Bene data nshuti mwese mukunda
Umwami Yesu mutaryarya,kuko harimo benshi bavuga ko bamukunda ariko
bakabihakanisha ibyo bakora 2timoteyo
3:1-5. Mbandikiye ururwandiko, nifuza kubagezaho ubutumwa Imana yashyize ku
mutima, aha naganirijwe cyane kubitambo, cyangwa se ibintu byose twemera
gutanga kubw’Imana, hahandi ujya utanga ugategereza ko Imana iguhemba! Matayo 6:1
Muminsi yanone aho abantu buzuye
kwikunda, n’ubwibone ntibyoroshye kugira umutima wo gutanga no kwakirana
kunyurwa! Ariko ibyo ntibyahindura ijambo ry’Imana ubusa ngo twibwire ko
gukiranirwa kw’abantu guhindura icyo Imana yahamije ko ari umugisha. 2bakorinto 9:6-7
Aha wakwibaza uti n’iyihe mpamvu
Ijabo ry’Imana rimpatira gutanga cyangwa guha abo itahaye? Niba ariko ujya
wibaza nagirango umenye ko Imana yaguhaye ibizi neza ko yakwima wamera nkabandi
utajya uha, ariko yagushyiriyeho uburyo bwo kuyikorera ukayikorera muba kene
badafite uko bagira ukayibera ukoboko kurambuye mw’isi. Imigani 22:2 ariko nubwo bimeze bityo ijambo ry’imana
ryerekana ko uwica amatwi ntiyumve
gutaka kumukene nawe atazumvirwa igihe kizaza!
Imigani 21:13
Umukene si uwundi, umukene niwo
ureba iruhande rwawe ukeneye ubufasha bwawe! Buri gihe isi yuzuye abakene,
wareba wasanga nawe uriwe nubwo ukenurwa n’Imana, ariko ukwiye kwibuka ko abo
muturane, mubana, baburara wowe umena ibiryo nubwo wakwirengagiza gutaka kwabo
Imana izi neza ko haricyo yaguhaye ubarusha!
Sinzi icyo urusha abandi gusa
muri bike usigaranye hari ibyo urusha abandi, ahari ujya uvuga uti nsigaranye iby’iri joro gusa,
cyangwa uyu mwaka gusa, ariko ugusaba we ntanikizere kibyo ufite afite,
ndakubwiza ukuri ko Imana iba izi neza ko hari icyo urusha abandi.
1abami:17:8-12
Bukeye ijambo ry’Uwiteka
rimugeraho riti:”Haguruka ujye i Sarefati h’Abasidoni abe ariho uba,hariyo
umugore, w’umupfakazi ni we uri ntegetse kugutunga.” Ageze kw’irembo
ry’umudugudu, ahasanga umugore w’umupfakazi utoragura udukwi.Eliya aramubwira
ati” Ndakwinginze nzanira utuzi two kunywa mu gacuma.”Nuko umugore ajya
kuyazana.akigenda aramuhamagara ati: Ndakwiginze unzanire n’agatsima mu ntoki.”
Na we aramusubiza ati”Nkurahiye
Uwiteka Imana Yawe ihoraho, ntagatsima mfite keretse urushyi rw’agafu nsigaje
mugiseke, n’uturanguzwa tw’amavuta mu mperezo.ubu dore ndatoragura udukwi
tubiri, kugirangonsubire mu nzu nkivugire n’umwana wanjye, ngo tukarye
twipfire.”
Iyi mkuru uyisomye neza uraza gusanga:
Ø Uyu mugore nubwo yibonaga ko ntakintu
asigaranye Imana yabonaga hari icyo afite, uko niko natwe tujya twibona iyo
tugiye kugira uwo duha kuko tubona natwe dukwiye gufashwa!
Ø Uyu mugore Yari afite amazi n’agafu, niko
natwe bijya bigenda, ndetse usanga amazi byoroshye kuyatanga ariko iyo birenze
ibyo bisa nibitubereye umutwaro, kuko akenshi muri kamere muntu dukunda gutanga
ibisagutse!
Nawe ahari urireba ukabona ntacyo
ufite cyo gufasha, ariko ntakirenze icyo mfite usabwa, urasabwa icyo Imana
yitegereza ikabona ufite kandi niyo yabiguhaye, kuko nubwo uyu mugore yumvaga
agiye gupfa hari abandi benshi bo bari baramaze gupfa kera kubera Inzara nawe
abizi neza! Uko biri kose rero nawe
ukwiye kumenya ko Imana itadusaba kubyadusagutse ahubwo idusaba kubyo dufite!
Niyo mpamvu biva kubyo dufite
bikagera no kumibiri yacu, kuko Imana ntiyifuza ibitambo by’ibyo dutunze ahubwo
nitwe yifuza, ndakubwiza ukuri ko uwo wihaye utasiga ibyo utunze inyuma ahubwo
akujyanana nabyo! Niba twihaye Imana koko nibyo dutunze bizaba ibyayo, ariko
niba tutitambye ubwacu ibyo dutamba bizageraho bishire.
Nuko ndakwinginze ngo uhe Imana umubiri wawe umutima n’ubwenge, nibwo
uzoroherwa no gutanga kubyo utunze, ariko niba ushaka gutanga kubyo utunze,
ntuzabishobora keretse numara kubona ibigusagutse.
Ese wowe waba usigaranye iki ngo
wipfire? Ese witeguye guhaho abaguteze amaboko babona ariwowe mukire usigaye
kw’isi? Uko biri kose Imana Izi ibyo utunze ko hari benshi badafite amahirwe
nkayo ufite. Kandi iki nicyo kitumenyesha urukundo rw’ukuri: nuko Yesu yatanze
ubugingo bwe ku bwacu, natwe birakwiye ko dutanga ubugingo bwacu ku bwa bene
Data .1yohana 3:16
Icyitonderwa: ubu mu minsi yanone hariho gahunda yo gufasha abo ubona
bazagufasha niyo mpamvu nabafashijwe aho kugira umutima wo gufasha abandi
bibona nk’abari mu mwenda w’ababafashije maze bigatuma imitima yabo ihorana
ukwikunda no kwigirira impuhwe bashakisha uko banezeza abagize icyo babafasha!
Nibyiza kwitura ineza wagiriwe, ariko nibyiza cyane gufashwa hanyuma nawe
ugafasha abandi cyane cyane ko abagufashije hari gihe baba bakigufasha. Twe
kuba abafarisayo bashakaga kwitura Imana bakirengagiza Ababyeyi babo, hari
benshi bagira bati icyo nari guha ababyeyi cyangwa abavandimwe nagituye Imana.
Imana ntikunda ibitambo byo kwikiza ubwawe kuko icyo si igitambo ahubwo
n’ibiguzi byo kwishakira inyungu. Birakwiye ko dutambira Imana tukibuka
n’abakeneye ubufasha, kuko nawamupfakazi, yasangiye na Eliya kandi nanyuma
yahoo ntiyapfa.
Ndabakunda!
No comments:
Post a Comment
God bless you for Reading, May you be blessed