Thursday 4 September 2014

Kugira Umutima Nk’uwa Kristo: Ubugingo Bwuzuye Ijambo Ry’imana part1

Intangiriro

Bibiliya ni igitabo umukristo avomamo imigisha. Ni igitabo gikubiyemo ibigenga ubugingo bwe, umucyo umurikira inzira ze, n’umugereka wo kwizera no kubishyira mu bikorwa. Bibiliya ni Ijambo ry’Imana - uguhishurwa kwayo kw’umwihariko umuntu agomba kwiyezesha no kuyoboka inzira z’Imana. Nko guhishurwa kw’Imana ku muntu, Bibiliya yigisha umuntu ibintu adashobora kwiga ku bugingo n’urupfu atari mu guhishurwa kw’Imana kwihariye nk’uko Pawulo abivuga mu 1 Abakorinto 2:9-10.
1 Abakorinto 2:9-10 ‘Ariko, nk’uko byanditswe ngo: Iby’ijisho ritigeze kureba, n’iby’ugutwi kutigeze kumva, ibitigeze kwinjira mu mutima w’umuntu, ibyo byos’Imana yabyiteguriy’abayikunda 10 Arikw’Imana yabiduhishurishij’Umwuka wayo: kuk’Umwuka arondora byose, ndetse n’amayoberane y’Imana.’
Zaburi 119:9-11 ‘Umusore azez’inzira y’ate? Azayezesha kuyitondera nkukw’ ijambo ryawe ritegeka. Nagushakishij’ umutima wose; ntukunde ko nyoba ngo ndek’ibyo wategetse.’
Uku guhishurwa kurimo ibintu nk’ukuri kwerekey’ Imana mu butatu ( uko iteye, imico, imigambi, na gahunda); ibintu byerekeye umuntu (inkomoko ye, imico ye, kugwa kwa Adamu, icyaha, n’ibyo akeneye) ibyerekey’isi n’aho yaturutse h’ukuri nk’icyaremwe n’Umuremyi no gucungurwa kwayo; ibyerekeye Satani n’imbaraga z’ikibi mu isi; ibyerekeye umugambi w’Imana w’agakiza k’umuntu kubwo kwizera Umwana wayo Yesu Kristo n’umurimo We, (gukizwa igihano cy’icyaha, imbaraga zacyo, ndetse umunsi umwe gukizwa icyaha ubwacyo); Umwuka Wera n’umurimo We; no ku byerekeye ibintu by’igihe kizaza. Kubera ko umuntu agira aho adashobora kurenga, guhuma gusanzwe kwe ku by’Umwuka, na kamere ye y’icyaha, Bibiliya ni (nkuko nyakwigendera Dogiteri Lewis Sperry Chafer yanditse) igitabo umuntu adashobora kwandika, yabishaka cyangwa atashaka, nubwo yaba afite bushobozi.
Kubera ibyo ikora n’icyo iri cyo, Bibiliya ni cyo gitabo cy’ingenzi kurusha ibindi mu bugingo bw’umukristo. Reba iyi mirongo ikurikira yatoranijwe:
Matayo 5:18-19 ‘Kandi ndababwira ukuri yuko ijuru n’isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza aho byose bizarangirira. 19 Nuko uzica rimwe ryo muri ayo mategeko, naho ryaba ryoroshye hanyuma y’ayandi, akigisha abandi kugira batyo, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose: ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru.’
2 Timoteyo 3:16-17 ‘Ibyanditswe Byera byose byahumetswe n’Imana, kandi bigir’umumaro wo kwigish’umuntu, no kumwemez’ibyaha bye, no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka: 17 kugira ng’ umuntu w’ Imana ab’ ashyitse, afit’ ibimukwiriye byose, ngw’ akor’ imirimo mwiza yose.’
2 Petero 1:18-21 ‘Iryo jwi twaryumvise rivugira mw’ ijuru, ubwo twari kumwe na we kuri wa musozi wera. Nyamara rero dufit’Ijambo ryahanuwe, rirushaho gukomera, kandi muzaba mukoze neza, ni muryitaho, kuko rimeze nk’ itabaza rimurikir’ ahacuz’ umwijima, rigakesh’ ijoro, rikagez’ ahw’ inyenyeri yo muruturuturu izabandurira mu mitima yanyu.’
Abakristo ntibagomba kumenya Bibiliya byonyine, bagomba no kumenya ibyerekeye Bibiliya yabo. Ni iby’ingenzi kumenya neza agaciro kayo kugira ngo barusheho gushaka kuyikoresha uko bikwiriye ku by’uko iteye, umugambi wayo, n’inkomoko zayo. Kubera ko gusobanukirwa by’Umwuka, kwizera, kubishyira mu bikorwa, no kwubaha Imana bishingiye kuri Bibiliya, inyigisho ya Bibiliya (Bibliologie) ni imwe mu nyigisho z’ingenzi z’Ibyanditswe umuntu akwiriye kumenya.
Dawidi yaranditse ati, ‘Ndasenga nerekeye urusengero rwawe rwera, nshimira izina ryawe, imbabazi zawe n’umurava wawe: Kuko washyirishije hejuru Ijambo ryawe kurisohoza, ngo rirute ibyo izina ryawe ryose ryatwiringiza’ (Zaburi 138:2). (Gushimangira ni ukwanjye).
Bibiliya yitwa NASB ivuga igice cya kabiri cy’uwo murongo itya iti, ‘kuko washyize hejuru Ijambo ryawe ku bw’ izina ryawe ryose’. Bibiliya yitwa NIV yo ibivuga itya iti, ‘Kuko washyize izina ryawe n’Ijambo ryawe hejuru y’ibintu byose’.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed