Sunday 10 August 2014

KWIZERA IMANA, KWISHINGIKIRIZA KU MANA NO KUYICIRA BUGUFI, BITATU MU BY'INGEZI BITUMA IMANA IGUFATA NK'UMWANA WAYO!

Matayo18:4

Yesu ati: Nuko uzicisha bugufi nkuyu mwana muto niwe mukuru mu bwami bwo mw'ijuru"

Mubintu bishobora kuba bigoye buri wese, ni umuzi w'icyaha uba muri buri muntu. aho umuntu ashobora gukizwa ariko ukwishyira hejuru, kukazana ubwibone muri we maze ugasanga asigaye yarabaye Undi.

Yesu ati mumere nk'abana nibwo muzinjira mu bwami bw'ijuru!

Mubintu nzi bibabaza nukubona umuntu aza akakubwira ngo uri umwana kandi wibwiraga ko uri mukuru, impamvu nabyo bibabaza nuko ubwibine umuntu abuvukana, bugakurira muriwe kuburyo umuntu wese akura ashaka kuba icyo ataricyo. niyo mpamvu ubwiye umuntu uti uri umwana akurakarira bikaba nk'igitutsi.

Ese kuba Umwana Yesu yashakaga ni ibihe?

Guca bugufi: 

Umwana aragwa n'ibintu bigera kuri bitatu:

1.Kwizera ababyeyi be: aho aba yumva umubyeyi we ariwe wambere wamugirira neza.( niko dukwiye kwizera Imana)


2.Kwishingikiriza kubabyeyi be: aho Yumva ko icyo yakwimwa n'abandi ababyeyi be aribo bakimuha( niko dukwiye kuyishingikirizaho)

3.Kwicisha bugufi: kwemera kugendera mubyo uyobowe n'ababyeyi!(niko dukwiye kwibwira ko Imana ariyo kumvirwa kumaramaje)

hari inkuru imwe inshuti yanjye yige kunganirira, abwira ko igihe yababaye ari igihe mama we yamuhaga akabindi ngo amutwaze, ariko kuko uwo yari amaze kwigira hejuru yumvaga gutwara ikibindi bimugoye cyane kubera ubwibone, kuko nticyari kiremereye. ibi rero akenshi usanga natwe nk'abantu Imana ishaka ko tuyumvira bisa! kuko guca bugufi bibura ugasanga tugowe!

Kwiga kuba umwana ntibyoroshye! ariko nibyo Imana ishaka:

Kwiga guca bugufi, kugendera mu myumvire y'Imana kurenza kugendera mubyo wishakiye. akagero gato abana iyo umubyeyi abakuye i kigali akimukira igitarama, ntibashobora kwivovota ahubwo bagenda bumva ko aho umubyeyi agiye ariho heza kurenza aho bakwita heza ntamubyeyi uhari.

Mwene Data sindi bukubwire ngo mera utya, ahubwo umere nk'umwana muto: kandi niba Yesu yarabivuze aziko bishoboka naho twakwiyobagiza, ariko kubw'inyungu zacu dukwiye kuba nk'abana.


biragoye kumva uyu munsi nkubwira ngo ube nk'umwana kandi ufite abo wabyaye, abo uruta n'ibindi ariko umutima wo kuba umwana niwo mutima Imana ikeneye. kuko Imana ntigushaka uri mukuru nkaho izagusigira abandi bana ngo ubarere! ahubwo mw'ijuru tuzanezezwa no kubaha Imana no kuyiramya kuko niyo ibikwiye!

sinibwira ko kwiga kuba umwana ari ikintu cy'umunsi umwe ahubwo ni buri munsi, kuko buri gihe kamere yo kwishyira hejuru, no kwerekana ko dushoboye bizamuka muri twe buri munsi kuburyo usanga natwe Dushaka uburenganzira bw'abana! ariko umwana ntiyakwiye kurenga inzira ahubwo akwiye kuyigenderamo"

Ndabakunda!





No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed