Monday 8 September 2014

IBYINGIRO MU GUHAZWA N'IMANA UKO BUKEYE...!

Intangiriro

Iyo twizeye Yesu Kristo nk'Umukiza wacu, duhinduka abana b’Imana, babyawe kandi bakemerwa mu muryango w'Imana. Bityo, duhinduka abagomba kwitabwaho n'Imana nka Data wa twese wo mu ijuru udukunda.
Yohana 1:12-13 "Icyakora abamwemeye bose, bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo kuba abana b'Imana. 13 Abo ntibabyawe n'amaraso, cyangwa n'ubushake bw'umubiri, cyangwa n'ubushake bw'umugabo; ahubwo babyawe n'Imana."
Abaroma 8:15-16 "Kuko mutahawe Umwuka w'ububata ubasubiza mu bwoba; ahubwo mwahawe Umwuka ubahindura abana b'Imana, udutakisha tuti: Aba, Data! 16 Umwuka w'Imana ubwe ahamanya n'Umwuka wacu, yuko turi abana b'Imana:
Abagalatiya 3:26 "Mwese muri abana b'Imana, mubiheshejwe no kwizera Kristo Yesu:"
Matayo 7:7-11 "Musabe, muzahabwa: mushake, muzabona: mukomange ku rugi muzakingurirwa. 8 Kuko umuntu wese usaba ahabwa; ushatse abona; n'ukomanga akingurirwa. 9 Mbese muri mwe hari umuntu umwana we yasaba umutsima, akamuha ibuye? 10 cyangwa yamusaba ifi, akamuha inzoka? 11 Ko muri babi, kandi mukaba muzi guha abana banyu ibyiza, none So wo mu ijuru ntazarushaho guha ibyiza ababimusabye?"
Nkuko Imana itunganye, no kutwitaho kwe ni ko gutunganye kandi kwuzuye. Ibikurikira byerekana uburyo bw'ingenzi bw'uko Imana yita ubwayo ku bizera Kristo nk'abana bakundwa bayo. Aya ni amahame y'ingenzi by'umwihariko ku bizera bashya.

Isezerano ry'uko Imana itwitaho

Nk'abana b'Imana, abizera bose bahinduka abitabwaho by'umwihariko n'Imana izi byose, yo, nka Data wo mu ijuru wita mu buryo buturenze kwumva, kuri buri mwana wayo. Isezerano ryo muri 1 Petero 5:7 rituruka mu guhugura kwo mu murongo wa 6 kandi rishobora kwumvikana no gukoreshwa mu bivugwa aha. 
1 Petero 5:6-7 "Nuko mwicishe bugufi muri munsi y'ukuboko gukomeye kw'Imana, kugira ngo ibashyire hejuru mu gihe gikwiriye. 7 Muyikoreze amaganya yanyu yose kuko yita kuri mwe."

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed