Friday 28 November 2014

GUKIRANUKA KWAWE KURUTA UKW'ABAFARISAYO? UYU MUNSI UHAGAZE UTE? M.Gaudin

Matayo 5:20

Kandi ndababwira ukuri yuko gukiranuka kwanyu nikutaruta ukw'abafarisayo, mutazinjira mu bwami bw'Imana.

Uyu munsi ndashaka kukwibutsa ikintu gikomeye Yesu yavuze, ati Sinaje gukuraho amategeko. uyu munsi ndifuza ko tuvugana, ibijyanye n'abafarisayo, Pawulo yagize ati kubijyane n'amategeko ndi inyanga mugayo. abafilipi 3:5

Nshuti y'Imana , ndakwifuriza guhagarara udatsinzwe n'Uburiganya bwa satani, hariho abantu benshi bibwira ko bari munzira yo gukiranuka, nyamara ugasanga baravuga bati ibyo  mukora ni ubufarisayo.

Abafarisayo kuby'amategeko bari :

Inyangamugayo.
Bageragezaga gukiranuka mu maso y'abantu
Mbese twavuga ko barindaga ubuhamya.

Uyu munsi ndashaka ngo wibaze ugukiranuka ko pawulo yari afite, mbere yuko yakira Yesu, yari abayeho yarakebwe, ndahamya ko nibura muby'amategeko yari inyangamugayo nkuko yahamije, kuko niho yagize ati mbaye nk'uwirata nabarusha. uyu munsi ushobora kuba nawe, wibaza uti ese kuki Yesu yavuze ko abafarisayo dukwiye kubarusha gukiranuka.

Abafarisayo nibo basaga nabitwa ko bakiranuka, buri gihe umuntu iyo ashaka ko ukora neza ntiyavuga ngo urushe abakora nabi, ahubwo ashaka abakora neza ariko bica ibindi akagutegeka gukora ibiruta ibyo. nibwira ko nyuma yo kubahiriza amategeko nkuko wa musore w'Umutunzi ngo Yesu yaramwitegereje maze amaze kumubaza ko yubahirije amategeko, umusore aramubwira ati narayubahirije. Uyu munsi ndashaka ko wibaza uti ese:

Naba ndusha abafarisayo gukiranuka kuburyo nimukira kugukiranuka kubaruseho? Uyu munsi ahari wowe uracyazwi nk'Umusambanyi, nk'Umusinzi n'ibindi bibi byose uracyabikora, Amatageko uracyayica, nonese urumva niba utabashije gukiranukira Imana hari n'amategeko aguhana uzabasha gukorera Imana igihe bakubwiye ngo ukwiye kuyikorera nta mategeko. sishaka kwigisha ko amategeko ariyo azatujyna mw'Ijuru, ahubwo ni igipimo cyiza kigaragaza abantu bakunda Imana. ariko nano ukwiye kwibaza uti: amategeko yagiriyeho bande?

1timoteyo 1:9

kandi tuzi ko amategeko atashyiriweho abakiranutsi, keretse abagome n'Ibigande, n'abatubaha Imana, n'abatari abera n'abatitita kuby'Imana, na bakubita ba se na ba nyina n'abicanyi. n'abasambanyi n'abagabo bendana, n'abanyaga abantu bakabagura, n'ababeshyi n'abarahira ibinyoma, n'Ibindi byose bidahura n'Inyigisho nzima. zihuje n'Ubutumwa bw'ubwiza bw'Imana ihimbazwa,ubwo nahawe.

Kubijyanye n'amategeko no kuyubahiriza, bamwe bagize bati kuva mu bwana twarabyubahirije: bivuze ngo ntiwatutse ababyeyi, ntitwishe, ntitwakoze n'Ibindi byinshi mwabonye haruguru. 

Gusa ibyo byose ntibihagije kuko uwiringira ibyo gusa Imana ntimubona nk'Umukiranutsi, kuberako amategeko ntiyabasha rwose kutweza, kuko naho tutakwica ntibivuga ko mu mitima yacu bitarimo, ijambo ry'Imana ribwira ko ibiri mu mutima aribyo bibi: Kwica, gusambana, n'Ibindi.

Yesu yashaka kubwira abantu ko bakwiye kurenza ibigaragara, bakagera no mumitima, ntibasambane bikava aho bakica no kwifuza kubi ko mu mumitima yabo, ntibice bakirinda n'Ishyari ryo mu mutima
Uyu munsi wowe wasanga n'Imbuto z'Icyaha zikigaragara kuri wowe, utagira n'Umwanya wo kugaragara neza n'Inyuma, ariko ukwiye kuruta abafarisayo. ugakiranuka Imbere n'Inyuma.

Kubwa Yesu tubasha guhinduka rwose, tukaba ibyaremwe bishya, ndakwifuriza kubaho mubuzima, burenze ubw'abafarisayo, kuko kubahiriza amategeko bitagira Yesu Imana ntiyashimye ko bizinjiza abantu mw'Ijuru ahubwo Yashimye Kristo. Ibya mbere niba bitaratwogeje neza, habonetse amaraso abasha kutweza rwose.

Abakarabye mu mariba y'amategeko ntibashize umwanda, ariko biyunyuguza amaraso ya Yesu bakera rwose, Yesu atuma tubaho ubuzima bw'ubahiriza amategeko tutabitewe nuko ariyo duhanze amaso ahubwo nk'Uburyo bwo kwerekana ko abamenye Imana babaho ubuzima bukomeza amategeko!

Ibaze nawe uvuka ko Kristo yagukijije hanyuma ukaba : ugisambana. ukiba, ugituka ababyeyi, ugikora ibyo byose biteye isoni, ndaguhamiriza ko utazaragwa ubwami bw'Imana . kuko ubuntu buduhesha gukizwa bwazanywe na Yesu butwigisha kureka ingeso mbi za kera tukabaho twumvira.

Ubuntu nyabwo ngubu:  TITO: 2:12 Butwigisha kureka kutubaha Imana n'Irari ry'Ibyisi, bukatwigisha kujya twirinda dukiranuka, twubaha Imana mugihe cya none.

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed