Wednesday 15 October 2014

BAZAMERA NK'IBITI BYERA IMBUTO MUGIHE CYABYO! NAHO AMAPFA YATERA NTIBIGIRA UBWOBA......M Gaudin

Luka 6:43

Kuko ari nta giti cyiza cyera imbuto mbi, cyangwa igiti kibi cyera imbuto nziza.Igiti cyose kimenyekanishwa n'Imbuto zacyo: ntibishoboka ko basoroma imbuto z'umutini ku mugenge, cyangwa imizabibu ku mufatngwe!


Amahoro y'Umwami Yesu atanga ababeho rwose. Uyu munsi umutima wanjye uranganiriza kw'Ijambo ryo kwera imbuto nziza. uko biri kose ibiti biba byinshi kandi byera Imbuto zitandukanye, hari ibiti byimeza hakaba n'ibiti byatewe. ijambi ry'Imana rivuga ko turi ibiti byatewe n'Imana. wowe se waba wumva waratewe n'Imana!

Uyu munsi iyo umuntu avuze ku kwera Imbuto usanga abantu bamwe bamurwanya bakagira bati uriya nawe yigisha amategeko nkaho we atari umunyabyaha. niyo mpamvu nakoresheje amagambo Yesu yivugiye kuko we ashobora no kuducira urubanza rukwiye! igihe cyose Kwera Imbuto iyo ubizanye bitera  impaka mubantu badashaka kumva inyigigisho nkizo, igitangaje bitwako bazi Imana.

uyu munsi rero ndagirango wibaze,uti ese niba Imana ariyo yanteye koko, nera imbuto zihe? kuko nibwira ko Gukiranuka ni state of being not Doing. niba ubayeho mubuzima bwo gukiranuka uzera Imbuto zo gukiranuka. aha ndashaka kukwibariza nti ese ubayeho ubuhe buzima? uyu munsi utekereze imbuto wera niba Imana izishatse zayibera imbuto nziza cyangwa byatuma Ikurimburo ikakujugunya mu muriro utazima?

Ibiti byatewe n'Imana byera izihe mbuto? ikizakwereka ko urimo kugenda urushaho kwezwa nuko uzarushahko kugenda ubona imyambaro yawe igenda icya. ndetse n'Imbuto nziza zigenda zigaragara mubazigushakaho.

ababyawe n'Umwuka bose nibo bana b'Imana kuko abo batabyawe n'ubushake bw'umugabo n'umugore ahubwo babyawe n'Imana ubwayo.

abagalatiya: 5:22 

Imbuto uzashakira mubakijijwe by'ukuri ntuzibure, yaba imvura igwa cyangwa hari ubutayu nizi:

1.Urukundo
2.Ibyishimo
3.Amahoro
4.Kwihangana
5.Ingeso nziza
6.Gukiranuka
7.Kugwa neza
8.Kwirinda.

ushobora Kwireba ukamenya neza ko ibi bintu urimo kubigaragaza, ariko kuri wowe bishobora no kukugora uzabaze abo mubana mu kazi uti mubona nera mbuto ki? abo mwigana, abo musengana, abo mugendana, umuryango wawe? uti mubona bino bintu hari utubuto twabyo tungaragaraho? ni ukuri nubaza abantu beza bazakubwira kuko ibyo byo umunti kubibona ntibisaba kujya mu mwuka mwinshi nubundi burondozi ahubwo bisaba kubireba hanyuma bakakumenya!

ntagihe uzafata icyerekezo kizima cyo guhinduka kandi utarigeze ubwira Imana uti Yesu shoboza. ndakwinginze rero ngo igihe nk'iki ubwire Imana uti  unkize icyago giterwa no kutera imbuto nzima. sibiriya gusa ahubwo ngo nibindi byose bitafite amategeko abihana!

Ngaho rero wisuzume kugirango ugubwe neza mubyo ukora kuko hahirwa abadakurikiza imigambi y'ababi . zaburi 1

Ndabakunda!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed