Wednesday 5 November 2014

IGIHE CY'AMAHORO UMUNTU AFITE AKWIYE KWITEGURA INTAMBARA, TURI MW'ISI DUFASHE IGIHE MU NTAMBARA! M.Gaudin

1Abami 20:22

Hanyuma Umuhanuzi araza asanga umwami w'Abisirayeli, aramubwira ati :"Genda witegure umenye uko uzabigenza, kuko mu mwaka utaha umwami w'Isiriya azongera kugutera."

Buri gihe mw'Isi usanga harimo ibibazo bitandukanye, harimo ubukene, harimo indwara, harimo gupfusha, harimo kurengana n'ibindi byinshi bijya bigera kubantu mu bihe bitandukanye! mw'Isi ibyago bigera kubantu kimwe, ibigera kubandi usanga mw'Isi bigera no mu bakunzi b'Imana. usanga intambara mu mpande zose zitugose. ni yo atari twe twaziteza zizanwa n'abandi kuko Satani ntashobora gutuza igihe cyose.

Ijambo ry'Imana rimbwirako Yesu amaze igihe mu masengesho y'Iminsi mirongo ine, Umwanzi yaje ku mugerageza, usomye muri Luka 4:13 Buri gihe duhora tugeragezwa ndetse duhorana intambara, ariko igihe cyo gutuza dukwiye gushaka imbaraga zizadutunga mu gihe cyo kongera guterwa! sinzi ibyo umaze iminsi unyuramo ahari ushobora kuba ukibirimo cyangwa byararangiye!

hari inkuru imwe yamfashishe, shaka kugusangiza nawe kugirango nibishoboka izagufashe, igihe kimwe ngo umwami yahamagaje abahanga bose bo mu bwami bwe, maze arababaza ati ni iki nakora kugira ngo Niba mbabaye ntatindana umubabaro cyangwa niba nishimye nabwo ntibagirwa ababaye,,,abantu baragerageza, bamwe bati nubabara jya ushaka abacuranzi bagucurangire, niwishima jya ujya kureba aho abakene bari, ariko ibyo byose ntibyamufasha!

Haje kuza umusaza umwe, maze ati: nyagasani nkufitiye igisubizo, umpe umwanya nzakikuzanire, nuko uwo musaza aragenda acura Impeta nziza y'izahabu yakwambarwa n'Umwami. maze ayandikaho ati "BYOSE BIZASHIRA" maze bayizanira umwami muri iyo minsi akaba yari yanapfushije umwana,maze bayimuhaye ngo aboneho icyo kimenyetso atumaho bamuzanira icyo kunywa kuko yumvaga koko nibyo bizashira!

Nawe rero ibyo ucamo ukwiye kumenya ko bitazagumaho iteka ahubwo buri gihe ikintu uko kiza niko kiragingira,ariko ugahora witeguye ko ukiri mw'Isi uzahura n'Ibindi bishya cyangwa bisa nibyo wahuye nabyo ariko abakomera ku Mana nibo babasha guhagarara badatsinzwe n'uburiganya bwa Satani.

Umwami w'abisiraheli rero yaje kutsinda urugamba, atsinda Umwami w'abasiriya, ariko nyuma y'uko urugamba rurangiye, umuhanuzi aragaruka ati : Genda witegure intambara z'Ubutaha" Impamvu nyinshi zituma abantu babaho mubuzima busa no gutungurwa n'ibibazo, n'indwara n'ibindi nuko bumva babayeho mubuzima buzira intambara. ariko ukwiye kumenya icyo wakora aho kwirengagiza ko ibyo bizabaho.

Ukwiye nawe kumenya ko Hari igihe kigera umwero ukaba mwishi, ikindi gihe inzara igatera, Ibyo rero ukwiye kumenya aho wakwirukira mugihe ibihe biguhindukiyeho, sinkwifuriza ibyago ariko ukwiye kumenya ko Iyo unesheje intambara imwe uwo unesheje arongera akanya kw'isuganya! niyo mpamvu dukwiye guhora dusenga Imana ngo itwubake rwose kugira ngo abanzi ni badutera bazasange inkike zacu zubakitse neza.

Uyu mwanya rero ni uwawe wo kumenya icyo wakora nyuma yo guhura n'ikibazo runaka, sinimbwira ko hari ubundi buryo warwana keretse kumenya iki:

intambara turwana nti  tuyirwanisha  inyama n'amaraso (abefeso 6:10) n'ubwo biba bisa naho dukiranisha amaboko mu bigaragara ariko Satani atera imibiri ahiga ubugingo, uraburinde rero kuko iyo agukubise hasi nukuri aba agutsinze. Haragarara ubaze Imana uti ese mwami ninongera guterwa nzabigenza nte? ese ninongera kundwara nzabigenza nte? buri gihe iyo utiteguye kare usanga wirukira ahantu hatari ubutabazi. usanga abantu birukira mubiyobyabwenge, birukira mu bapfumu, birukira mu magambo n'amatiku n'ibindi...!!! ariko ukwiye Ku menya uti mwami ni wowe watsindiye ibya mbere n'Ubundi uzandengere mu bihe biri imbere.

Reka nsoreze kuri iyi ndilimbo igira iti: Mana nkuko wafashaga basogokuruza nanone uzaturengere mu myaka iri imbere ndetse kugeza Ku gupfa.

nsoza ngire nti dukwiye kwivomera ubuntu buzadutunga mugihe cyo kugotwa kwacu,
abaheburayo 4:16

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed