Sunday 16 November 2014

IBYIRINGIRO BYACU NTIBIRI MUBYO DUTUNZE, CYANGWA ABO TUZIRANYE....BIVA K'UMUREMYI W'ISI N'IJURU. M.Gaudin


Uyu munsi ukure amaso kubyo utunze cyangwa wishingikirijeho, sinzi icyo umutima wawe wibwira cyawukiza, ahari urareba ukabona urejeje, uratunze uratunganiwe nibyiza, ariko ntibikwiye kukuyobya umutima ngo wibagirwe ko IMANA ariyo yaguhaye imbuto mukiganza cyarimo ubusa.

Ndagirango uyu munsi twongere twizerane Imana, niba waragiye mubaganga bikanga, niba waragerageje munshuti n'abavandimwe, niba wariyambaje abo muziranye ngo ahari hari icyo bagufasha, uyu munsi wizere Imana. Imana utegereza amaso yayo ari kuri wowe, impamvu yose yatuma wumva wihebye  uyikureho wemerere Imana kuguha indirimbo mu mutima, nkimwe pawulo na sila baririmbye, ntibayiririmbye bashaka gusohoka muri gereza, ahubwo bayirirmbye kuko bari bafite umunezero, maze Imana ibakorera ibyo batayisambye.

Uyu munsi wemerere Imana ibe umugenga w'Ubuzima bwawe. nayo ntizaguterana. ikindi yanasezeranije ko no murupfu tuzabana. aho abantu benshi niho batinya kuko buri mwe ahanjya wenyine, ntanshuti yaguherekeza, ntamwana ntamuvandimwe, ariko Yesu we tuzabana iteka kuko yanesheje urupfu ndetse n'Ikuzimu. icyo umukristo ahora yibwira nuko akiri mw'isi afashe ibihe mu ntambara ariko ahumurizwa n'umugaba w'urugamba, utari kumwe nawe impande zose n'amakuba n'umubabaro udashira.

Ubuntu n'amahoro bibane namwe mwese mwiringiye agakiza kava ku Mwami, kandi Amahoro atangwa na yesu abane namwe mukunda Umwam wacu mutaryarya.

.....Gutabarwa guturuka ku Mana....
(ps)Zaburi 33: 16
Nta mwami ukizwa n'ingabo ze nyinshi
Intwari ntikizwa n'imbaraga zayo nyinshi
Ifarashi nta mumaro igira wo gukiza
Ntizakirisha umuntu zayo nyinshi.
Dore ijisho ry'Uwiteka riri kubamwubaha
Riri kubategereza IImbabazi ze,
Ngo akize ubugingo bwabo urupfu
Abarinde mu nzara badapfa
Imitima yacu itegereza Uwiteka
Niwe mutabazi wacu n'Ingabo idukingira
Imitima yacu izamwishimira
Kuko twiringiye izina rye ryera.
Uwiteka imbabazi zawe ziwe kuri twe
nk'uko tugutegereza.



Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed