Friday 21 November 2014

FARAWO NA HERODE KUKI BICAGA ABAHUNGU BAGASIGA ABAKOBWA, MURI IYI MINSI ABAHUNGU BACIBWA ITEGE.! . ..M.Gaudin

Kuva: 1: 16 Ni mubyaza abaheburayokazi , mukabona bicaye kuntebe babyariraho, nihavuka umuhungu mujye mumuhotora, ariko naba umukobwa abeho.

Matayo: 2:16 Herode abonye ko yatengushywe na ba banyabwenge ararakara cyane,aratuma ngo bice abana b'abahungu bose bari i Betelehemu no mu misozi yose iri bugufi bwaho, bamaze imyaka ibiri n'abatarayimara, nk'uko yagereranyije igihe yasobanuriwe n'abo banyabwenge.

Uyu munsi ndagirango turebere hamwe ibi byanditswe, ndumva nganirizwa n'Imana kuvuga kubintu bimwe bisa naho ari ukuri ariko bitari mw'Ijambo ry'Imana. uyu munsi abategetsi bo mw'Isi cyane cyane ibihugu bikize birikanga iki? ni iyihe mpamvu umuyobozi yashyiraho itegeko ryo Kwica utwana twuduhungu duto?hanyuma akareka abakobwa.

Buri muntu wese azi icyo umwana w'Umuhungu avuze, kuko n'ababyeyi bacu iyo uganiriye nawe akubwira ko yifuza kubanza umuhungu, sinzi Impamvu ibitera, ariko nayihuza n'Impamvu nzima numva yo mw'Ijambo ry'Imana, nuko abantu bakunda Imana bakunda kubanza icyo yabanjije. bagaheruka icyo yakurikije. ntunyumve nabi ahubwo ndagira ngo wumve icyo Imana yakoze bwa mbere kiguhe kumva icyo tubereyeho kw'Isi. 

Kubaho k'Umugabo si Impanuka, yewe n'Umugore si impanuka, kuko buri mwe Imana yamuremeye umugambi ukomeye agomba kuzuza, ariko uyu munsi wa none mw'Isi yuzuye, urwango, kwikunda, no gushaka kuyoboza abihugu uburetwa,n'Ubwoba bwo gutakaza icyo wari ufite bigatuma wiga mugambi mubi wo guca intege igitsina gabo.

Farawo na Herode batinyaga iki?

Farawo yagiye kubutegetsi hanyuma, abona abisiraheli bagwira cyane rwose, maze ubwoba buramufata ngo aribwira ati aba bantu nitubareka bazaducika tubure abo dukoresha ubukoroni, ni ko kwigira inama mwasomye mu kuva 1:16.

Herode nawe si kure yaho kuko yahiye ubwoba bw'uko Yesu yiswe umwami, hanyuma ahitamo kwica abahungu bose, kuko ntiyari azi uwo ariwe, ahitamo kwica bose.

Aba bose bahuriye kubwoba bwo gutakaza ikintu, uyu munsi abantu benshi bajya muri gahunda zo kugabanya urubyaro si urukundo bakunze abana bavuka, ahubwo n'Ubwoba bwo kubakorera no Kwitanga ku bw'abana! uyu munsi hari abagabo barimo guhabwa Inkingo zo kutabyara burundu mu bihugu bikennye, ariko ibi byose hari ababa babiri inyuma.

Sinzi uko mwe mubibona, ubu mubihugu byose, hari amahirwe menshi ahabwa abakobwa, no mubihugu byacu, uragira gutya ukabona abaterankunga batangije ikigo bakacyita Girls schools??? Kuri iki gihe ntago bakica abahungu muburyo bwo kubakuraho cyane, ahubwo bamenye ibanga ko umuhungu utize ngo ajijuke ntaho ataniye n'umudamu wahejejwe munzu. iki kinyejana harimo harapfa abahungu benshi, muri Africa, Asia, no muri America y'amajyepfo! uyu munsi wakwibaza ikibazo uti ese umugabo niba yitereye ikizere, umugore azamufasha iki?

Imana yabanje kurema umugabo, imuha imirimo agomba gukora, hanyuma ibona ko atari byiza ko aba wenyine, Imuremera umufasha umukwiye! itangiriro 2:18.

noneho Twibaze twese, niba umugore yararemewe kuba umufasha, yafasha nde udahari, yafashe nde utazi gusoma no kwandika, yafashe nde utagira akazi, yafashe nde usuzugurwa? uyu munsi ndagira ngo twibaze iki kibazo: Ese Umugabo yabaho nta mugore? none se umugore yabaho nta mugabo? igisubizo natanga ni nkuko pawulo yagize ati 1abakorinto 11:11" Ariko mu mwami wacu, Umugore ntabaho hatariho umugabo, ni ko n'umugabo atabaho hatariho umugore. nk'uko umugore yakomotse ku mugabo ni ko n'Umugabo abyarwa n'Umugore ariko byose bikomoka ku Mana"

Uyu munsi tumenye ko ibyo bikomoka ku Mana ntihabaho kubikora nkaho dukosora Imana, ibi mbivuge neza, umugabo ntiyahawe kuba umukoresha w'Umugore, aha niho bamwe bibwira ko umugore ntacyo amaze, bitera bamwe kuba bumva nabo bakeneye ubwigenge ndetse rimwe bibashyira mu ntambara yo kurwana n'Inkomoko yabo. uyu munsi ndahamya ko Satani mubintu ashaka gukora Kw'isi no mubihugu n'uguca igitsina gabo ingufu, hakoreshwa uburyo bw'Ishi,uburyo bumwe bwo guca igitsina gabo ingufu n'ugutangirira hasi, abakiri bato kuko ntiwakwica abakuze.

Uyu munsi nabaha ingero zitandukanye aho usanga hariho gahunda nyinshi zizamura abana b'abakobwa, bashiki bajye ntimunyumve nabi ariko abo basigaye nibo bari basaza banyu! igihe cyose igitsina gabo gikuweho, gicishijwe bugufi, havuka ingaruka, kuko abagabo bahora bashaka icyubahiro, ndetse abagore bashaka gukundwa. niko ijambo ry'Imana rivuga. Abefeso 5:22-25

ubuzima umugabo n'Umugore bakwiye kubaho si ukurushanwa cyangwa guhangana, ahubwo ni ukuzuzanya. 

Uyu munsi ushobora kuba wumva abahungu bicwa muburyo butandukanye, ukumva abakobwa barabareka bakabaho, ariko ikibyihishe inyuma si ikindi, nuko umuntu wese ushaka guheza abantu mu bubata yica abahungu bato, kuko abo nibo bazana impinduka hanyuma bashiki babo bakabakomeza kurugamba! buri gihe umugore utari mu mwanya wo gufasha umugabo we ntago aba akwiriye uwo mugabo. uko ni ukuri.

Uyu munsi ushobora kuba ufite umugore ukomeye, ushobora kuba ufite mushiki wawe wabonye amahirwe yo kwiga ahantu heza, ukwiye ku mukunda, cyane ariko nawe mugore ufite umugabo urera abana kuko mwese mutabata, igihe wagiye mu manama n'ahandi...bashiki bajye mumenye umugambi satani afite wo kurimbura ibihugu ndetse ibihugu bimwe bitegetse ibindi kubera iturufu nkiyo.

uyu munsi hariho gahunda yo gusenya imfatiro z'Umuryango, ubu abazungu baradutegeka kwemera ko umugabo ashobora kuba umugore hanyuma natwe kugirango tubone inkunga tugasinya ayo mategeko: kuko usanga tutabisinye inkunga ihagaze inteko nayo yakinga! Yewe dufite ibibazo byinshi ariko tugomba kwemera kubaho mu byo Imana yavuze kuko nibyo bifite umumaro mwishi.


  • Buri muntu wese yakwibaza Impamvu ababyeyi barizwa no kubona abana ba bahungu?
  • Buri muntu wese yakwibaza urugo rutarimo umugabo
  • Buri muntu wese yakwibaza umugore wize ubana n'Umugabo utize.
  • Buri muntu wese yakwibaza Impamvu Imana yashimye kubanza umugabo ikamuremera umufasha hanyuma.
Ibi si mbivuze nkaho nshaka ko Mama umbyara atotezwa, cyangwa agirwa uwo guteka no gukubura, oya ahubwo ndabivuga nk'Umuntu ushaka ko mama abona urukundo rukwiye, ndabivuga nifuza kubona ingo zirimo amahoro. ingo zibyara abana bakura bakunda Imana. ingo z'Umugisha

Aho umugabo akunda umugore we, hanyuma umugore akagandukira umugabo we. umugabo nawe akagandukira Kristo.

ntiturwana n'abafite inyama n'amaraso, ahubwo turwana n'Imyuka. abefeso 6:10

buri muntu afite uko abona ibi mvuze, ariko uko mbibona dukwiye gusubira kurufatiro rwa mbere. kuko ntahantu muri bibiliya hagaragara ko ADAM yafataga EVA nk'umuja, ahubwo yamufataga nk'uko yamuvuze amaze kumubona. Itangiriro 2:23

Ahari uri umudamu, isi yashyize hasi umugabo wawe, ugira amahirwe urasigara, uyu munsi uribaza uti ese nakora iki? kugirango Umugabo wanjye agarukane icyubahiro, basaza bajye babeho(itangiriro 2:4),   Imigani 31:1-23

Buri gihe iyo udafite irishimwe, uba ufite umugayo kuko ikinyuranyo cy'ishimwe ni Umugayo.

Ndabakunda!






No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed