Tuesday 2 December 2014

IBYO BENE REKABU BASHOBOYE WOWE WABINANIZWA N'IKI KU BW'IMANA IBIGUSABA? M.Gaudin

Yeremiya 35:6

Ariko barahakana bati "ntituyinywa kuko Yonadabu mwene Rekabu sogokuruza wacu yadutegetse ati"Ntimuzanywe vino, arimwe cyangwa abana banyu iteka ryose.".....8 natwe twumviye itegeko rya Yonadabu mwene Rekabu sogokuruza wacu ry'Ibyo yadutegetse byose , kugira ngo tutanywa vino mu minsi yose, twese n'abahungu bacu n'abagore bacu n'abakobwa bacu.....

Uyu munsi wa none abantu benshi bagira abantu bafatiraho ikitegererezo, ndetse rwose usanga abantu bafite amahame y'Imiryango baturukamo aho usanga, badakora iki ni iki kubera ko mu muryango wabo atariko bigenda! ndahamya ko uyu munsi nawe ushobora kuba hari amahame wafashe ndetse abantu bajya bagerageza no kuyagukuraho ukabangira kubera ko wanga guhemukira umuryango ishuti n'ibindi.

Uyu munsi bisigaye byoroshye ko abantu bakurikiza amahame y'Idini kurusha amahame y'Imana, abantu bashobora kureka gukora ibi n'Ibi kubera idini ariko ugasaga kubera kubera Imana byaragoranye! none se dukwiye kwita kucyo abantu bavuga kuruta icyo Imana ivuga. sinzi uyu munsi abo wumvira, amahame ugenderaho aho wayakuye he?

Ijambo ry'Imana rirambwira riti, Yohana 14:23 Yesu ati umuntu na nkunda azitondera amategeko yanjye...uyu munsi ntiwaba uhagarara ku mategeko y'umuryango ngo maze wirengagize ibyo Imana ivuga hanyuma ngo uvuge ko wumvira Imana. Imana irashaka ko uyumvira kuruta ibyo byose.
Birashoboka ko waba nawe hari abo wabereye abizerwa ndetse ugafatwa nk'Inyangamugayo mubyo kubahiriza ibyo so yasize akuraze cyangwa sogokuru wawe, ahari wasanga yarakuraze na nabi ariko ukaba udashaka kurekura ngo wakire icyo Kristo agutegeka.

uyu munsi dufite urugero rw'abantu bakomeza amahame y'Imiryango, ay'amashyaka. ndetse n'Ibindi bitandukanye kandi bakayagenderaho ibihe byose, ariko Imana irifuzako abavuga izina ryayo nabo bahinduka bakamenya gukomeza indahiro bagiranye n'Imana.

Uyu munsi ukwiye kuzirikana ko Imana ishaka ko uhagarara mucyo yavuze ukareka kuva mw'Isezerano, niyo mpamvu yaduhaye urugero rw'abarekabu, uyu munsi niba papa wawe yarapfuye akakubuza gukora ikintu ukaba utagikora, uribwira ko ukwiye kumvira Imana bingana iki? ndakwinginze wongere kwitekerezaho ukorere Imana ubikuye ku mutima.

Benshi bazaguha inzoga, bazifuza ko usambana, wiba, wica n'ibindi bibi, ko ugira imirimo ya kamere ariko nawe ushobora guhamya ko Imana yakubujije kandi ugikomeje isezerano mwagiranye. sinzi icyo waretse ku bw'Imana. bene Rekabu hari ibyo baretse ku bwa Yonadabu mwene Rekabu, Baretse vino, bareka kubaka amazu n'ibindi wowe waretse iki ku bwa Kristo kuva aho umumenyeye?

Ndashaka ko wibaza uyu munsi uti ese niba abantu bashobora kunamba ku masezerano bagirana n'abantu kuki jye nta komeza isezerano nagiranye n'Imana. uyu munsi Yesu hari ikintu ahora akubuza, ndetse wareba neza wasanga atari ubwa mbere akikubujije, nyamara ukumvira abandi ariko we ntumwumvire. ndakwinginze wongere wibaze icyo wakwigomwa ku bwa Kristo. ahari wasanga ari ikigare kibi, inzoga, ubusambanyi, amagambo, urwango, amacakubiri n'ibindi, uyu munsi niwemera kumvira Yesu azaza aho uri mubane ndetse azazana na Data mugumane, mwuka wera azakubera umujyanama. Abefeso 4:30. mwuka wera ahora areba amasezerano wica, ariko ntukwiye kumuteza agahinda.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed