Tuesday 4 November 2014

YESU: SI ABAYUDA YAGIRIRAGA NEZA GUSA, AHUBWO UMUNTU WESE UKWIYE INEZA YARAYIMUGIRIRAGA! ESE KOKO UKWIYE INEZA MURI IKI GIHE? M.Gaudin



Luka:7:4

Na bo  basanze Yesu baramuhendahenda bati:"Ni umuntu ukwiriye kugirirwa atyo kuko akunda ubwoko bwacu, ndetse n'isinagogi yacu niwe wayitwubakiye"

Mu minsi yanone uhura n'umuntu ati nukuri unsengere, undi ati najye mfite ikifuzo....waba ugiye guterana undi ati: mutuzirikane kandi uko ni ko kuri kuko iyo wibutse abandi ni byiza cyane.

Hariho umutware w'abasirikare rero ntiyari ni umu isiraheli, ariko agakunda ubwoko bw'abisiraheli, muzi ko icyo gihe abaroma bari barakoroneje isiraheli, rero uwo mutware yari inshuti y'ubwoko bw'abayuda maze, aza guhura n'Ikibazo cy'uko yarwaje umugaragu we yakundaga cyane. Yaje kumenya ko Yesu akiza indwara, icyo yakoze ni uko we yumvaga ntaho yamuhera amubwira ibye, maze ngo amautumaho abakuru b'abayuda.

Uyu munsi ushobora nawe kuba wumva utakwegera Yesu, ahari ubona udakijijwe maze ukibwira ngo Yesu ntiyakugirira ineza! uko si ukuri ahubwo Yifuza ko wamenya ko no kuba ukiriho nabyo ari ubuntu. abantu benshi bagira umutima ubabwira uti ntabwo dukwiriye, ariko nubundi ntidukwiriye ahubwo ukwiriye ni Yesu umwana w'Imana.

Arakwiriye kutugirira neza, arakwiriye kutwitaho, ni Imana yacu, atari abamwizera gusa ahubwo n'abataramwizera yifuza ko bamenya ko abafitiye Imbabazi, uyu munsi wa none ushobora kuba wumva uri kure y'amasezerano ye, ariko ndakubwira ukuri yuko Yesu we ari hafi kandi yiteguye kuza iwawe akagukiza!

Yesu ntiyigeze abwira abamukurikiye ngo abatamukurikiye bose bicwe, Oya kuko umutima w'ubumana wari muri we, Imana niyo yagirira abantu imbabazi gusa , mu migani hatwereka ko mu byaremwe byose nta nakimwe kitaremwe nawe. Imigani 8:23-31 Yesu ntiyarobanuraga kubutoni kuko yari azi neza ko abo yaje gucungura ari abantu yaremye. Uyu munsi niyo mpamvu n'Ubu akiduhamagara.

Yesu araguhamagara ngo umwizere, kuko afitiye urukundo abo mw'isi yose, kandi imbaraga ze ntizikorana n'abamweye gusa, ahubwo afite ubushobozi bwo gukiza n'abataramwera kuko we n'Imana ya bose. Icyo ashaka nuko tumenya ko kugeza uyu munsi yifuza ko tumenya urukundo yakunze abari mw'Isi.

Uyu munsi abitwa abakiristo nibo bakwiye kuba bazi neza, ubuntu bwa Kristo, kuko hari benshi bagiriye neza abakristo bakwiye Ineza ya Yesu mugihe nk'iki. hari abagaburiye abavugabutumwa, hari abubatse isengero n'Ibindi.....Uyu munsi wanone Yesu arifuza ko tumenya ko urukundo rwe nta mipaka rufite, icyo yifuza nuko abantu bose bahindukira. Yesu aradukunda pe, ikigeretse kuri ibyo yaratwitangiye twese, ariko abantu twese dukwiye kumenya ko hari igitambo cyatanzwe ku bwacu maze tukava mu ngeso mbi.

Uyu munsi nawe waba ushaka abagusengera,cyangwa wahendahendera Yesu uwo wundi utarizera ngo Imana imugirire neza. Bene Data , ntituri muntambara zimwe abandi bita ntagatifu, kuko nta ntambaraga iba ntagatifu, ahubwo dukwiye kwereka abantu urukundo rwa Yesu, rutuma adukunda na nyuma yuko abo yaje gucungura bamwibambira, kuko nicyo cyari igitambo gikwiriye ibyaha by'abari mw'isi.

Uko biri kose Yesu ntiyigeze asaba ko uyu mugabo abanza kuba umuyuda, kuko twe mu bantu kugirira neza umuntu hari igihe umusaba ko muba musa, ariko Yesu yagaragaje ko Ubumana muri we, ari Umukozi w'Imana kandi Imana yari yaramutumye kuri Bose. hanze y'Ubwoko bw'abayuda Yesu yakoze Imirimo kuko yari yaratumwe kubo mw'Isi, nubwo yagombaga guhera muri isiraheli. ntiyarobanuraga ku butoni

Umurage yadusigiye, nuwo kugirira neza abantu bose, ariko cyane cyane abo munzu ya data!! ariko ntago yigeze agira ati abo mudahuje muzabatsembe kuko ari abanyabyaha n'abatansenga, ntakibazo afite cy'abatamusenga kuko Ijambo ry'Imana rivuga neza ko amavi yose azapfukama akatura ko ari umwami. dukunde bose nibishoboka tubabwirize ubutumwa bwiza bw'Uko Yesu yiteguye kubagirira neza mbere yuko banamwizera abagirira neza!

Inkuru nziza ya Yesu ikwiye kwamamazwa hose,

1timoteyo 2:1-7

ndabakunda mwese abakorera Kristo mutaryarya! Imana y'amahoro itweze andi idukomereze muri yo!Yesu aguhe umugisha!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed