Thursday 30 October 2014

UKURI WAMENYE KURI YESU GUHINDURA IMIKORERE N'IMITEKEREREZE.......KERA N'UBU BIKAGIRA ITANDUKANIRO! M.Gaudin

Abefeso 4:17

Ni cyo gituma mvuga ibi, nkabihamya mu Mwami yuko Mutakigenda nk'uko abapagani bagenda, bakurikiza ibitagira umumaro byo mu mitima yabo.

Muri iki gihe hari abantu benshi bagira bati Imana ireba imbere ntireba iby'Inyuma! maze ibyo bigasa naho bibahaye igisobanuro cyo kwiyanduza inyuma hagaragarira amaso y'abantu kuko Imana ireba Imbere!

Yesu abwira abafarisayo ati: Mwebwe abafarisayo mwoza inyuma y'Igikombe imbere hari umwanda! mugaragara nk'Imva zisize irange inyuma, imbere hari amagufwa! ibaze nawe, nk'uko koza inyuma imbere ari habi niko koza imbere inyuma hakagaragara umwanda bidasobanutse!

ibaze koko uvuga ko Imbere wakarabye ukeye ariko waca ku kubantu bakifata ku mazuru bati uranuka, ndakubwiza ukuri ko uwitunganya akwiye kwitunganya ahabona n'ahatabona. umugaragu w'Imana dawidi yagize ati wowe umurika ahatabona aho umwijima uba!! niba uri impfura mu maso y'abantu Imana igusaba kongera ukaba n'umwizerwa aho batabona. kandi niba aho abantu batabona ari heza ndakubwiza ukuri ko uzera imbuto zihwanye naho nyine.

Umutima udahindutse utera umubiri kuba mubi: umuntu wese atanga icyo akuye mu mutima. niba mu mutima wawe harimo ubusambanyi, ubujura, kubeshya , ishyari n'Ibindi, ubusinzi n'uburozi ntiwabwira ko uzera imbuto nziza hanze. uko biri kose mu mutima w'Umuntu niho akura ubutunzi bwo guha abandi. sinibaza ko watanga icyo udafite. ntiwaha amahoro abandi wowe wayabuze, ntiwatanga ibyiringiro wowe ntabyo ufite. ntiwabwira abantu iby'inzira zijya i siyoni wowe ntaziri mu mutima wawe.

Uko ugaragara hanze bitanga ishusho y'ibyo abantu batabona: ibaze uri Umusambanyi, umujura, umusinzi, umunyarugomo, n'Ibindi bisa bityo hanyuma , ukanya ubwira abantu ngo Imana ireba mu mutima ntireba ibigaragara!! ni ryari ruvuga ko Imana itita kubigaragarira amaso Y'abantu gusa? ni igihe mu maso y'abantu ugaraga neza, ariko ahihishe ugakora ibiteye isoni!

Ibaze niba kucyumweru ariwowe uzinduka murusengero:ugakubura, ugasenga, ukaririmba, ugatanga amaturo.ugasuhuza abantu, n'Ibindi byiza Imana idusaba.......nyuma ku wa mbere ukimuka aho wari utuye ukabwira abantu uti : ngiye gusura abantu ukanya mu busambanyi kure y'Iwanyu. uzagaruka bagukumbuye n'Ubundi ku cyumweru bakwakire mubigaragarira amaso y'abantu uri intungane ariko mu maso y'imana rwose waciye ibintu.

Umwanzuro rero Imana ishaka ko tuba abera, atari kugice cyo hanze gusa ahubwo no ku gice cy'imbere aho abantu batabona, ahao abantu bareba naho batareba. aho abantu bareba bazagucira urubanza, aho batareba Imana izagucira urubanza! ndabizi ko uzi neza ko iyo abantu bakubonye usambana ibyo bakora, iyo bakubonye wasinze, iyo bakubonye, uri umurozi....uziko abantu ibyo byose bifite amategeko babihanisha! naho batabihana rero Imana kuko yo ari umucamanza utabera azabihana nk'Imana. 

IBINTU BIRANGA UMUTIMA UDAHINDUTSE:

1.Kubaho mubuzima butagaragaza impinduka nziza.
2.Kugenda nkuko kera wagendaga
3.Kurarikira ibyo kera wararikiraga
4.Gusambana no gukora iby'Isoni nke. (ugira isoni se yagenda yambaye ubusa mu muhanda?) ibaze nihari izo ukigira?
5.Imirimo ya kamere Yose usanga uri icumbi ryayo ( abagaratiya 5:19)

Ariko rero uyu munsi reka nkubwire Kristo twakurikiye ibyo atwigisha kugenderamo n'Ibintu bitandukanye nuko kera Twagendaga.

Abefeso 4:20

Ariko mwebweho ntimwize Kristo mutyo, niba mwaramwumvise mukigishirizwa muri we ibihura n'ukuri ko muri Yesu, BIBABWIRIZA IBY'INGESO ZA KERA KO: Mukwiriye kwiyambura UMUNTU WA KERA UHENEBEREZWA NO KWIFUZA GUSHUKANA, mugahinduka BASHYA mu MWUKA w'ubwenge bwanyu. Mukambara umuntu Mushya waremewe Ibyo GUKIRANUKA NO KWERA BIZANYWE N'UKURI nk'uko Imana yabishatse.

Imana y'Amahoro Itweze iduhe amahoro kandi ikomereze imitima yacu kuyikiranukira no kuba abantu bahindutse rwose. kera hacu ntihakwiye kugaruka mugihe twiyambuye Umuntu wa kera!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed