Thursday 6 November 2014

UBUTUMWA NKWIRIYE KU KUBWIRA NKIRI KURI IY'ISI: HUNGA UMUJINYA W''IMANA UHAGURUKIRIJWE ABATAYUMVIRA, ABAROMA 1:18. M.Gaudin

Yona: 1:1 

Ijambo ry'Uwiteka  ryaje kuri Yona mwene Amitayi riramubwira riti" Haguruka ujye i Nineve wa murwa minini, UWUBURIRE kuko ibyaha byabo birundanije bikagera Imbere yanjye."

Kuba usoma ibi si Impanuka, naho wowe byagutungura Imana ntibyayitunguye!

Abahamagariwe kuvuga ubutumwa, bahamagariwe kubwira abantu Ibyo Kwihana no Kubabarirwa ibyaha, uyu munsi ni akazi abantu bose badashima, kuko usanga gashobora kugushyira mu kaga rimwe narimwe bitewe nuko uba uvuga icyo Imana yavuze! ariko nibwira ntashidikanya mu mutima ko umurinzi akwiriye kuburira abantu kugirango Yikureho urubanza. ezekiyeli 33:1-6

Ikibazo : Amaraso y'abantu barimbuka bazira ibyaha ukwiye kuburira ninde uzayabazwa?

Ijambo ry'Imana rimbwira ko igihe umurinzi azumva inkota akavuza impanda umuntu ntiyumvire uwo muntu amaraso ye ni we ubwe uzabibazwa, ariko umurinzi naceceka ntaburire abantu iby'Inkota nukuri umurinzi azabazwa amaraso ya ba bantu ataburiye, nubwo bazaba bapfiriye mu byaha byabo.

uyu munsi abantu baranga kuvuga ku cyaha ngo badakomeretsa abantu, ariko wahitamo kwanga kumukomeretsa maze ukazabazwa amaraso Ye? uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko uko biri kose Imana yanga icyaha kandi abanyabyaha n'abatumvira Imana inkota izabarya. ndahamya ko Imana ubwayo ariyo izahana abantu bose batumvira Imana. 

Uyu munsi nawe waba usoma Iyi nkuru ariko ndashaka kukwibutsa ko nashyiriweho ku kubwira iki yuko nutihana ngo wiyunge n'Imana ubwami bw'Imana buzakuba kure. Ezekiyeli 33:12

Ibintu Uwiteka Yanga bigera kuri 7: ukwiye kwihana no kwihanira ababikora,

1.Amaso y'Ubwibone
2,Ururimi Rubeshya
3.Amaboko Avusha amaraso y'utariho urubanza
4.Umutima ugambirira Ikibi
5.Amaguru yihutira kugira urugomo
6.Umugabo windarikwa Uvuga ibinyoma
7.Umuntu Uteranya abavandimwe

Uko biri kose umaze kubona ko ibice bigize umuntu byose aribyo umuntu ahitamo guha Imana cyangwa akabiha Satani kugirango bibe ingingo zo gukora nabi cyangwa gukiranuka. aha rero ntihaba umwana cyangwa umukuru, ntihaba umugabo cyangwa umugore, ntihaba umuyobozi cyangwa umuyoborwa, nukuri icyo Imana ishaka ni Umuntu uhindutse akiyunga n'Imana ngo akoreshwe ibyo gukiranuka.

Ese yakora Iki?

Buri gihe amaso y'Ubwibone ntabona uwo kugirira neza abona uwo gutuka no gusebya, biratangaje kumva hari abantu bitwa ko basenga bagaseka bagenzi babo ngo ni abaturage, ntibabivuga nk'abashaka kugira icyo babafasha ahubwo nko kubanenga no kubanena! abameze batyo ntibazaragwa ubwami bw'Imana.

Ururimi rubeshya Umuntu yarukira ate? abefeso 4:29

Ijambo ryose riteye isoni ntirigaturuke mu kanwa kanyu, ahubwo uko mubonye uburyo muvuge iryiza ryise ryahesha abaryumvise umugisha, ahari ujya ubona umwanya, yaba mu nshuti, murusengero, murugo n'ahandi, yaba kuri facebook n'ahandi ariko igihe cyose utarahindura imivugire ngo uvuge ibyubaka abandi ahubwo ukimika ikinyoma nawe usobanukirwe ko abameze batyo batazaragwa ubwami bw'Imana

Amaboko avusha amaraso: muri iyi si hari abantu benshi bapfa kubera amaboko yamenyerejwe kuvusha amaraso, nubwo abantu bose ari abadakozweho cyangwa abatarwaye bapfa, Imana yanga umuntu wakwica mugenzi ntarubanza rumuriho, hari abantu bubikira abandi , buri gihe icyaha kimwe nicyo kizana ibindi....benshi bishora mu bwicanyi kubera gukora ubujura, ubusambanyi, n'Ibindi byishi bikabakururira mu cyaha cyo Kwica. urugero : Niba ukuyemo inda y'Umwana utazi ikibi n'ikiza cyangwa ukanaga uruhinja muri W.C wumva koko utihanye iryo juru uzarijyamo ute?

N'ibindi byinshi Ndahamyako nawe ukwiye kumenya ko Imana muguca Imanza zitabera rwose n'Imana izahana inkozi z'Ibibi, mw'Ijuru ngo abera bahora bagira abti mwami uzagezahe kudaca amateka, ngo uhorere amaraso yacu? Uyu munsi Imana yiteguye kukubabarira ariko Ufate akanya wiherere usenge Imana ikubabarire! kuko Ibiganza biriho amaraso ntibizakora muntoki z'Umwami...Ihane akubabarire Yesaya 1:16-20

Naho isi yavuga ko Kwica atari icyaha, gusambana bigahabwa Intebe, Ubutinganyi bugashyigikirwa n'amahanga, ubujura bukaba Inkomoko y'ubutunzi, abahehesi bagahabwa ubuzimagatozi, abasambanyi bagasora umusoro mw'Isi bakemerwa rwose, abagabo bendana bagahabwa ubwo burenganzira basaba ntibizakuraho igihano gikomeye Imana yateganyirije abanga Imana bose. 1abakorinto 6:7-10

Uyu munsi ahari nawe wari nkabo bose batizeye ubugingo ariko warababariwe, ubu uri mw'Itorero ry'Imana, ariko ukwiye guhagarara ukamenya ko Umukiranutsi w'Imana azabeshwaho no kwizera ariko nasubira inyuma Umutima w'Imana ntuzamwishimira.

Kubakijijwe n'Umwami n'amagambo yo guhamya twibuke ibi:
Twibuke ko natwe twari nkabo tutaruhagirwa n'Amaraso ya Yesu 1 abakorinto 6:11

Ubusinzi imana izabuhana yesaya 5:11
Ubusambanyi yakobo 4:4-7
Abahuguza abandi Yesaya 5:8-10

Nyuma y'Ibi ahari uribaza uti se Mwami Yesu nakora iki? ibyakozwe n'Intumwa  2:37-42

Ndabakunda!~ nimwihana tuzajyana mw'Ijuru, kandi Yesu azanezerwa. iherezo ry'Umuntu wumvise ubu butumwa sinzaribazwa , amaraso ye azamubarwaho.

ariko nzakomeza kubakunda no kubibutsa ibyo uko umwami akimpaye uburyo!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed