Wednesday 26 November 2014

INKOZI Y'IBIBI ISA ITE? ESE BIRASHOBOKA KO KO UMUNTU YITWA UMUKRISTO AKITWA N'INKOZI Y'IBIBI? M.Gaudin

Matayo 13:41

Umwana w'Umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n'inkozi z'ibibi babikure mu bwami bwe, babajugunye mu itanura ry'Umuriro. Niho bazarira bakahahekenyera amenyo.Icyo gihe abakiranutsi bazarabagirana nk'izuba mu bwami bwa se.Ufite amatwi niyumve.

Mubintu bibabaje kandi biteye agahinda, nukubona umuntu witwa ko ari murusengero cyangwa yiyita umukristo ariko ugasanga nanone azwi nk'Inkozi y'Ibibi, umuntu aba inkozi y'Ibibi ryari ?

uyu munsi hariho ibintu bibi, hari ibigenwa n'abantu bikitwa bibi, ariko ibintu byiswe bibi n'Imana nibyo usanga bigira n'Ingaruka mbicyane, kuko hariho ibintu bibi ariko byiswe bibi ku mpamvu zitandukanye. uyu munsi natanga urugero nk'Umuntu utwara imodoka mubihugu bivuga icyongereza, akomeje imyitwarire nkiyo yari asanganywe mubihugu bivuga igifaransa ndahamya ko biba ari amakosa.

ariko icyintu cyiswe icyaha n'Imana niho umuntu aba ari inkozi y'Ibibi, ariko umuntu wakoze icyaha buri gihe iyo yemeye guhinduka cyangwa akihana ntiyitwa inkozi y'Ibibi . Matayo 4:17. icyo gihe aba atangiye ubuzima bwiza bwo kubaho ashimwa n'Imana ndetse n'abantu, ibyo akora ntanakimwe gihanwa n'Amategeko.abagalatiya 5:22-23.

Uyu munsi niba uri murusengero hamwe n'abandi bavuga Imana ukiroga, ugisambana, ukigira urwango, ishyari n'ibindi bibi bisa bityo, ntiwihane wumva iherezo ryawe ari irihe? nibwira ko Imana itera imbuto nziza mu mitima hanyuma umwanzi nawe akaza agatera imbuto ye, uyu munsi wisuzumye ubona ugana mw'Ijuru, nibyo koko ushobora kuba usa nugana yo kuko icyerekezo abandi barimo nicyo urimo ariko niba itike yawe igaragaza ko ugana kurimbuka, naho wagera mw'Ijuru uzasubira aho wakatishirije. uyu munsi niba uri murusengero ukwiye kwihanira kureka, ndetse ukwiye kubana n'Imana cyane kuko iyo tujya ni mw'ijuru iwabo w'ibihumbi, ibuhumbagiza by'abanesheje, abanze gusambana nk'abayozefu, abihannye ubwicanyi nkaba pawulo, abicujije ibyo bakoze bose ndetse nabatakoze nabi na gato nk'aba enoki, ngo yagendanye n'Imana ibihe byose.

Abo bose ni abagabo bo guhamya gukiranuka. Uyu munsi ndashaka kukubwira inkozi y'Ibibi, uko bivugwa n'Imana, kuko naho dufite ibintu byinshi twanga ariko siko Imana ibivugaho, ibyo nshaka kukubwira ntibikuraho ko ukwiye gushakashaka ibyo umwami yashima abefeso: 5:10.

Uyu munsi hariho abantu Imana ivuga ko batazaragwa ubwami bw'Imana, umenye neza ko kuba murusengero bidakuraho ibyaha, ahubwo kwihanira kureka no kubabarirwa ni byo byonyine byagufasha! uyu munsi ndasha ko turebera hamwe ibi bintu  igihe cyose udahisemo kuririra Imana ngo igukureho uwo muvumo utazaragwa ubwami bw'Imana

NTIMUZI YUKO ABAKIRANIRWA BAZARAGWA UBWAMI BW'IMANA? 


1.Gusenga ibishushanyo: uyu munsi hari abasenga ibishushanyo bibajwe! ariko hari n'abasenga ibitabajwe, uyu munsi niba ushaka kureba ibyo kanda hano urebe abantu bikubita hasi baramya ibishushanyo kandi bakitwa ko bavuga izina ry'Imana.

2.Abasambanyi: uyu munsi niba uca inyuma umugore wawe cyangwa umugabo wawe, ugasambana, Imana ubwayo ihamya ko nta bwamibw'Imana uzabona.

3.Ibitingwa, abagabo bendana( Ibyo muri iyiminsi abantu bahaye izina Homosex), ibi nabyo bireze mw'Isi nubwo abantu bataviguha rumwe dukwiye kureba icyo Imana ibivugaho. n'Icyaha Imana yanga urunuka. niba wicaye murusengero rero ntaho batagucira urubanza umenyeko iherezo ryawe n'Umuriro ariko niwihana Imana yiteguye kukubabarira!

4.Abajura: Uyu munsi kwiba byabaye inzira yo gukira vuba, ariko kwiba  ni icyaha kandi Imana yanga urunuka, Yewe nabantu ntibagikunda.

5.Ubusinzi: imana ntikunda ubusinzi pe! uyu munsi ushobora kuba murusengero kandi umaze iminsi mukabari, ukava mukabari uza murusengero, ariko ntibivuga ko uzajya mw'Ijuru, uko biri kose hariho umuriro uzarya abanga kwihana, mugenze wanjye wihane.

6Abatukana: uyu munsi umuntu aragutuka, akakubwira ngo yakinaga, ariko sinzi ukuntu umuntu muzima yakinisha inkota ashaka kuyikujomba, niba utukana ni ugutukana si ugukina! waba nawe utukana kandi ukaba n'umukristo? Oya rwose !

7Abanyazi: Hariho abantu bazi guhuguza utw'abandi, ugasanga n'Umuntu ujyana iby'abandi kungufu, ariko uyu munsi ukwiye kumenya ko Imana itazakwinjiza ahera hayo niba uri umunyazi.

Uyu munsi nakugira Inama yo kumenya ikintu cyose wakorera Umwami wawe, nicyo wakwirinda ubifashijwemo na mwuka wera kugirango ugaragare mu maso y'Imana udafite umugayo. ushobora Kwibaza uti ese birashoboka ko umuntu abaho akijijwe, ariko ndahamya ko bishoboka! ntimwishushanye n'ab'iki gihe abaroma12:2, sinibwira ko igihe cyose waba udashaka kwihana, hari uzagukura murusengero cyangwa mw'Isi ariko nkuko abantu bagenda bagapfa kuko ntamuntu utazapfa, ukwiye gutegura urugendo rwawe hakiri kare, Iminsi umuntu afite ayibaho nkuzapfa, iyo ubyirengagije rugutwara utiteguye. zaburi 49:15

Ndahamya ko ibi atari ubwambere ubyumvise, ariko impamvu bigarutse nuko n'ubu bikikureba: Ufite ugutwi niyumve,  njya nibaza aya magambo Yesu yavugaga ati: ufite ugutwi niyumve, ariko naje gusanga abantu benshi amatwi yacu atangira kubaho igihe tuyakoresheje neza, nibwo atangira kubaho. kuko ikintu kitagufitiye umumaro kiba gisa n'Ikitariho. Uyu munsi amaso yawe niba uyafite urebe, niba ufite amatwi wumve, ndakwingize wihanire kureka, kuko igihe kiribugufi uzaza ntazatinda. kandi azaza aje kugororera buri muntu ibikwiranye nibyo yakoze, ari ibibi cyangwa ibyiza.

sinzi igihe umaze witwa umukristo ariko, sicyo cyangobwa ahubwo igihe watangiririye kubaho nk'abakristo nicyo kizatuma Imana ikubara mubayo. abantu benshi bibwira ko umuntu yaba umukristo akabaho nk'uko yari ameze, Oya hariho Kera mubantu bamenye Imana. harino n'Ubu kandi hariho n'Ibihe bizaza. 

Kera hawe n'Ubu hatandukaniye he? ibaze mu mutima urebe ko hari impinduka, kandi ukomeze urusheho gushakashaka ibyo umwami yashima!

Ese ko uri muntama uri Intama? cyangwa wihindura intama iyo uri kumwe nazo gusa? abameze baryo ntabwami bw'Imana bazaragwa.

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed