Saturday 2 August 2014

IGIHE IBIMENYETSO BY'IMANA BISA N'IBYO ABAKONIKONI BAKORA! UMWANA W'IMANA YITWARA ATE? By M.Gaudin

Kuva: 8:14

Abakonikoni bagerageza gukora batyo, barogeshereza uburozi bwabo kugirango batere inda ntibabibasha, inda zib kubantu no ku matungo, Abo bakonikoni babwira farawo bati "Ibi byatewe n'urutoki rw'Imana"

Munsi yanone huzuye ibikorwa bisa n'iby'Imana, huzuye ubuhanuzi, ibitangaza, huzuye ubutunzi,huzuye abana, abagore batabyara barabyara n'ibindi  bitangaza byinshi bigaragarira Amaso, Yewe hasigaye havuka n'ibyo tutari tumenyereye kubonesha amaso yacu, huzuye kiriziya, n'isengero, abagira neza batandukanye n'ibindi........!

Ibi byose iyo biba abantu bamwe barushaho gukamuka, no kutizera Imana kuko baba bibwira bati niba, ibyo abakozi b'Imana bakora n'abapfumu bakabikora bitaniye he?
igihe kimwe Mose ajugujya inkoni hasi, maze abakonikoni nabo bagenza uko maze haza inzoka nyinshi. hanyuma yaje kurambura inkoni ku mazi ahinduka amaraso, abarozi n'abapfumu ba farawo nabo bakora ibisa bityo.....Bene Data hariho urubyaro Imana itanga! ariko hariho n'ukura urubyaro mu bapfumu n'abarozi. hariho amafranga Imana itanga,nayo abarozi baguha!
Niba ubonye abarozi bakora ibisa nibyawe, ikkurengera nukumenya isoko yaho ibyawe biva! ntakindi cyagukomeza umutima keretse kumenya ko Uwiteka ariwe mbaraga zawe kugeza igihe azakurengera!

Nubwo Mose yakoraga ibitangaza, ariko nawe byaramutangazaga kubona abapfumu bakora ibisa nibyo akoze kandi badakorera Imana ariko ntiyayiretse ngo avuge ati Imana zose zirahwanye kuko yari azi ko hari igihe Imana izatangira gukora Ibitiganwa.
Nubwo ujya ugerageza gukora ibintu,ukabona abatizera Imana nabo babonye inyungu nk'iyawe, bikaba byagutera kwibaza uti ese kuki ntibera usanzwe, wihangane kugeza igihe Imana izazana itandukaniro muby ikora! hari ibidakorwa na Mose ahubwo byakorwa n'ukuboko kw'Imana gusa.

Igihe cyarageze rero hatera inda mu bantu no mu matungo, maze abakoni koni bagerageje birananirana! ndakubwiza ukuri ko hari aho bizagera abigana Gukizwa, bikabananira kuko Hari icyo Imana izaba yakoreresheje ukuboko kwayo! hari icyo Imana izagukorera kikaba kiri umwimerere kitiganwa n'Imbaraga z'umwijima!
bakundwa ubu turi abana b'IMANA, nubwo abantu bakuvuga ko witwara nkabo, utaranesha isi rwose, imbaraga ari nke ndabizi ko igihe ni kigera, Imana igakora, aho abantu bazemerako ari Imana yonyine Yabikoze. 1yohana 3:2.

Igihe cyo gukomeza kwiganwa kizarangira maze abana b'Imana batandukane n'abandi bose biyoberanya kuko bizaba byakozwe n'ukuboko kw'Imana. ndakwifuriza gushyigikirwa n'Imana murugendo rwo Kwibohora uburetwa bw'Icyaha.
hari aho umuntu akurikira Imana kubera ko ashaka ubutunzi, na satani akabukuzanira!
Hari igihe umuntu aza ku Mana yemejwe n'uko ashaka urubyaro maze yarubura akirukira mu bapfumu. ariko ndakumenyesha ko Iyo Sara ajya mubapfumu Isaaka atari kuboneka! ahubwo hari kuza undi nkuko haje ISHIMAYELI, kubera kwicira inzira! 
nawe ukwiye gutegereza Imana igakora ibimenyetso bitiganwa muri wowe, murugo, mu muryango, no mubyo ukora byose. kandi mugihe cyose ubona ibyo ubayemo n'abadasenga Imana y'ukuri babifite ntucike intege kuko Aho bikomoka si hamwe. ariko umenye neza aho ukomora ibyo ufite!

urufatiro rw'Imana ruracyahagaze, rwanditsweho ngo" UWITEKA AZI ABE'' kandi ngo uvuga izina ry'Imana ave mubidatunganye. 2timoteyo 2:19

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed