Tuesday 30 September 2014

AMABANGA Y'UBUYOBOZI: ABAGABO BO KWIGIRWAHO, NIBA WIFUZA KUBA UMUYOBOZI MWIZA! IGICE CYA 1





NOWA: UMUYOBOZI UKORA WIYEMEZA GUKORA NEZA NAHO ABANTU BOSE BAMUVAHO

Itangiriro 6, Imana imaze kurambirwa n’ibyaha by’abantu, byari bikabije muri icyo gihe, ihitamo kubahanagura kw’isi ikoreresheje umwuzure, ikongera gutangira bundi bushya. Nowa niwe wari umukiranutsi mu maso y’Imana muri icyo gihe, utarandujwe n’ububi bw’ibyaha by’icyo gihe. Izo nkuru nawe urazizi. Imana imubwira kubaka inkuge azakiriramo we n’umuryango we, hamwe n’ubwoko butandukanye bw’inyamanswa. Yubaka ubwato Imana iramubwira iti: Mbonye ko ari wowe ukiranuka Imbere yanjye muri iki gihe. Bisonura ko isi yose abantu bakoraga ibyo gukiranirwa uretse Nowa, nubwo isi yose yakora ibyo gukiranirwa ntukwiye kureka gukora ikiza Imana ishima. Bidatewe n’amahirwe ahubwo bitewe nuko wiyemeje gukomeza kubahisha Imana.

ABURAHAMU:  UMUYOBOZI UCA INZIRA ABANDI BATACIYE,IBY’ABANDI BATINYA GUKORA BITEWE NUKO BIKOMEYE.

Imana  yegereye aburahamu, Itangiriro:12 Iramubwira iti: Va mugihugu cyanyu, no muri bene wanyu, usige inzu ya so, ujye mugihugu nzakwereka. Muyandi magambo Aburahamu yabwiwe kuva ahantu yari amenyereye, kandi yisangaga muri byose, abwirwa kujya ahantu hashya atazi uko hazaba hamumereye. Nk’umuyobozi w’ikigo cy’ubucuruzi nibwira ko ari inyigisho nziza kuri wowe: aho uhitamo gufata ingaruka uteri witeguye igihe ushaka gukora ikintu gishya( managing risk and uncertainty) umuyobozi muzima kandi ukomeye rero  afata umuhanda Atari uko azi abawunyuzemo mbere. Uko biri kose aba yizera ko hari igihugu cy’isezerano kimutegereje imbere.

YOSEFU: UMUYOBOZI USHIKAMA MU MAKUBA ATANDUKANYE.

Inkuru za yosefu mwese murazizi mugitabo cy’Itangiriro 37, n’inkuru ikomeye. Uyu musore cyangwa umugabo yahuye n’ibihe bikomeye bamwe tutarageramo. Yaragurishijwe ngo abe umucakara kubera ishyari ry’abo bavukana. Ise yabwiwe ko yosefu yishwe n’inyamaswa y’inkazi. Uyu musore yaje kubeshyerwa ikinyoma Gikomeye na nyirabuja kuko yanze gukora icyaha cy’ubusambanyi na nyirabuja, byaje kumuviramo kujya muburoko, aho yamaze imyaka myinshi. Muri gereza asobanura inzozi z’uwo bari bafunganye maze asohoka agirango azamwibuka ariko uwo we ntiyamwibuka. Hanyuma  yosefu yaje kuba umuyobozi ukomeye muri egiputa, yabaye uwa kabiri wungirije Farawo ubwe. Igihe inzara yateraga niwe waje gukiza umuryango we kuticwa n’Inzara. Abwira abavandimwe be igihe yari ababonye  nubwo bamugiriye nabi ati: Imana niyo yabikoze ngo ahari iki gihe nzabakize inzara. Umuyobozi mwiza agumana Inzozi ze naho yaca mubikomeye.

MOSE: UMUYOBOZI UHAGARARA KUBW’ABANDI, ABO AYOBOYE.

Ibyo ni ukuri: Imana yagombaga kwemeza mose cyane kugirango yemere kugira akora Kuva 3. Bwa mbere mose yatanze impamvu nyinshi avuga ati sijye ukwiye gutumwa, cyangwa kugira icyo nkora.  Ariko nyuma aza kwemera icyo Imana yamuhamagariraga gukora. Mose ajya kwa Farawo aramubwira ati ‘’Rekura ubwoko bwanjye’’  mose nabaturage bakomotse hamwe bari barabaye abacakara muri Egiputa. Mose rero niwe wabaye kurutonde rwabagombaga guhagararira ubwoko bwe ngo buve muburetwa. Rero ukwiye kudahunga ishinganoahubwo ukamenya ko ugomba guhagararira abantu benshi. Imigani 17:17 mose rero yateye intabwe ahagararira ubwoko bwe.

YOSUWA: UMUYOBOZI UYOBOZA URUGERO RWIZA, ATARI AMATEGEKO GUSA.


Mugitabo cya Yosuwa 24, amaze kugeza ubwoko bwe mugihugu gishya, Yosuwa yahaye abisiraheri amahitamo nakwita ko ari A cyangwa B. A) gukorera Imana bari basanzwe bakorera, yabakuye muri egiputa ikabanjyana mugihugu yabasezeranije! Cyangwa B) gukorera Ibigirwamana basanze bizengurutse ubwo butaka. Ariko we agira ati: ariko jyewe n’inzu yajye  tuzakorera Uwiteka’ maze abandi nabo bati nukuri tukurahiriye ko tuzakorera Uwiteka. Kuko bizeraga Yosuwa nk’Umuyobozi mwiza, bahitamo gukurikiza urugero abahaye. Ntago byasabaga ko abakubita ibiboko cyangwa abatwaza igitugu ahubwo yabahaye urugero rwiza rubatera imbaraga zo gukora neza. Nawe aho uri ukwiye kuba nka yosuwa.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed