Saturday 4 October 2014

AMABANGA Y'UBUYOBOZI: ABAGABO BO KWIGIRWAHO, NIBA WIFUZA KUBA UMUYOBOZI MWIZA! IGICE CYA 2

 DAWIDI: ABAYOBOZI NTIBATINYA IBIHANGANGE, CYANGWA IBINTU BIBARUSHA UBUNINI.

Buri muntu wese azi inkuru za dawidi. Dusanga muri 1 samweli 17, ubwoko bw’abisiraheli bari muntambara  hanyuma  bagatsindwa n’abafirisitiya hamwe n’umwe muntwari zaho witwaga goriyati wapimaga metoro icyenda!!  Goriyati yatukaga abisiraheri, ndetse akabasaba ko bakwitoramo umuntu uza guhangana nawe ngo amutsinde!  Dawidi agahungu gato karagiraga Intama, katashoboraga no gukwirwa n’imyambaro y’urugamba gahitamo kwitanga kurwana na Goriyati, nk’umukoranabushake. Igihe Goriyati yabakobaga kuko bohereje Dawidi! Dawiti agira ati:unteranye Inkota n’amacumu, n’ingabo ariko njye ndaguhangara mw’Izina ry’Uwiteka Imana, watutse. Hamwe nuko kwizera afata afata ibuye, maze arishyira mu muhumetso ararijugunya no mugahanga ngo pi! Maze yantwari ibyayo biba birangiriye aho. Nawe ushobora guhura n’ikibazo gikomeye, ariko igihe cyose ufite kwizera ndetse no kudashidikanya muri wowe, hari imbaraga bireme muri wowe maze bikakubera Imbaraga muruhande rwawe. Ndahamya ko nawe nubwo wahura nibigoye Imana Wizera iruta ibyo uhura nabyo. Komera ukore iby’ubutwari.

YESAYA: UMUYOBOZI UDAPFUSHA UBUSA AMAHIRWE ABONYE YO GUKORA NEZA

Mw’iyerekwa Yesaya yagize , Yesaya 6, Imana yarabajije iti ninde nakohereza nk’umuhanuzi kubwoko bwanjye, Yesaya asubiza  vuba ati nijye Mana ntuma ndahari! Umuyobozi mwiza ntategereza ko hari umuntu wabikora, igihe hari ikintu kigomba gukorwa. Ahubwo afata iyambere maze agahagarara mugihe kikwiye, ntategereza ko hari undi uri bubikore mugihe abona abishoboye ntasigana muri make. Umuyobozi mwiza ahora ashaka aho yamenera ngo akore neza, ntashobora gupfusha ubusa amahirwe yo gukora neza no gukora akazi Imana cyangwa abantu bamuhaye gukora. Ntategereza ati nihabura umanika ukuboko ndamanika, ahubwo ahira yiteguye gukora mugihe kimukwiye n’ikitamukwiye.

DANIYELI: UMUYOBOZI MWIZA AKOMEZA GUKORA NEZA ATITAYE KUNGARUKA Z’ABARWANYA IBYO AKORA BYIZA!

Tuzi inkuru ya Daniyeli mu rwobo rw’Intare. Daniyeli 6, yari umuntu ukomeye mu mwanya w’ubuyobozi bw’i babuloni maze abo bakoranaga bamugirira ishyari maze bamushakaho ikosa kuko bari bazi ko akabya mu byo gusenga! Maze babwira umwami bati shyiraho itegeko ntihagire umuntu usenga Imana muri iki gihe! Maze daniyeli we akomeza gusenga Imana uko yari asanzwe, maze abandi bamurega ku mwami bati habonetse uwishe itegeko , bambwira umwami ko bamunaga mu rwobo rw’Intare. Maze intare ntizamwica. Ukwiye kumenya iki, Daniyeli yari azi neza ko Imana ariyo yamuhesheje gukomera niyo mpamvu atiyumvishaka uwamubuza kuyiha icyubahiro! Umuyobozi mwiza akwiye gufata urugero kuri daniyeli rwo guhagarara ugakora  ikiza naho byaba bigaragara ko bitoroshye! Nkunda ijambo yavuze ati: Imana yacu ibasha kudukiza, ariko naho tadukiza......naho Imana itagukiza ukwiye kwemera gupfira ukuri! Kuko hari abahitamo gupfira Ikinyoma!

Ndabakunda! niba ufite icyo ushaka kutwungura, Inama cyangwa igitekerezo twandikire Email :newseed4jesus@gmail.com


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed