Friday 31 October 2014

ABANTU BOSE BARI MUBIBAZO BABA BABONA BICITSE NDETSE BAKABAZANYA BATI: TURAGIRA DUTE? M.Gaudin

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

Mw'isi harimo amakuba atandukanye, abantu barababaye , ndetse bafite umubabaro utandukanye! buri muntu wese naho wamureba asa neza ariko umubabaro we yawuhisha ahagaragara ariko ugasanga agahinda ke kazwi n'uburiri araramo! uko biri kose abantu bahura nabyinshi ndetse usanga ibyo ducamo biduha n'amazina tugasa n'ababyakiriye!

Abantu bamwe n'Impfubyi, abandi n'Abapfakazi, abandi n'abarwayi, abandi bari mu magereza, abandi ntibabyara, abandi ingo ntizabahiriye.....ibi byose iyo uganiriye n'umuntu ashobora kukubwira akababaro ke ukumva birakurenze kuko aba aba abivugana umutima ubabaye asa nuwabuze uko agira!

2Abami 6:14

Maze umugaragu w'Uwo muntu w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'Amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.umugaragu abwira shebuja ati: Biracitse databuja, turagira dute?

usomye izi nkuru za gehazi n Elisa, zigutera kwibaza ikintu gikomeye usanga abantu benshi batibaza! itandukaniro ry'abahiye n'Ibibazo cyangwa ry'abagoswe ribonekera mu murebere y'Ibintu! ndahamya ko imirebere ya Elisa na Gehazi yari itandukanye! gehazi yabanaga na Elisa, uko biri kose urwahigaga Elisa ntirwari gusiga Gehazi niyo mpamvu yaje gutanga amakuru y'Ibyo abonye ati Ingabo z'abasiriya ziratugose biracitse, turapfuye, turagira dute?

Ahari nawe hari abajya babikubaza mugihe bareba ibibazo nawe ukabibona, muri kiriya gihe iyo Elisa areba nka gehazi yari kuvuga ati dushake umuti twiyahure kuko bari budufate batwice nabi, yashobora no kwijyana mu maboko yabo n'ibindi .

Elisa si uko yarebye ahubwo nubwo bamubwiye ko bicitse we yarabirebye abona hirya y'Ikibazo abona Imana akorera, ndahamya ko si ingabo yabonye gusa ahubwo Yabonye imbaraga zamukoresheje kuva kera yibaza mu mutima we ati ibyo mbona ntibigomba kuntera ubwoba, ahubwo kwiye kubirenga nkarebesha amaso y'Umwuka!! amaso y'Umwuka yatumye abona ingabo z'Imana ntiyaterwa ubwoba n'Ingabo z'abasiliya. buri gihe rero dutandukanira ku byo tubona,

abantu ntibatandaukanywa nuko ari impfubyi ahubwo batandukanywa nuko ibyiringiro byabo bitandukanye! ibyiringiro byawe rero nibyo biguhesha amahoro mugihe uri hagati y'Ibibazo!

Ndabakunda!

Thursday 30 October 2014

UKURI WAMENYE KURI YESU GUHINDURA IMIKORERE N'IMITEKEREREZE.......KERA N'UBU BIKAGIRA ITANDUKANIRO! M.Gaudin

Abefeso 4:17

Ni cyo gituma mvuga ibi, nkabihamya mu Mwami yuko Mutakigenda nk'uko abapagani bagenda, bakurikiza ibitagira umumaro byo mu mitima yabo.

Muri iki gihe hari abantu benshi bagira bati Imana ireba imbere ntireba iby'Inyuma! maze ibyo bigasa naho bibahaye igisobanuro cyo kwiyanduza inyuma hagaragarira amaso y'abantu kuko Imana ireba Imbere!

Yesu abwira abafarisayo ati: Mwebwe abafarisayo mwoza inyuma y'Igikombe imbere hari umwanda! mugaragara nk'Imva zisize irange inyuma, imbere hari amagufwa! ibaze nawe, nk'uko koza inyuma imbere ari habi niko koza imbere inyuma hakagaragara umwanda bidasobanutse!

ibaze koko uvuga ko Imbere wakarabye ukeye ariko waca ku kubantu bakifata ku mazuru bati uranuka, ndakubwiza ukuri ko uwitunganya akwiye kwitunganya ahabona n'ahatabona. umugaragu w'Imana dawidi yagize ati wowe umurika ahatabona aho umwijima uba!! niba uri impfura mu maso y'abantu Imana igusaba kongera ukaba n'umwizerwa aho batabona. kandi niba aho abantu batabona ari heza ndakubwiza ukuri ko uzera imbuto zihwanye naho nyine.

Umutima udahindutse utera umubiri kuba mubi: umuntu wese atanga icyo akuye mu mutima. niba mu mutima wawe harimo ubusambanyi, ubujura, kubeshya , ishyari n'Ibindi, ubusinzi n'uburozi ntiwabwira ko uzera imbuto nziza hanze. uko biri kose mu mutima w'Umuntu niho akura ubutunzi bwo guha abandi. sinibaza ko watanga icyo udafite. ntiwaha amahoro abandi wowe wayabuze, ntiwatanga ibyiringiro wowe ntabyo ufite. ntiwabwira abantu iby'inzira zijya i siyoni wowe ntaziri mu mutima wawe.

Uko ugaragara hanze bitanga ishusho y'ibyo abantu batabona: ibaze uri Umusambanyi, umujura, umusinzi, umunyarugomo, n'Ibindi bisa bityo hanyuma , ukanya ubwira abantu ngo Imana ireba mu mutima ntireba ibigaragara!! ni ryari ruvuga ko Imana itita kubigaragarira amaso Y'abantu gusa? ni igihe mu maso y'abantu ugaraga neza, ariko ahihishe ugakora ibiteye isoni!

Ibaze niba kucyumweru ariwowe uzinduka murusengero:ugakubura, ugasenga, ukaririmba, ugatanga amaturo.ugasuhuza abantu, n'Ibindi byiza Imana idusaba.......nyuma ku wa mbere ukimuka aho wari utuye ukabwira abantu uti : ngiye gusura abantu ukanya mu busambanyi kure y'Iwanyu. uzagaruka bagukumbuye n'Ubundi ku cyumweru bakwakire mubigaragarira amaso y'abantu uri intungane ariko mu maso y'imana rwose waciye ibintu.

Umwanzuro rero Imana ishaka ko tuba abera, atari kugice cyo hanze gusa ahubwo no ku gice cy'imbere aho abantu batabona, ahao abantu bareba naho batareba. aho abantu bareba bazagucira urubanza, aho batareba Imana izagucira urubanza! ndabizi ko uzi neza ko iyo abantu bakubonye usambana ibyo bakora, iyo bakubonye wasinze, iyo bakubonye, uri umurozi....uziko abantu ibyo byose bifite amategeko babihanisha! naho batabihana rero Imana kuko yo ari umucamanza utabera azabihana nk'Imana. 

IBINTU BIRANGA UMUTIMA UDAHINDUTSE:

1.Kubaho mubuzima butagaragaza impinduka nziza.
2.Kugenda nkuko kera wagendaga
3.Kurarikira ibyo kera wararikiraga
4.Gusambana no gukora iby'Isoni nke. (ugira isoni se yagenda yambaye ubusa mu muhanda?) ibaze nihari izo ukigira?
5.Imirimo ya kamere Yose usanga uri icumbi ryayo ( abagaratiya 5:19)

Ariko rero uyu munsi reka nkubwire Kristo twakurikiye ibyo atwigisha kugenderamo n'Ibintu bitandukanye nuko kera Twagendaga.

Abefeso 4:20

Ariko mwebweho ntimwize Kristo mutyo, niba mwaramwumvise mukigishirizwa muri we ibihura n'ukuri ko muri Yesu, BIBABWIRIZA IBY'INGESO ZA KERA KO: Mukwiriye kwiyambura UMUNTU WA KERA UHENEBEREZWA NO KWIFUZA GUSHUKANA, mugahinduka BASHYA mu MWUKA w'ubwenge bwanyu. Mukambara umuntu Mushya waremewe Ibyo GUKIRANUKA NO KWERA BIZANYWE N'UKURI nk'uko Imana yabishatse.

Imana y'Amahoro Itweze iduhe amahoro kandi ikomereze imitima yacu kuyikiranukira no kuba abantu bahindutse rwose. kera hacu ntihakwiye kugaruka mugihe twiyambuye Umuntu wa kera!

Ndabakunda!

Tuesday 28 October 2014

NIBA IMFATIRO ZISHENYWE UMUKIRANUTSI YAKORA IKI? Zaburi 11:3 M.Gaudin

2Abakorinto:4:8 

Dufite amakuba Impande zose ariko ntidukuka umutima, turashobewe ariko ntitwihebye,turarenganywa ariko ntiduhanwa, dukubitwa hasi ariko ntidutsindwa rwose.

Si ikintu cyoroshye nagato kubwira umuntu ubabaye ngo nakomere, Yewe kuri bamwe bibatera agahinda kurushaho kuko baba bibutse ko basa naho imfatiro zabo zishwenywe rwose. iyo umuntu ari mw'Isi aba yubakiye kubintu byinshi kandi aba afitiye icyizere cyo kubaho neza nta mubabaro nubwo ibyo bimubera ikinyuranyo. uyu munsi nawe waba umeze nka pawulo aho agira ati tubayeho nabi rwose mu bigararagara!!!

Pawulo ati Dufite amakuba Impande zose: Bene Data hari igihe umuntu areba hirya akareba hino aho kubona urukundo rw'Imana satani akakwereka ko amakuba yawe akwiye gutuma uhindukirira intekerezo mbi ariko iki ni cyo Gihe ngo nawe umenye ko aho wari uhanze amaso niba habaye amakuba n'ibyago bitandukanye, ntukwiye gukuka umutima kuko Yesu niwe uri hejuru ya byose.


Arongera ati turashobewe: ndakubwiza ukuri ko abantu benshi uretse kugira amakuba atandukanye mw'isi, bitera abantu kubaho mubuzima bwo gushoberwa satani agerageza kwereka umuntu wagize amakuba menshi ahantu heshi ko ubuzima bwe burushijeho kuba bubi...ibyo bimutera Kwiheba iyo atikomeje mu mwami, hanyuma akabaho mubuzima bwo gushoberwa rimwe na rimwe umuntu akaba yakora n'Ibintu bitari byiza kubera gushoberwa. hari beshi bajya mubikorwa by'ubwiyahuzi kubera ko bashobewe rwose. ariko iyo si Impamvu kuri wowe wamenye Imana. ahubwo Ntitwiheba kuko Ibyiringiro twiringira kuzabona Umwami yesu n'agakizake ntibitwemerera ahubwo bitubera igitsika mutima.

Turarenganywa: Iyi isi nta manza zitabera zirimo yuzuyemo akarengane, aho usanga umuntu abura icyo yabonaga cyari kumugirira akamaro, Aho abantu bazira ubusa aho urupfu ruza rugatwara umubyeyi rukarenganya abana, rugatwara abana rukarenganya ababyeyi....nawe ushobora kuba ufungiwe ubusa, utukirwa ubusa uko biri kose mw'Isi ntihabura akarengane. byagera mu bana b'Imana ho bikaba ibindi kuko isi ntacyo ibafitiye cyiza uretse ibisa n'Ibyo pawulo yavuze hejuru ariko muri ibi byose  Imana ntitureka, ntiduhana ahubwo Ijambo ryayo ritumbwira ko ari Imana izaducira Imanza zitabera mugihe tuzaba duhagaze imbere yayo. abarenganyijwe bazahozwa amarira ndetse bahabwe n'indishyi z'akababaro.

Ikindi kintu gikomeye kibaho mubuzima bwa buri munsi n'uko dukubitwa hasi buri munsi: Sinzi niba nawe bijya bikubaho ariko buri munsi mba mfite intambara zo kurwana, dukubitwa hasi buri gihe, buri munsi haba hari intambara yaho dutuye, abatwanga, satani, abadayimoni.......yewe nuyu mubiri ubwawo usanga dufite intambara inyuma n'Imbere. kuburyo tubaho mubuzima bwo kurwana kandi izi ntamabra zose ziba zigamije ko imitima yacu yarambirwa maze igatuka Imana. ayo majwi abantu bari mu ntamabara barayumva cyane agira ati watutse iyo Mana yawe ukipfira ko n'ubundi ubayeho murugamba rwa buri munsi?

Inkuru nziza nuko Kristo Yanesheje kandi natwe tuzanesha, nukuri nubwo turwana buri munsi ariko turwanira mutsinzi, nikoko usanga dusa n'abahora barwana ariko ni nko gusubiramo umukino kandi ikipe yambere barayihaye amanota ikwiye. ni ukuri tubona ibintu byinshi harimo no gukirana n'Urupfu ariko Yesu yararutsinze ubu ntabubasha rugifite kuko naho rwatugeraho Yemeye kuzabana natwe ndetse no murupfu!!! aho ho twese abariho ntiturahagera ariko dukwiye kumwizera uko abana natwe mubuzima akatubera Imbaraga, no murupfu ariko bizamera. nukuri icyo maze kumenya nuko nubwo turwana dutatsindwa rwose ahubwo turwanira mu tsinzi y'Umwami Yesu kuko we yarwanye mbere yacu kandi aratsinda.

Uko biri kose ushobora kuba ubayeho mubuzima burimo amakuba, imibabaro, kurenganywa, no kurwana bya buri munsi ariko utumbire Yesu wenyine. kuko igihe ipfatiro wari wiringiye mw'Isi zisenywe ukwiye kureba uwazishinze kuko niwe RUFATIRO RUKURU.

Nibyiza kugira ababyeyi, amatungo,abana n'ibindi ariko ntibikwiye gusimbuzwa urufatiro rukuru ariwe Kristo. buri gihe iyo izo zisenyutse haba hari ibyiringiro muri Kristo kuko niwe rutare rukomeye.

nsoze ngira nti ese wakwemerera Yesu uyu munsi kukubera urufatiro? kuko hari igihe izo wubatseho zisenywa!! ndakwinginze uyu munsi niwumva Ijwi rye ntiwinangire! 1petero 2:4-5

ibyiringiro bizima biri muri we: muhumurizanye mubwirana aya magambo y'Uko Kristo yazutse kandi ko urupfu rutamuheranye, abamwiringira bose bazabona mu maso he ndetse n'abapfuye bazazurwa n'Imbaraga z'Iyamuzuye. Mukomerere mu Mwami Yesu

Ndabakunda!!

Sunday 26 October 2014

ABANTU KO BAMAMARA WOWE WAMAMAYE MUBIKI? WIFUZE KWAMAMARA AHO BAVUGA IZINA RYA YESU!!! M.Gaudin


Nuko abisiraheli bose , uhereye i Dani ukageza i Berisheba, bamenya ko Samweli yarundukiye mubuhanuzi bw'Uwiteka. 1samweli 3:20


Uyu munsi ibyo warundukiyemo nibyo wabayemo icyamamare, ahari uyu munsi wari uzwi nk'umunywa rumogi, inzoga nyinshi, umutukanyi, umujura ruharwa, umusambanyi n'andi mazina menshi kubera ibikorwa ukora.

ibikorwa ukorera Imana cyangwa Satani biguhindura icyamamare kuko abantu bahindurwa ibyamamare n'ibyo bakora. uwakoreye Yesu azwi aho bakorera Yesu hose nk'Umukozi wa Yesu. ariko n'abakorera Satani nabo bazwi hose.

nujya mukabari bazakubwira, ibyamamare, nujya musengero harimo ibyamamare, aburi hamwe haba ibyamamare. gusa buri muntu ibyo akora biguhindura icyamamare. niwowe wo guhitamo kwamamara mu mana kuko kwamamara mu bya Satani byo nta hitamo tugira. ibaze igiti gijinze mu mazi.....niba utari ku giti uri mu mazi ni ko bimeze kwamamara mw'Isi ntubihitamo ahubwo urabihunga naho niwemera kuramya Satani uramamara. umenyekana kandi nabi. 

Imana iduhe kwamamara mu bya Yesu, no kumukorera kugeza igihe abantu bazamenya ko aribyo twarundumukiyemo, uyu munsi ushobora kutaba nka Samweli ariko ukaba wakora nkuko uyu mudamu yakoze. uko biri kose Imana niyo izibutsa abantu imirimo yawe. 

Mariko: 14:9

"Ndababwira ukuri yuko aho ubutumwa Bwiza buzigishirizwa Hose mu isi yose,icyo uyu mugore akoreye kizavugirwa kugirango bamwibuke""


mw'isi hari amazina agaruka cyane mu mitwe y'abantu, kuko hari amazina Yamenyekanye ndetse n'ibikorwa byagiye bimenyekana kuburyo icyo umuntu yakoze gituma avugwa naho yapfa izina rye rikaba rikivugwa.. Uyu munsi hari igihe twibwira tuti abakorera Imana n'Intamenyekana ariyo mpamvu abantu bato bashaka kwitwara nkabo bamamaye kubera ibikorwa bitandukanye ndetse rimwe nari mwe bibi.

Uyu munsi abantu benshi bashobora kuba bazi indirimbo za papa wemba, madona,micel jackson n'abandi , mukamenya ibikorwa bya lady Gaga, nick minaj n'abandi kandi uwakubaza ati umuzi ko yakoze iki ukabimubwira. abo nabo ntibahwema gukora ibyo ngo bamenywe n'abantu. bakora ubutitsa ntibaruhuka kuko icyo bagamije ari ukumenyekana mu bantu kandi koko iyo ubishate ushyikaho ukamenyekana.

Uyu munsi abantu bakorera Imana bakwiye kumenya ko Iyo ukoreye Imana neza iguhemba kumenyekana, ndababwiza ukuri ko Imana iziko ibyo abapagani bakeneye, yaba kurya, kunywa,  no kumenyekana nawe   urabikenera ariko uko uzabibona bitandukanye nuko abapagani babibona.

"abashaka ubwiza n'icyubahiro babishakishe gukora neza ubudacogora" 

buri gihe iyo ukoreye Imana ntiwahisha kumenyekana, kuko twagiye tubona abantu benshi bakoreye Imana baba ibirangirire ndetse hakabaho bamwe babirwanya bagira bati ni ubwibone. ariko ndashaka kukubwira ko Imana itabura gushyira hejuru uwicisha bugufi....hanyuma niba ushaka kwishyira hejuru no kumenyekana ntacyo wakoze nabwo ukwiye kumenya ko Imana ishyira has rwose abishyira hejuru.

Uyu munsi benshi barashaka kumenyekana mu bantu ariko, ndakugira Inama yo gukorera Imana ikintu kidasa nicyo abandi bakora kugira ngo Imana izaguhamirize mu bantu.

Uyu mugore yazanye amavuta meza, maze arayapfundura asiga Yesu kubirenge, abari aho bose bagira bati arayangije. ariko uyu munsi icyemezo cyose uhitamo gukora ku bw'Imana, umenye ko abantu ntibazabyishimira bose kuko, bamwe bazavuga bati wari gukora utya n'utya. ariko igihe n'Iki ko umenya ko Yesu yishimira ibyo umukorera ukuye ku mutima.

Ndakubwiza ukuri ko Yesu nagushima azagushimira n'abantu. uyu mudamu niwe wahawe isezerano ry'uko aho Yesu azajya avugwa hose bazajya bamuvuga!!! igihe ni iki ko aho bavuga Yesu nawe wazamo kuko umukorera..!!! simvuze ngo uvugwe mu kabari cyangwa ahandi ari muri bene so ukwiye kumvikana ko hari icyo ukorera Imana.

ndabizi ushobora kwibaza uti ese  ko Yesu adahari nabikorera nde ? yesu abwira abantu ati ubwo mwabikoreraga bamwe muri aba bato nijye mwabikoreraga! uyu munsi nawe tangira usuke amavuta ku mitwe yabantu. aho ubutumwa buzavugirwa hose izina ryawe rizagarukamo. Imana iyo yagukunze bakwitirira Imihanda n'Ibindi ariko cyane cyane ushake kumenywa n'Imana kuruta kumenywa n'abantu.

uyu munsi mumenya ko hari abantu bamamaye yaba mu rwanda no mumahanga kubera gukorera Imana kandi niyo nyiturano y'Umuntu ukorera Imana. Imana igira iti nzagushyira hejuru. abakorera Imana dufite umugabane nkuwa Kristo. uwo mugabane yawuhawe amaze kwaga kugundira ubwiza ahubwo yicisha bugufi! abafilipi 2:5 ugakomeza hagaragaza igihembo kiruta ibindi Kristo yabonye. uyu munsi Imana irashaka kuguha izina muri bagenze bawe kandi aho inkuru z'Ubwami zizavugirwa hose nawe uzavugwa!!!! kuko icyo wakoreye Imana kizamenyekana hanyuma nawe ntuzahishwa iteka.

Uyu munsi tuzi abakozi b'Imana bakomeye, bemereye Imana none ubu iyo bagiye mubihugu bagira icyubahiro ndetse bazwi hose. kubera umutima wo guca bugufi no gukorera Imana. uyu munsi tuzi ba Bill Graham, Rick waren, Joyce mayer, Gitwaza , Masasu n'abandi benshi.......!!!!! nawe uzi abandi benshi ariko uyu munsi bazwi muburyo bwo gukorera Imana.

Rubyiruko brahagije kwigana abo koko niba twigana abantu bazwi, aho kwigana abiyambika ubusa, n'abasambanyi n'abasinzi, n'abendana!!! dufite urugero rw'abariho bagihamya ukuri n'abatakirho ariko cyane cyane dufite urugero rumwe rudahinduka ariwo Kristo.

Imana idishoboze kuyikorera mugihe kidukwiye nikitadukwiye.

Ndabakunda!!!

Thursday 23 October 2014

IJAMBO RY'IMANA RYABAYE INGUME MUBAKURU ABATO BARIBONA BATE? IMPAKA MUBAKOZI B'IMANA ZISHIRE.........!!


Buri Gihe impinduka iragora kuyakira, ariko isi ikeneye ijambo ryayo si uburambe. igihe ribaye ingume mubakuze abato bakomeza bakarivuga............ 1samuel 3:2..


Eli Yari umutambyi mukuru, yari afite abana be nabo ari abatambyi. ariko haza kuza undi Imana yitoranyirije yewe udaturuka mu muryango w'abalewi ahubwo aturuka mub'efurahimu. uwo ni Samweli mwene Elukana W'umu efulahimu. ibi kubantu benshi bisa naho n'ubu ariko bikigenda kuko nta kamara mu by'Imana ahubwo Imana iravuga iti abanyubaha najye nibo nzubaha.

1samweli 2:30 Ni cyo gitumye Uwiteka Imana ya Isiraheli iviga iti" Ni ukuri nari naravuze yuko ab'Inzu yawe nab'Inzu ya so bazajya bagendera imbere yanjye iteka ryose, ariko none Uwiteka aravuze ngo: NTIBIKABEHO KUKO ABANYUBAHA ARI BO NZUBAHA, ARIKO ABANSUZUGURA BAZASUZUGURWA.

Ubwo guhera icyo gihe Imana nibwo yatangiye gukoresha abayuba rwose mu miryango yose bidatewe nuko uri mu ba Lewi. Yewe murabizi ko na Yesu yaje ari umutambyi mukuru kandi kuby'Umubiri aturuka kwa Yuda. ibi rero Abantu ntibabasha kumenya ko biterwa nuko Imana ikorana n'abayubaha.

Imana mufitanye irihe sano? Niba hagati yawe n'Imana nta san yitwa kuyubaha  ndagira ngo nkumenyeshe ko uyu munsi Imana idashaka kwitirirwa abantu nkabo ndetse ikigeretse kuri ibyo iyo utayubashye nayo ntikubaha kandi utubashywe n'Imana ntamntu wo kukubaha uriho.

Tugaruke rero tugire tuti: Imana ihitamo kuvugisha Samweli kandi atarabisobanukirwa! nubwo Eli yari afite ubumenyi rwose azi gutandukanya amajwi y'Abantu , ibitekerezo n'ibyo Imana yamubwiye......ijambo ry'Imana rirambwira ngo igihe cyarashyitse riba ingume, aho ntakwerekwa byose byasaga nibyarangiye 1samweli 3:2 Hari gihe kigera ugasanga abakuru cyangwa se ababimaze igihe nta hishurirwa bafite, iyo ugize amahirwe yo kuba munsi y'ubuyobozi nk'ubwa Eli usobanukirwa ko Imana itakimuvugisha yakubwira ati iyo mwavuganye n'Imana.

Ariko abeshi ubu bari muntambara zurudashira kubera ko Imana ihitamo kuvugana n'abato badafite ubwo burambe.ndetse usanga abato barota ibikomeye cyangwa bakerekwa ibihambaye Imana ibahishuriye. uyu munsi ndagira nkubwire wowe niba Wubaha Imana hari igihe izagukoresha ibikomeye biruta iby'abashumba bawe. ariko ni ugira umutima nkuwari muri Samweli, umutima utiyiziho ikibi ahubwo ukiranuka muri byose.

Abakiri bato bafatwa n'ubwibone :si mvuga mumyaka ahubwo abakiri bato muby'Imana, ndababwiza ukuri ko Imana ishobora kuba iguhamagara ariko kuko ukiri muto ntunabimenye iyo udaciye bugufi ngo witabe umushumba wawe ntuzigera umenya ko Imana ariyo ikuvugisha!!! Ibaze iyo samweli ahamagara aho kwitaba samuel akitaba abahungu ba Eli, ese Bari kumuha iyihe nama? buri gihe Impano duhawe ntiziba ari izo kwigomeka mu matorero ahubwo ni ukuyuba.

Abakuru nabo bicwa no kwishyira hejuru: niba warakoreye Imana igihe cyikagera ukabona ntugihabwa iyerekwa nk'Irya mbere ahubwo risigaye rihabwa abato kuri wowe, ukwiye guca bugufi ukemerera abandi bagakoreshwa n'Imana. Eli abwira samweli ati: niwongera kuryumva witabe. Muri iki gihe hari umenya ko uzi kwigisha, guhanura cyangwa ibindi akakugirarira ubwoba, ariko buri muntu wese akwiye kwisuzuma akareba ko umurimo akora awukorana urukundo.

birashoboka cyane rero ko Imana yahitamo kuvugana na ba samweli bo murusengero rwawe, kuko Imana niyo igena uwo ivugisha cyangwa uwo itavugisha, ahubwo igikwiye nuko abashumba baba maso bakumva icyo Imana ishaka. namwe ba samweli mukwiye kumenya guca bugufi, mukimaramo ubwibone bwo mu mutima. kuko ahari Imana kuba ari wowe ivugishije ntivugije umushumba ni ukugirango uzabe umugabo mughe cyawe wo guhamya Imana si igihe cyo kwigenga no kwiyobora.

Buri gihe umushumba wawe aba ari umushumba wawe kuko naho Imana yaba itakimuvugisha, abitse uburyo ivuga, ahari warita yamenya ko zaturutse ku Mana, cyagwa wahamagarwa yamenya ko ariko Imana ihamagara. igikwiye nuko buri mwe yamenya ko Imana ihamagara uko ishatse kandi buri mwe akiga guca bugufi mu mutima we.


ndabakunda!

Wednesday 15 October 2014

BAZAMERA NK'IBITI BYERA IMBUTO MUGIHE CYABYO! NAHO AMAPFA YATERA NTIBIGIRA UBWOBA......M Gaudin

Luka 6:43

Kuko ari nta giti cyiza cyera imbuto mbi, cyangwa igiti kibi cyera imbuto nziza.Igiti cyose kimenyekanishwa n'Imbuto zacyo: ntibishoboka ko basoroma imbuto z'umutini ku mugenge, cyangwa imizabibu ku mufatngwe!


Amahoro y'Umwami Yesu atanga ababeho rwose. Uyu munsi umutima wanjye uranganiriza kw'Ijambo ryo kwera imbuto nziza. uko biri kose ibiti biba byinshi kandi byera Imbuto zitandukanye, hari ibiti byimeza hakaba n'ibiti byatewe. ijambi ry'Imana rivuga ko turi ibiti byatewe n'Imana. wowe se waba wumva waratewe n'Imana!

Uyu munsi iyo umuntu avuze ku kwera Imbuto usanga abantu bamwe bamurwanya bakagira bati uriya nawe yigisha amategeko nkaho we atari umunyabyaha. niyo mpamvu nakoresheje amagambo Yesu yivugiye kuko we ashobora no kuducira urubanza rukwiye! igihe cyose Kwera Imbuto iyo ubizanye bitera  impaka mubantu badashaka kumva inyigigisho nkizo, igitangaje bitwako bazi Imana.

uyu munsi rero ndagirango wibaze,uti ese niba Imana ariyo yanteye koko, nera imbuto zihe? kuko nibwira ko Gukiranuka ni state of being not Doing. niba ubayeho mubuzima bwo gukiranuka uzera Imbuto zo gukiranuka. aha ndashaka kukwibariza nti ese ubayeho ubuhe buzima? uyu munsi utekereze imbuto wera niba Imana izishatse zayibera imbuto nziza cyangwa byatuma Ikurimburo ikakujugunya mu muriro utazima?

Ibiti byatewe n'Imana byera izihe mbuto? ikizakwereka ko urimo kugenda urushaho kwezwa nuko uzarushahko kugenda ubona imyambaro yawe igenda icya. ndetse n'Imbuto nziza zigenda zigaragara mubazigushakaho.

ababyawe n'Umwuka bose nibo bana b'Imana kuko abo batabyawe n'ubushake bw'umugabo n'umugore ahubwo babyawe n'Imana ubwayo.

abagalatiya: 5:22 

Imbuto uzashakira mubakijijwe by'ukuri ntuzibure, yaba imvura igwa cyangwa hari ubutayu nizi:

1.Urukundo
2.Ibyishimo
3.Amahoro
4.Kwihangana
5.Ingeso nziza
6.Gukiranuka
7.Kugwa neza
8.Kwirinda.

ushobora Kwireba ukamenya neza ko ibi bintu urimo kubigaragaza, ariko kuri wowe bishobora no kukugora uzabaze abo mubana mu kazi uti mubona nera mbuto ki? abo mwigana, abo musengana, abo mugendana, umuryango wawe? uti mubona bino bintu hari utubuto twabyo tungaragaraho? ni ukuri nubaza abantu beza bazakubwira kuko ibyo byo umunti kubibona ntibisaba kujya mu mwuka mwinshi nubundi burondozi ahubwo bisaba kubireba hanyuma bakakumenya!

ntagihe uzafata icyerekezo kizima cyo guhinduka kandi utarigeze ubwira Imana uti Yesu shoboza. ndakwinginze rero ngo igihe nk'iki ubwire Imana uti  unkize icyago giterwa no kutera imbuto nzima. sibiriya gusa ahubwo ngo nibindi byose bitafite amategeko abihana!

Ngaho rero wisuzume kugirango ugubwe neza mubyo ukora kuko hahirwa abadakurikiza imigambi y'ababi . zaburi 1

Ndabakunda!


Monday 13 October 2014

AMARASO AVUGA IBYIZA KURUSHA AY'ABELI, KURUSHA AY'IBIMASA N'INTAMA.......AMARASO YA YESU UKWIYE KUMENYA IBYAYO!

Ndaza kwifashisha amasezerano yombi kugirango dukuremo ishusho nyayo ya maraso
Ubushize nari nabasangije ku isezerano rishya ni rya kera...nina ho nibindi nzabikomereza...
Kugirango tumenye ubu umwanya wacu dukwiriye guhagararamo nibyo dukwiriye kwizera..

Kuko ni ishyano kwizera amafuti....kuko bikugiraho ingaruka zo utamenya uwo uri we mu maso  y'imana...bikubuza kunezererwa imana bikuvuye mumutima bigatuma ubana n'imana nk'umwana ubana na muka se kandi mukase amwanga umwana akihangana kuko ari nta kundi yabigira.

Twe Imana ni data (mu bitekereze ho)...ibi mubitindeho cyane uraza gusanga hari byinshi utekereza ko Imana yagukoreye (bibi) kandi na papa wawe w'umubiri atabigukorera....sinzi hagati aha uwo twakwita mwiza iramutse abaye ari yo ibigukorera cg yarabigukoreye cg utekereza ko izabigukorera...imana ntago yakugirira nabi iragukunda kurusha n’ababyeyi bawe...ikwifuriza ibyiza gusa...ninabyo igutegurira buri munsi ariko kubera kutamenya kwacu bituma tutizera ibikwiriye bigatuma tubona ibitari ibyacu ....byose Imana yagukoreye cg izagukorera usabwa kubimenya neza bivuye mu ijambo ryayo maze akaba aribyo wizera nibwo utangira kubinezerwamo....

Uyu munsi nahisemo kubaganiriza kubijyanye nimbabazi z'imana binyuze mu maraso ya yesu.....
Ibi nimushobora kubyumva hari ikintu kinini muri bwunguke mukumenya umutima w'Imana....kuko irakunda birenze uko twabitekereza....
Ibyanditswe byera bitwereka ko Imana yasezeranyije ko izababarira abantu ibyaha byabo n'ubugome bwabo...ariyo biturutseho kandi ari nayo ibyikoreye...
Yeremiya 31:31 - Uwiteka aravuga ati"Dore iminsi izaza, nzasezerana isezerano rishya n'inzu ya Isirayeli n'inzu ya Yuda,

Yeremiya 31:32 - ridakurikije isezerano nasezeranye na ba sekuruza, ku munsi nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Egiputa. Rya sezerano ryanjye bararyishe nubwo nari umugabo wabo wabirongoreye. Ni ko Uwiteka avuga.
Yeremiya 31:34 - Kandi ntibazigishanya ngo umuntu wese yigishe mugenzi we, n'umuntu wese uwo bava inda imwe ati 'Menya Uwiteka', kuko bose bazamenya uhereye ku uworoheje hanyuma y'abandi ukageza ku ukomeye kurusha bose, ni ko Uwiteka avuga, kuko nzababarira gukiranirwa kwabo kandi icyaha cyabo sinzacyibuka ukundi."

Yeremiya 31:35 - Uko ni ko Uwiteka avuga watanze izuba kuba umucyo w'amanywa, washyizeho amategeko kugira ngo ukwezi n'inyenyeri bimurikire ijoro, utera inyanja kwihinduriza bigatera umuraba guhorera, Uwiteka Nyiringabo ni ryo zina rye ati
Aha imana iri kuvugira mumuhanuzi wayo ibwira abisiraheli gahunda y'ibihe bizaza yari ibafitiye...yari irimo kuvuga ko igiye guhindura isezerano bari barimo gukoreramo....ivuga ko impamvu barigiyemo ari uko batagumye mu ryo yari yaragiranye na aburahamu sogokuru
Aha n’iki Imana iri kutubwira..iri kuvugako nyuma yuko yahaye aburahamu isezerano abisiraheli ntibarigumyemo..maze bituma hazamo irindi (amategeko ku musozi sinai kuva 19:4) noneho imana irimo kuvuga ko igiye kuzana irindi ariko iyo urirebye iryo ari ryo usanga yaragaruye iryo yari yarakoranye na aburahamu aho itamwituraga ibihwanye nibyo yakoze ahubwo yamuhaga byose kubwurukundo rwayo...

Kumurongo wa 34....baratubwira ko izababarira gukiranirwa  kwabo kose kandi ni cyaha cyabo itazongera kucyibuka ukundi....aha ni imana yari irimo kuvuga ko izababarira kandi ko izanibagirwa burundu....kuri 35.... yeremiya yagerageje kubabwira ugukomera k’umuntu uvuze aya magambo kuko birashoboka ko nyuma yo kuvuga amagambo nkaya umuntu yakubaza ngo wowe uracyeka uri nde kuvuga gutyo..none aratubwiye ngo ni uwiteka wabwiye izuba kuba umucyo, ngo yashyizeho amategeko kugirango inyenyeri ni zuba bimurike, ngo atera inyanja kwihinduriza bigatera umuraba guhora ngo uwiteka nyira ingabo ni ryo zina rye...ibaze iyi cv!!!!! Ari kutwereka ko kubera iyi CV  ye bimwemerera kuvuga ibyo ashatse byose kandi akabikora....
Njye ndashima imana ko iteka ibyo ishatse aba ari byiza kuri twe...kandi ni ukuri ndarahiye sinababwira Ibitari byo kuko ntibimbamo kandi muri abo nkunda....ibi bintu imana yavuze yara bikoze ibisohoreza muri yesu ninayo mpamvu igihe yatangaga yavuze ko byose birangiye
Murebe nkaha Abefeso 1:4 - nk'uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo.

Ibaze ngo isi Itareremwa...ngo tube abera.....tutari ho umugayo imbere yayo....ni imbere yayo nyine undi ashobora kukubwira ko uriho umugayo kandi wenda nawe ushobora kuvuga ko ufiye umugayo ariko bavandimwe si imbere yayo, ni imbere yabandi kuko yo mumaso yayo ntamugayo ufite niyo yabihisemo kandi uvuzeko ufite umugayo imbere yayo uba uri kuvuga ko imana ibeshya(ibi ni ukutizera imana) ntibiyinezeza...niba ushaka kunezeza imana vuga nkuko ibibona nawe wirebe nkuko nayo ikureba
Abaheburayo 11:6 - ariko utizera ntibishoboka ko ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.
Abakolosayi 1:20 - Kandi imaze kuzanisha amahoro amaraso yo ku musaraba we imwiyungisha n'ibintu byose, ari ibyo ku isi cyangwa ibyo mu ijuru.
Abakolosayi 1:21 - Namwe abari baratandukanijwe n'Imana kera, mukaba mwari abanzi bayo mu mitima yanyu no ku bw'imirimo mibi,
Abakolosayi 1:22 - none yiyungishije namwe urupfu rw'umubiri we, ngo abashyire imbere yayo muri abera n'abaziranenge mutagawa,
Aha Paul ari kutwereka ko ibyo imana yari yarasezeranyije yabikoze.....ubu turi abera nabazira nenge yongeye ho ngo ntitugawa...muyandi magambo turemerwa cyane mu maso y'imana....hallelujah
Aha ntanakimwe bari kugusaba gukora ngo ureke kugawa ahubwo bari kuku bwira ko wemerwa kubwo kwiyunga n'imana kubw’amaraso ya yesu yo kumusaraba.....
Ubu twashyizwe imbere y’Imana twera uyu ubu niwo mwanya wacu kansi munibuke ko ari  data wabisezeranyije.....
Ezekiyeli 36:29 - Nzabarokora mbakure mu myanda yanyu yose, nzameza ingano nzigwize kandi ne kubateza inzara.
Ezekiyeli 36:25 - Nzabanyanyagizaho amazi meza, maze muzatungana, mbakureho imyanda yanyu yose, n'ibigirwamana byanyu byose.
Ezekiyeli 36:22 - "Nuko rero ubwire ab'inzu ya Isirayeli uti 'Nimwumve uko Umwami Uwiteka avuga ngo: Si ku bwanyu nzabikora, mwa ab'inzu ya Isirayeli mwe, ahubwo ni ku bw'izina ryanjye ryera, iryo mwaziruriye mu mahanga mwagiyemo.
Ezekiyeli 36:23 - Kandi nzubahiriza izina ryanjye rikomeye, iryaziruriwe mu mahanga ari mwe mwariziruye, maze amahanga azamenye yuko ndi Uwiteka, ubwo nziyerekana muri mwe imbere yabo ko ndi Uwera. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
Imana aha yerekanye ko ariyo azaba ibyikorera si kubwacu ahubwo ni kubwayo kugira ngo izina ryayo rishyirwe hejuru, sinzi aho wahera ushidikanya ko itabikoze kubwubuntu bwayo atari kuko twari yubikwiriye....

Yabikoze ite rero...??????
Ubundi twese tuzi ko kera umuntu yakoraga icyaha akazana igitambo kugirango cyicwe mumwanya we, bamara kugitamba yagendaga akize urupfu yari akwiriye kuko yakoze icyaha....ubundi icyaha kingana n'urupfu, Ntakindi cyatumaga akira ni amaraso yabaga amenetse...Imana yabonaga ko ari aye amenetse ntiyite ko ari itungo ribigendeyemo
Ikindi imana yabonaga ayo maraso ikibonera aya yesu yari kuzameneka rimwe na rizima..bigatuma uwo muntu agenda amahoro ariko ibyaha bye ntibyakurwagaho ahubwo byara twikirwaga bitegereje ko hazaza uzabikuraho....nkuko yohana.yabonye yesu aravuga ngo nguyu umwana wintama wimana ukuraho ibyaha byabari mu isi.....
Yesu yari afite ubushobozi bwo kubikuraho Naho ubindi Imana yarabyirengagizaga kubwo kureba umusaraba wa yesu wari kuzatanga igisubizo..
Abaroma 3:25 - Ni we Imana yashyizeho kuba impongano y'uwizera amaraso ye, kugira ngo yerekane gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y'icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga,
Ibaze nawe: niwe imana yashyizeho kuba impongano yuwizera amaraso ye....ngo ninawe watumaga imana yirengagiza ibyaha byakozwe mbere yicyo gihe (ari kuvuga ngo mbere yuko atangwa cg apfa)

Impongano ni iki??

ni ikintu gihabwa umuntu kugirango bimutere kukugira neza niba wari wanamukosereje bitume atakwitura ahubwo agukorere ibitandukanye nibyo wari ukwiriye....none ngo imana yamushyizeho kuba impongano yibyaha byacu....
abo nkunda kambabwire....ibi ntaho byigeze biba ku isi yabazima aho umuntu aba agufitiye ideni warangiza ugafata mubyawe ukiyishyura ntacye ukozeho warangiza ukavuga ko unyuzwe...
Ibi nibyo Imna yadukoreye...yafashe yesu iravuga ngo twe tumwizere biraza kuba abaye impongoano yacu..wibuke ko ufite umwenda cg ushaka kugirirwa neza bidahwanye nibyo yari akwiriye niwe ufata impongano akayijyanira uwo akeneye ho impuhwe ariko Imana yarabihinduye yiha impongano iratubwira ngo twizere ko iyo mpongano ari twe twayiyihaye....
Halllelujah

Ubu imana iturebera mumaraso ya yesu duhora mu maso yayo twera nta mugayo uturiho nti tugawa iradukunda nkuko ikunda yesu....
Ubundi ntiwa tanga ikintu cy’agaciro ngo ufate igiciriritse niyo undi muntu yabibona gutyo mpampya ko wowe ataba ari uko bimeze utanga ikintu cg inyishyu ingana neza nicyo uguze cg ushaka ...ntago wakwemera guhendwa
N’Imana yari Izi uburyo twe turi ab’agacito bituma itanga umwana wayo
Niba ushaka kumenya uburyo uri uwagaciro mu maso yimana banza umenye uko yesu ari uwagaciro mumaso yayo...nibwo uri bumenye ukuntu uri uwagaciro
Ibi reka bitume ucecekesha amajwi yose numuntu uwariwe wewese wagerageza kukugira udakwiriye  kandi wizera yesu kuko nubyemera bingana neza nko kuvuga ko yesu adakwiriye kuko wowe nawe ubu muri abagaciro kangana mumaso ya Data....nawe wikwiyita udakwirire iryo ni ikosa rikomeye...

Wenda wajyaga ubikoreshwa no kutamenya ariko ubu urabimenye hindura wiyite ukwiriye
Kuko ni ko imana yakugize..njye nemera ibyo imana imvugaho kuruta ibindi undi yamvugaho cg nakwivugaho ubwanjye
Ntimutekereze ko Imana itwita abera kuko yirengagiza ibyaha byacuuuu....oya
Ntago ibyirengagiza....ahubwo ntabyo ibona ntanibyo yibuka...kuko niyo yabivuze.....iki cyirakomeye cyane.Ariko mbere yuko wicanga bikaza kurangira ucanganyikiwe...
Ugomba kumenya icyo amaraso ya yesu avuze kuri wowe kandi ntibishoboka ko wamenya icyo avuze kuri wowe mugihe utazi icyo avuze ku mana muyandi magambo...niwumva icyo avuze imbere y'imana ukuyaha agaciro Imana iyaha nibwo nawe ushobora kumva ukuri kose kujyanye nicyo yagukoreye

Kambisubiremo mbere yo kubisobanura ho gato....ubu kuwizera ntago Imana ishobora kubona ibyo we yita ko ari ibibi yakoze...(Uretse ko nzana basobanurira umusaraba wa yesu nibwo iyi ngingo muzarushaho kuyumva neza cyane....)
Kandi ntibituma dukora ibyaha ahubwo bituma ubireka....ndi umugabo wo kubihamya kandi nibenshi babihamya ko kumenya ko imana itabacira urubanza rw’ibyaha cg ibibi bakoze byabateye kurekera aho gukora ibibi. iri ni naryo banga iyo urihishuriwe ushobira noneho kurekera gukora ibyaha
Kabasobanurire impamvu imana itabona ibyaha byabizera
Uyu ninawo mumaro wambere w’amaraso...
Ø  Icyambere ni uko amaraso ari ay'imana ndavuga ko ariyo yayishyiriyeho kugirango biyishobokere gukora ibyo yashakaga gukora......

Mu isezerano rya kera iyo usomye mubarewi 16 usanga muri calender yabisiraheli bari bafitemo umunsi umwe mu mwaka witwaga uwihongerero
Bose barazaga bagahagarara imbere yihema ryibonaniro ariko hanze..noneho umutambyi agafata ihene imwe akayivugiraho ibyaha byabisiraheri byose ikoherwa indi ikaba iyo gutambwa
Imana yari yarabwiye abisiraheri ko bagomba kureka umutambyi (yari mu ishusho ya yesu) mukuru akaba ariwe uzana amaraso mu rwabya akaya minjagira karindwi ahera cyane kuntebe
y’ hongerero....Imana niyo yababwiye ko ishaka ko bayizanira amaraso aho yabaga yicaye kuri Iyo ntebe y’ihongerero...igihe Imana yishimiraga ayo maraso babonaga kuba bakungukira gukira kukw’ Imana yashimye ayo maraso....ibi bitwereka ko primarily blood is for the lord ...twe tubona uko dushobora guhagarara imbere yayo ari ntarubanza kandi dukwiriye...ntibyari gushoboka ko umutambyi mukuru yinjiramo adafite amaraso...amaraso niyo yari itike ye imwinjiza ahera cyane aho imana yabaga...kandi ni imana ubwayo yari yara bibategetse kugirango badapfa
Ndi kubabwira mbere yuko amaraso tuyungukiraho abanza kuba ari ay'Imana usomye nko mu kuva 12:13 urasanga imana yarasabye abisiraheli gushyira amaraso kunzugi zabo hari kuri pasika yabo yambere bakiri muri egiputa Imana yababwiye ko aho malaika urimbura  ari busange amaraso azajya anyuraho bo bakire..

Ibaze imana iyo irebye amaraso ntirimbura ahubwo irababarira ikanyuraho...
Mbere nambere amaraso ni ay’Imana yishyiriyeho ngo niyabona yikomereze maze abari munzu bo bunguke gukira atari uko harikindi bakoze....
Kandi ibi byarebaga abisiraheli bose...mose yari yabwiwe ko utari bubikore ntatandukaniro rye numunyegiputa
Amaraso ni Imana iyareba abantu bakabona kuyakiriraho...dore ngako agaciro imana iyaha
Ø  Icyakabiri: amaraso atuma imana inyurwa...muriyo (niho ubugingo buri bwa buri kintu) rero inyurwa nayo cyane

Ni ukwera kw’Imana no gukiranuka kwayo. bisaba ko ubugingo butariho icyaha aribwo butangirwa umuntu kugirango akire
Hari ubuzima mu maraso kandi bugomba kumenwa kugirango haboneke gukira
Kand ni Imana yo ubwayo isaba ko amaraso amenwa kugirango uwari umunyabyaha abe yagira icyo yavugana nayo (ariko iyo amaraso atanzwe uwo muntu aba atakiri umunyabyaha)
Bakundwa ubundi aha uhasanga ibibazo byinshi,
Mwibuke ko umuntu igihe yakoze icyaha yaranduye wese no mubitekerezo bye birandura rero bimworohera kwimenyaho ibibi kurusha ibyiza kandi atari uko abishaka ahubwo kuko ari uko ateye...rero niyo arebye cg yumvishije ijambo amaraso ayarebera mubwenge bwe biturutse mubitekerezo bye bigatuma atayaha agaciro kayo akumva ko hari ibyo yababariye nibyo atababariye...ni ukuri ibi ni ukwishuka cyane dukwiriye kwemera uko Imana iha amaraso value...ntituyahe value bivuye mubitekerezo byacu ahubwo bive mubitekerezo byayo

Amaraso mbere nambere ni ay’Imana hanyuma ugakurikiraho
Kuko ni tuyaha agaciro bivuye mubyiyumviro byacu tuzahusha the whole truth of blood hanyuma tugibweho ningaruka zo kuyamenya, Ariko nitwemera value y’Imana natwe tuzabona value yacu
Nitutayemera tuzigumira mu mwijima
Ibi biroroshye cyane kuko bisaba ko twizera ijambo ry'imana, gusa twemere ko amaraso ari ayigiciro gikomeye ku mana

1 Petero 1:18 - Kuko muzi yuko ibyo mwacungujwe ngo muve mu ngeso zanyu zitagira umumaro mwatojwe na ba sekuruza banyu, atari ibyangirika nk'ifeza cyangwa izahabu,
1 Petero 1:19 - ahubwo mwacungujwe amaraso y'igiciro cyinshi, nk'ay'umwana w'intama utagira inenge cyangwa ibara, ari yo ya Kristo
Niba imana ishobora kwemera amaraso nkinyishyu yibyaha byacu kandi ikayemera nk’incungu yacu yaducunguye.....natwe noneho dukwiriye kubaho tuzi neza ko inyishyu yatanzwe ...niba Imana inyuzwe nayo maraso ubwo rero ayo maraso agomba kuba yemewe

Uko dukwiriye kuyaha value bikwiriye kuba gusa bishingiye kuburyo Imana nayo iyaha agaciro..bitarenzeho cg bitari munsi yuho imana ibishyira cg ibiha
Katwibuke ko yeraga kandi yarakiranutse peeee!!! Ibi biha imana uburenganzira bwose bwo kuvuga ko amaraso ye yemewe mu maso yayo kandi ko inyuzwe nayo....hallulujah
Ntahandi mubyanditswe Imana yigeze inyurwa namaraso niyo mpamvu ibitambo byakomeje gutangwa ariko ntinyurwe bivuze ko ari ntakindi Imana ikeneye kijyanye no gutuma Ibabarira ibyaha, kuko yanyuzwe bivuze ko yabibabariye byose...niyo yabyikoreye nkuko umuhanuzi ezekiel naberetse ko yabivugaga
Niba aya maraso yaranyuze imana natwe agomba kutunyura....nimunyurwe nayo abo nkunda mwe....
Inyungu rero yacu ni uko atweza sin conscience akaduha righteous conscience......ariko ibi biza nyuma yuko imana yanyuzwe kubw’amaraso
Usomye mubaheburayo
Abaheburayo 10:22 - twegere dufite imitima y'ukuri twizera rwose tudashidikanya, imitima yacu iminjiriweho gukurwamo kwimenyaho ibibi, n'imibiri yacu yuhagijwe amazi meza.
Ntago aha umwanditsi ari kuvuga ngo amaraso yejeje imitima...abenshi aha baha amaraso umurimo utari uwayo cyane cyane iyo basenga bakavuga ngo data imitima yacu uyejeshe amaraso yawe....ibi ni ukubeshya ukwiriye  kumenya ijambo ry'imana neza mukuri...
Yeremiya 17:9 - Umutima w'umuntu urusha ibintu byose gushukana, kandi ufite indwara ntiwizera gukira. Ni nde ushobora kuwumenya uko uri?
Aha Imana ikeneye gukora ikiruta cyane kuweza kuko ubona ko ufite uburwayi ndetse ko utizera no gukira
Ezekiyeli 36:26 - Nzabaha n'umutima mushya, mbashyiremo umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye nk'ibuye, mbashyiremo umutima woroshye.
Aha icyo Imana yakoze ni ukuwukuramo ikaduha umunya...rero ntago umwanditsi ari kuvuga umutima...ahubwo nusoma neza urasanga arikuzana mo Ijambo ngo kwimenyaho ibibi....ibi bitwereka ko umutima ari kuvuga hano ni soul aho uba ushaka kwegera imana ariko kuko wiyiziho ibibi bigatuma utinya kwegera imana.....
Ari kutubwira ko amaraso ya yesu yadukuyemo iyo mirebere yaho wireba ukabona ko wakoze nabi....
Mbese iyo utangiye kureba amaraso nkuko imana iyareba ntiwimenyaho ikibi...ariko ikizakwereka ko utari kuyareba uko Imana iyareba uzajya uhora wibonaho ibibi....bikubuze kumva wahagarara imbere y'imana ari ntakibi kiri mumutima wawe...kandi mubyukuri amaraso ni ay’Imana njye ndanayishimira ko ari ayiteka
Abaheburayo 10:10 - Uko gushaka kw'Imana ni ko kwatumye twezwa, tubiheshejwe n'uko umubiri wa Yesu watambwe rimwe gusa ngo bibe bihagije iteka.
Abaheburayo 10:11 - Kandi umutambyi wese ahagarara iminsi yose akora umurimo we, atamba kenshi ibitambo bidahinduka bitabasha iteka kugira ubwo bikuraho ibyaha.
Kuko yatambwe ngo bibe bihagije iteka ryose ninayo mpamvu we yiyicariye kandi abatambyi bo bahoraga bahagaze...
Abaheburayo 10:14 - Kuko abezwa yabatunganishije rwose igitambo kimwe kugeza iteka ryose.
Abaheburayo 10:15 - Kandi n'Umwuka Wera ni we mugabo wo kuduhamiriza ibyo, amaze kuvuga ati

Ibaze nawe Iyi arrangement.....batubwiye ngo ni ugushaka kwimana kwatumye twezwa......Hallulujah
aratubwira ngo umubiri wa yesu utambwa rimwe....yesu yaje gusohoza gushaka kwimana maze ngo bamaze kubikora hari n'umugabo wo kubihamya ari we mwuka wera....hahaha...kuki ari umwuka wera ni uko yari ahari igihe Imana yavuze ko izabababarira gukiranirwa kwanyu nicyaha cyanyu ntizacyibuke ukundi..
Kandi yari anahari igihe byadohozwaga na yesu none niwe mugabo wo kubihamya ko byasohojwe...halllllleeeellllujjjjah...

Kansozereze aha....ibi nibyo amaraso ya yesu yakoze ...ubu turi imbere yayo tutariho umugayo....amaraso yatuzaniye kubabarirwa byiteka...yaducunguye byiteka, yanyuze imana, imana yabonye uburuhukiro mu maraso ya yesu......!!!!!

ubutumwa bwatanzwe na Byiringiro Steven.