Saturday 6 December 2014

NIBA IMANA IMUFITEHO UMUGAMBI UTANDUKANYE N'UWO IGUFITEHO UPFA IKI? YESU ATI: "NKURIKIRA"....! M.Gaudin

Yohana 21:21

Petero abonye uwo abaza Yesu ati: Mwami uyu se azamera ate?" Yesu aramusubiza ati:" Niba nshaka ko agumaho kugeza aho nzazira,upfa iki? Nkurikira."

Kuki abantu benshi aho gukurikira Yesu, bahangayikishwa no kumenya uko abandi babayeho? ese biterwa n'urukundo cyangwa biterwa n'ishyari? Yesu ati: "NKURIKIRA UPFA IKI? "

Yesu amaze kubaza petero inshuro eshatu ko amukunda, petero amaze kuvuga ati mwami ni wowe ubizi, nuko yesu aramubwira ati: igihe kizagera ujye ukenyezwa n'abandi kandi ujyanwe aho udashaka . ibyo ngo Yesu yabivuze kugirango yerekane urupfu petero azubahisha Imana.

Nyuma yuko petero abwiwe ibye, yagize amatsiko yo kumenya n'Ibyabandi, abaza Yesu ati: Uyiu se we bizamera bite? Uyu munsi nawe wasanga ubaza Imana uti uriya se we bizagenda bite? wasanga wibaza uti uriya se we azamera ate? Ndashaka ku kubwira ko umugambi Imana igufiteho utandukanye n'Uwo ifite kuri mugenze wawe, kubabyeyi bawe, kunshuti n'abandi. 

Akenshi abantu bashaka kumenya uko bagenzi babo bazamera, uko babayeho bamwe babikora babitewe no gushaka kwigereranya, ngo ahari ugire uti yewe ibyanjye biroroshye, ariko Yaba amahirwe cyangwa ibigeragezo buri muntu afite ibyo Imana yamugeneye. kandi ngo ntamuntu Imana ishobora guha ikigeragezo kirengeje kwizera Kwe.

Abantu benshi bagwa mu mitego yo kwifuza ubuzima bw'abandi, noho batita no kucyo Imana ibahamagarira gukora! uyu munsi hari abapasitori b'abakire bapfobya abakene ngo nta mupasitori w'umukene, ugasanga baranenga abapasitori, cyangwa abakozi b'Imana imana itahaye ubutunzi, n'amashuri n'ibindi, uyu munsi niba Imana yaraguhaye ubukire ntiwibwire ko abadakize badafite umuhamagaro, niba Imana yaraguhaye kwiga ntusuzugure abatarize kuko Imana ikoresha bose n'Imwe, 

Uyu munsi hariho yewe n'abakozi b'Imana bamwe birirwa basebya abandi kuko ngo bakize, ugasanga nawe igipimo cy'agakiza wagihinduye ubukene, wareba abakozi b'Imana , Imana yahamagaye ikabaha ubutunzi ugasanga uhora ubahimbira ibinyoma, ushaka kugaragaza ko ari wowe wemewe. ibyo bituruka mukutamenya ko Imana ihamagara uko ishatse. ndetse igaha umuntu ibintu bikwiranye nuko ahamagawe.

Uyu munsi sinzi urwego uriho mugukorera Imana kwawe, ariko ahari ushobora nawe kuba ufite agatima ko kwigereranya, ushaka kumenya iby'abandi kuruta guhamagara Yesu ukubwira ati nkurikira. Mbere yo kubaza uko mugenzi wawe azamera Yesu agusaba kumukurikira. niyo waba umugiriye impuwe ndahamya ko utazirusha uwamuremye, kandi waba unamugiriye ishyari nabwo Imana niyo izaguhana.

Uyu munsi ukwiye kunyurwa n'uko uri kuko ntuzigera uhamagarwa nk'uko runaka ahamagawe, ahubwo uzahamagarwa nkuko Imana ihamagara ishaka ko ukora. bitwe n'Imamvu zayo bwite Imana niyo ifite ubuzima bwacu muriyo. hari abo ishaka kugikiza bigutwaye iki? hari abo irinda indwara bigutwaye iki? hari abo ihaye ubutunzi bigutwaye iki? Imana ikura mububiko bwayo, niba hari abo ihaye icyubahiro upfa iki? niba hari abo ihaye igikundiro upfa iki? Bene Data dukwiye gukurikirira Yesu Impamvu aduhamagaye kuruta ibyo ahamagariye abandi.

Ahari warahamagawe, none ubona uri umukene, amakuba, n'Ibindi no kurenganywa ukibaza uti ese kuki hariho abandi ba pasitori babayeho neza ubu nge nzira iki? ariko ibyo si ibyo kwibaza kuko Imana ntizisobanura kubantu kubyo ikora ahubwo iziyerekana mubyo ibakoresha. ndakwinginze wongere utekereze!

Ahari wanjyaga ureba bamwe ukabasuzugura,kuko batize, badatunze, bakennye., bataz kwambara neza, bataberwa, batubashywe, mbese basuzuguwe mu maso yawe n'abandi, ibi ntibigutere kumva ko abameze nkawe aribo bahamagawe. Cyangwa se nawe wasanga wajyaga ubona abakozi b'Imana bagendera mundege zabo bwite, bafite amato, batunze nkuko salomo yari atunze maze ukabacira Imana mu mutima, ukabakekera ibibi byinshi, ko uwabahamagaye gutyo yibeshye.! ariko ndashaka kukwibutsa ko niba umwami agambiriye kugirira neza abo ubona, cyangwa gutuma bapfa cyangwa babaho nk'inyigisho kubandi, Si ibyawe kwigereranya, ahubwo ukwiye gukurikira Yesu Gusa.

Yesu aracyakubwira ati nkurikira, wikwita kuby'abandi ita kucyo nkubwiye, kuko naguhamagaye mw'Izina ryawe bwite. uyu munsi habaho gukeka ibibi, gucirana Imanza mu mu mitima, gusuzugura bamwe, no gutega abandi iminsi kubera ko usanga batita kucyo Yesu Aguhamagarira ahubwo ugashishikazwa no kumenya icyo yahamagariye abandi. Abaroma:14:4-12

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed