Saturday 22 November 2014

KUNYUNGU ZAWE CYANGWA IZ'IMANA? IBYO UKORA IBIKORERA NDE? M.Gaudin

Yesaya 5:8

Numva ijwi  ry'Umwami Imana riti" Ndatuma nde, ni nde watugendera?"

Uyu munsi ushobora kuba umaze igihe kinini uri munzu y'Imana, uririmba, uhanura, ubwiririza wubahiriza amategeko atandukanye, ariko uyu munsi ndashaka ngo wongere wisuzume wibaze uti ese ibyo nkora mbikora kubwande?

Abantu benshi birashoboka kubaho kubera kwikunda, akabaho akora ibintu byinsho bitandukanye kandi byiza mu maso Ye ndetse no mumaso y'abandi! ariko ugasanga ntabikora kubera Imana ahubwo abikora kubera inyunguze kugiti cye! ariko uyu munsi wowe usoma ubu butumwa ukwiye kwisuzuma, sinkubwiye kureba abandi ahubwo wowe ubwawe ukwiye kumenya ko ibyo ukora ubikorera kugira ngo Kristo ahabwe icyubahiro, cyangwa ari kumpamvu zawe bwite.

Zimwe mu mpamvu zishobora gutuma umuntu aba mu murimo w'Imana agakora ariko adakorera Imana!

Ndahamya ko mwese muzi nk'abantu baba biruka bahigwa n'ibinntu bitandukanye, hanyuma bakaza bagera ahantu abantu bahinga bakanjya mu murima, batagiye guhingira nyiri umurima ahubwo bagiye kuba bahinga ngo bihishe ubahiga!


  • Abantu benshi bihishe mu makorari kubera kwanga kwiyicira ubuhamya.
  • Banga kuba abasinzi kubera ko bitagezweho kuba umusore w'Umusinzi
  • Bakirinda ubusambanyi kubera kwirinda Sida n'Ibindi
  • Bakitanga ngo bamenyekane ko arabanyangeso nziza!
ndakubwiza ukuri ko mubantu bagushima, ariko bibaye ibyo ibihembo byawe biba ibyo mubantu.
Uyu munsi ndashaka kugirango umenye uwo ukorera! uhagarare uhamye uvuge ko ukorera Kristo. Si ikindi nshaka kukubwira uretse kukwibutsa ko umurimo wose udakoranye urukundo rwa Kristo ntukuvuna kuko uba ukora ibyo ushoboye kandi wihitiyemo! ariko nuhitirwamo n'Imana uzabyemera?

Abantu benshi Gukorera Imana bibaryohera iyo ntakintu cy'Umwihariko ibasaba, iyo ntahantu hawenyine igutuma, iyo ntanzira shya ishyize mubuzima bwawe! ariko uyu munsi Imana irifuza kujyana nawe ariko irifuza ko ureka ubuzima bwo Kwikoresha!

hariho abantu bumva bakorera umwami ariko kandi bakanikoresha, ndavuga nti Ibyo Imana igutegeka n'Ibyo nawe wihimbiye, uyu munsi umenya ko umuntu ari mubuzima yihitiyemo iyo abajije Yesu ikibazo gisa nicyo wamutunzi yabajije! Ati mwigisha mwiza nkore kindi kihe ngo ndagwe ubugingo? Mwibuke ko Yesu yamubajije ko yubahiririza amategeko, umusore yamubwiye ko kuva mu buto bwe nta rimwe yica! ahari wowe ushobora no kuba ukiyica ariko Kristo akakubabarira, Imana Yacu ishimwe. 

Uyu musore wakurikizaga amategeko guhera mubuto bwe yajyaga anatanga uko ashaka kandi ashoboye, ariko ikibazo cyaje kuba gutanga uko Yesu agutegeka! Ndahamya ko abantu benshi dutanga uko dushoboye n'Uko duhisemo, ariko iyo bijemo ko tugomba kubikora nk'uko Yesu abidutegeka. Ese uyu munsi ubayeh mubuzima bwo gukora ibyo ukora byitwa ko ubikorera Imana koko ubikorera Imana! cyangwa ni zampamvu navuze hejuru.

Sinzi uko ubikora, sinzi n'Impamvu ibigutera! ishobora kuba ari uburiganya cyangwa iy'Ukuri. Imana ntacyo ihomba kuko pawulo yagize ati ndashima Imana ko mu kuri no muburiganya Kristo aramamazwa! abafilipi 1:15.

Uyu munsi rero wikureho impamvu zose zaguteraga gukorera Imana, usigarane Impamvu imwe y'Umutima ukunze, kandi wemerera Kristo. Yesu ni umukiza kuri bamwe, ariko akwiye no kukubera Umwami guhera uyu munsi. Umwami akwiye kumvirwa no kubahwa biruseho. buri gihe ijambo ry'Umwami rihinduka iteka. uyu mugoroba niwumva ijwi rye ntiwinangire.

Guhera uyu munsi usigeho gukorera mu kwishimisha, no guhaza irari ryawe, no kwishakira icyubahiro gusa, ahubwo wongere wubake ibyo ukora muri Kristo. niho uzahemberwa ibyo wakoze. kuko buri wese akwiye kwirinda uko yubakaho kuri urwo rufatiro!

Kuri mwese mukorera Umwami wacu Kristo mutaryarya mumenye iki:


Komeza uhabere Imana kuko Imana yaguhisemo kuba umuhuza w'abantu nayo kubwa Kristo.
barahirwa abo databuja azaza agasanga bakimukorera batariganya kandi bataryarya mu mitima.

Ndabakunda!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed