Friday 7 November 2014

UYU MUNSI,UBAYEHO KUBERA UKO IBY'UMUBIRI BIGENDA, CYANGWA KUBERA ISEZERANO IMANA YAKUVUZEHO? M.Gaudin

Abagalatiya 4:23

Uw'Inshoreke yavutse nk'uko iby'Umubiri bigenda, naho uw'Umugeni yavutse ku bw'Isezerano ry'Imana.

Muri iy'Isi hariho ibintu tumenyereye uko bigenda, kuburyo uba wumva nyine ariko bigomba kugenda. Sinzi niba byari byakubaho ukibona ubayeho nkuko abandi babayeho, ukisanga urakora ibintu rwose bidatandukanye n'Iby'abandi.....! ndashaka ku kubwirako uko biri kose Imana idufasha muri byose yewe nibyo tubona nk'Ibintu bibaho nk'uko iby'Umubiri bigenda. 

Uyu munsi Ndashaka ku kubutsa ko hari abana benshi babayeho nkuko Ishimayeli yabayeho, si igitangaza ahubwo ni ko iby'Umubiri bigenda nyine. buri gihe hari ibintu abantu bakora bikabyara ibisubizo bisa nibyo bakoze. ndahamya ko ubuzima Buri kw'Isi bwuzuyemo uko igishushanyo cya Ishimayeli. uti Gute? Imana yahaye Abraham isezerano ryo kuzamuha urubyaro rukazangana n'Umusenyi wo kunyanjya!

Iri sezerano si ikintu cyari gisanzwe kuko aburahamu yari ashaje ndetse n'umugore we sara, sinzi ukuntu ubyumva ahari nawe hari icyo Imana yakubwira ukumva ntikizashoboka bitewe n'uko wibona cyangwa nuko abandi bakubona, ariko si ko kuri kuko icyo Imana yavuze iragisohora! Uyu munsi abantu besnhi bategereje icyo Imana ibavugaho ni benshi ariko bafite icyo nakwita igitutu(oppression) iturutse impande zose. Itangiriro 16:2

Abarahamu igihe kimwe umugore we bwite yamutegetse kuryamana n'Umuja ngo amubyarire umwana, ntiwakwibaza aho umuntu wasezeranye kutazaca inyuma ariwe ubanjye ku kubwira ngo nawe ugerageze nk'Uko abandi bagira! ari nkawe wakora iki? abantu naho bamenya amasezerano ufite ntibiteguye gutuma uyageramo neza, rimwe batuma uyajyanamo ibikomere by'Uko wananiwe kwihangana n'ibindi byinshi bikurega nyuma yo kugera kucyo Imana yavuze.

Uko biri kose Imana idusezeranya ibintu byiza, yanyuza mu bahanuzi no mw'Ijambo ryayo ariko usanga ibyo iduhamagarira kwizera bisa naho bibangamirwa natwe ubwacu (intambara zo mu mutima) ndetse bikabangamirwa noho tubaye(intambara zigaragarira amaso) uyu munsi nawe ushobora kuba uhatwa kubaho nkuko abandi babayeho ngo ugire abo unezeza, ushobora kuba ubayeho mubuzima utifuza, aburahamu ntiyigeze atekereza kubaho mubuzima bwo kuryamana n'undi mugore kuko iyo abitekereza ahari yari kuba amaze kubyara beshi ariko yabayeho mu bwizerwa kugeza igihe umugore we amuhatiye kubyarana na Hagayi. ntiwabyumva icyo ni ikigeragezo gikomeye kuko ibyo utigeze utekereza kubikoreshwa n'undi biragoye. ariko abantu beshi bahitamo kubaho nkuko abandi babayeho kugirango banezeze abababona! sinzi icyo ukora ngo unezeze abantu bashaka ko ubaho nkuko abandi babaho.

Ubuzima Muri Kristo buzana Imibereho itandukanye nuko abandi babayeho: kuko bwose bushingiye kw'Isezerano. mri iyi si harimo abantu b'Isi bavutse nkuko iby'Umubiri bigenda, abo bakora bussiness nkuko iby'umubiri bigenda, bubaka ingo nkuko iby'Umubiri bigenda, biga nk'Uko iby'umubiri bigenda, bakora buri kimwe nkuko iby'Umubiri bigenda, Naje no gusanga abasenga muburyo rwose rwuko abandi babikora, ariko abizera Yesu bayoborwa n'Umuka. birakwiye ko abasenga data bamusenga mukuri no mu mwuka, yohana 4:21-24 ndakubwiza ukuri ko iyo uhinduye ugashaka kugengwa n'isezerano Imana ikuvugaho bituma ugira intambara. niyo mpamvu Yesu yagize
ati :Yohana 16:31-33

Uyu munsi wemere kubaho nk'Uko Kristo ashaka kuko nibyo birimo isezerano:

Yohana 1:12-13

Uyu munsi ndashaka ku kubwirako abari muri Kristo batabayeho nk'Uko ibyo umubiri bigenda, ahubwo babayeho kubera isezerano ry'Imana kubuzima bwabo. uyu munsi niwizera Kristo urangira kubaho mubuzima butadukanye nubwo abandi babayeho, naho twese tuba dusa, cyangwa tuvuka kubabyeyi bamwe, dutandukanijwe n'Isezerano riri kubugingo bwacu. bamwe bavutse nkuko iby'Umubiri bigenda abo Imana ntivuga ko ari abana bayo, cyokora baba abantu bayo kuko niyo yabaremye. 

Itandukaniro nuko hariho abantu b'Imana n'abana bayo, ibaze nawe umugabo ufite abana be bwite akagira n'abantu akoresha murugo! ndahamya ko uko biri kose mwese muba musa naho muba ahantu hamwe, ariko iyo habayeho kutanga Imigabane kubakomoka kuri uwo mugabo ntibaha bose, uyu munsi abafite umugabane mw'Ijuru nabemeye Yesu, nku Mwami numukiza w'Ubugingo bwabo. ndakubwiza ukuri yuko niba warakiriye neza ubuzima bwawe butabayeho nkuko abandi babayeho, kuko uyoborwa nibyo wizera kurenza ibyo ureba! 

2abakorinto 5:6-10

Nicyo gituma dukomera Umutima iteka, kandi tukamenya yuko iyo turi iwacu mu mubiri, tuba dutuye kure y'umwami wacu(kuko tuba tugenda tuyoborwa no kwizera , tutayoborwa nibyo tubona)Nyamara dukomera Umutima kandi icyo turushaho ni ukwitandukanya n'Uyu mubiri kugira ngo twibanire n'umwami wacu. Ni cyo gituma tugira Umwete wo ku muzeza, iyo turi iwacu mu mubiri cyangwa tudahari.

Uyu munsi niba waramenye ko uri muri Kristo neza, ndakubwira ko ukwiye no kubaho mubuzima Butanduknye n'Ubwo ab'Isi babayeho, ubu ntukibayeho ku bwawe ahubwo ubayeho ku bwa Kristo. niba ariko bimeze koko ndakwinginze ubwire Imana ikuremere amasezerano ayobora ubugingo bwawe kandi igukomereze mw'Isi igoye kubamo mugihe cyose ubayeho utandukanye n'abandi.

Mwami Yesu wibuke abarengana kubw'Izina ryawe, maze ubatarure mu mibabaro n'amakuba ku bw'Isezerano wahaye abakwizera bose. uzambaza izina ryawe azakizwa ukize abo bose bakwambaza amanya na ninjoro! abo bose babeshejweho n'Isezerano ryawe urengere Imitima yacu itangwa isari.


Ndabakunda!




No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed