Monday 10 November 2014

IMANA NTIYIFUZA KUGUHA IBYO UMENYEREYE GUSABA, IRIFUZA KUGUHA IBYAKUGIRIRA UMUMARO. M.Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 3:2

Hariho umuntu wavutse aremaye ibirenge, yarahekwaga agashyirwa ku irembo ry'urusengero ryitwa ryiza, kugirango asabirirze abinjira mu rusengero.......6 Petero aramubwira ati ifeza n'Izahabu ntabyo dufite, ahubwo icyo mfite ndakiguha. Mu Izina rya Yesu w'Inazareti haguruka ugende".

Abantu benshi tugira ibyifuzo bitewe nuko tuba tudafite byose(ntamuntu wihagije) gusa turushanwa ibyifuzo, benshi bagira ibyifuzo bisa nkaho biba byaramenyerewe nk'uyu mugabo wari kuri iri rembo ryitwa ryiza. nikoko abantu bajya baduha iyo tubasabye, kandi abantu bo akenshi baguha icyo ubasabye rimwe narimwe baguha bike kubyo ubasabye. ndahamya ko ari abantu bake ushobora gusaba 1000frw hanyuma akibwiriza kuguha 5000frw, ni gake cyane ndetse usanga iyo umuntu agukoreye ikintu gisa gityo ntiwamwibagirwa. mu bantu ntagisubizo kirambye ushobora kubona, icyo bakora ni ukukwicira isari, naho iyota yo ntibayimara rwose. niyo mpamvu uyu mugabo yahoraga agaruka kuri iri rembo.

Buri muntu wese mw'Isi agira ubumuga, cyangwa aho agirira imbaraga nke , aba akeneye ubufasha, ndagereranya kuvukana ubumuga nko kuba ntamuntu udakeneye ubufasha, hari ibyo abantu bagufasha, nkuko hariho nahantu wumva wakura ubufasha! niyo mpamvu uyu muntu bamushyiraga kw'Irembo rigana kurusengero, aha hashobora no kuba abantu bafite umutima mwiza wo gufasha, ni ahantu hari uburyo bwiza( buri gihe buri muntu nawe agira ahantu yumva yabonera ubufasha) gusa Imana ntiyifuza ko dusa nabareka kuyiringira ngo rumenyere uburyo tubayemo, ahubwo ishobora kuguha ikirenze icyo wayisabaga.

si akamenyero ufite k'Ibintu uba ushakira ubufasha, buri gihe ufite nahantu wumva wabonera ubufasha muri iyi si, bamwe barwaye, bumva babonera ubufasha kwa mugaganga, niyo mpamvu abantu baba bari mubitaro, ahari nawe uyu munsi wasanga uhora kwa muganga, baguha ubwo bufasha, hari ni ibindi bintu byinshi abant bakenera kuko abantu bose babayeho mubuzima bukenera ibintu bitari bimwe. ndetse wasanga nawe hari ahantu ujya utegerereza.

uyu munsi utegerereje mw'isoko, kwa muganga, mukazi kawe, kurubyaro cyangwa no  kunshuti, uhora usaba ubufasha, nukuri mw'Isi niho Imana ikoresha abantu bakaramburira amaboko abadafite kuko abafite n'Imana iba yabahaye, ariko Imana ntiyifuza ko wahora muri ubwo buzima bwo guhanga amaso kubantu gusa ahubwo uyu munsi irashaka kuguha ikirenze, ifeza n'Izahabu. irashaka kuguha ikiruta ibinini, n'ikinya, ibirenze ibinini byo kugusinziriza, irashaka kuguha amahoro yo mu mutima! amahoro Imana itanga ntagira akagero, ayo atera abantu gushima Imana.

Niba usoma Iyi nkuru wizere ko Icyo umaze iminsi usaba abantu ahari hari n'abakwima ukababara, Imana irabireba, ariko uyu munsi utumbire Imana irabasha kuguha icyakumara inyota, n'inzara, muri iyi ibyo dukura kubantu ntibiduhaza, uyu muntu yahoraga aza gusaba, ntiyigeze agwiza, ahubwo buri gihe yazaga gutegera hano.....ndababwiza ukuri ko nta kunyurwa no kunezerwa gutangwa guturutse mu byo abantu baguha, ahubwo ibyo bizanwa no Kwakira Kristo muri wowe, sinzi icyo ukennye, sinzi uburwayi ufite, sinzi icyo ukennye kufashwa, ariko uyu munsi ndagira ngo nkubwire ko nubwo ntafite izahabu cyangwa ifeza zo kuguha, ndifuza ko wizera icyo Imana igiye kugukorera nyuma yo gusoma ubu butumwa, Imana ubwayo iramanuka ibane nawe. niyo izanjya imenya icyo yaguha.

Uyu munsi Izina rya Yesu riracyakiza, niba wari uruhijwe n'abaganga buri munsi uza kwa muganga, uyu munsi mw'Izina rya Yesu Kristo w'Inazareti ukire maze utambire Imana ishimwe, uyu munsi wahoraga mubakugira Inama zuko wakubaka urugo rwawe rurimo gusenyuka, ndakwinginze ngo wemerere Yesu akubakire,uyu munsi wumvaga utazi icyo wakora kuko ubukene budashira, ariko wemerere Imana , niyo izi igitera ubukene, maze iguhe umuti ukwiye, uzatuma wifasha ugafasha n'abandi. Imana y'amahoro itweze, kandi iduhe ibyatugirira umumaro mugihe turi muri iyi si yuzuye ibibazo, kandi Imana ihe umugisha nawe ujya uca kubafite ubukene, ukabaha ibyo bakennye, Imana niyo Kwizerwa, idakiranirwa ngo yibagirwe imirimo myiza, n'Urukundo mwakunze abera.

Uyu munsi ukubere umunsi wo guhabwa ibiruta ibyo wasabaga, kuko Umwuka azi ibyo dukwiye, abe aricyo aguha. Nubona ishomwe uzambwire dufatanye gushima Imana. kuko nyuma yo gusoma ubu butumwa nziko hari benshi bari bukurwe ku marembo bamazeho iminsi, maze binjirane n'abandi murusengero gushima Imana! uyu munsi winjirane n'abazima, winjirane n'abatunzi, winjirane n'abafite ishimwe kuko Imana igukoreye igitangaza! Ibi byose biragusaba gukura amaso kubyo usaba ukayahanga uwo usaba! abantu beshi bimura Imana bakimika ishusho yicyo basaba! muri uyu mugabo harimo ishusho y'ifeza n'izahabu, ariko yimuye amaso ayahanze abagaragu b'Imana, Imana nibwo nawe yamugiriye neza akira mw'izina rya Yesu ryari muri petero na Yohana.

Uyu munsi ukure amaso kubaganga, uyahange ku Mana yaremye abaganga, ukure amaso ku mugabo uyahange ku Mana yashyizeho gahunda yo kubaka urugo, uyu munsi ukure amaso yawe kubabyeyi, uyahange kuri Data wa twese wo mw'IJURU. Nibwo uzabona ko Imana irimo kugukorera ibirenze ibyo usaba. ibyo twe twishyizemo Imana ntiyabiduha, ahubwo iduha ibyatugirira umumaro none no mugihe cyizaza! 

Kwibutse ko kumarembo wicaraho usaba nubwo haboneka abaguha, amazi yaho namara inyota, ariko amazi Yesu atanga amara inyota kuko abamufite ababera ibyiringo bidashira, kandi bidakoza isoni, uyu ndakwinginze ngo wongere umwiringire kuko niwe ufite uyu munsi hawe ndetse n'ejo. Yesu ni byose kubamufite. Abafilipi 4:19

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed