazo nawe ukabibona, muri kiriya gihe iyo Elisa areba nka gehazi yari kuvuga ati dushake umuti twiyahure kuko bari budufate batwice nabi, yashobora no kwijyana mu maboko yabo n'ibindi .

Elisa si uko yarebye ahubwo nubwo bamubwiye ko bicitse we yarabirebye abona hirya y'Ikibazo abona Imana akorera, ndahamya ko si ingabo yabonye gusa ahubwo Yabonye imbaraga zamukoresheje kuva kera yibaza mu mutima we ati ibyo mbona ntibigomba kuntera ubwoba, ahubwo kwiye kubirenga nkarebesha amaso y'Umwuka!! amaso y'Umwuka yatumye abona ingabo z'Imana ntiyaterwa ubwoba n'Ingabo z'abasiliya. buri gihe rero dutandukanira ku byo tubona,

abantu ntibatandaukanywa nuko ari impfubyi ahubwo batandukanywa nuko ibyiringiro byabo bitandukanye! ibyiringiro byawe rero nibyo biguhesha amahoro mugihe uri hagati y'Ibibazo!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed