Monday 18 August 2014

UKO UZAZA KOSE ABANTU BAGUFITEHO IJAMBO, UKWIYE GUTEGA ISHIMWE K'UWAGUTUMYE, SI UWO WATUMWEHO!


Luka 7:33 

Yohana umubatizza yaje atarya umutsima,atanywa vino, muravuga muti ''Afite Dayimoni'' Umwana w'Umuntu aje arya,anywa, muravuga muti dore''Dore iki kirura cy'umunywi w'inzoga, n'incuti y'abakoresha b'Ikoro n'abanyabyaha. 35Ariko ubwenge bugaragazwa n'abana babwo bose, ko ari ubw'ukuri''

Iyo umuntu wese uhamagawe gukorera Imana mubantu yibajije aho azahera, ikibazo cya mbere yibaza nukuntu abantu bazamwakira! uko bazamufata, uko bazamuvuga kuko ako ntikabura ndetse usanga arirwo rugamba rwa mbere buri muntu wese yibaza.

ibyo bibazo, buri muntu wese arabyibaza, kandi bitera ubwoba, niyo mpamvu abenshi iyo Imana Ibahamagarira gukora cyangwa kwitangira umurimo wayo mu minsi yanone bashyiraho amananiza, bati mwami ntituzi kuvuga ubwa Mose. burya ntakindi uba wibaza uti ese nimpgarara imbere y'abanti b'intyoza nzabigira nte?

Undi aba Yibaza ati, ese ko ndi muto? ibi bimutera kwibaza ukuntu azabigenza nkuko gidiyoni yibajije igihe Imana yamutoranyaga! Bene Data uko biri kose hari igihe abantu benshi babuzwa nuko batekereza abantu bazabibona, uko umuryango uzabyakira, uko inshuti abo mwasangiraga bazabyakira, n'ibindi...

Yohana yaje atarya atanywa, bati afite Dayimoni: Iki si igitangaza kuko hari abantu benshi nzi bavuga ibisa n'ibi muri iki gihe! hariho abantu bafite umuhamagaro wo kuvuga ubutumwa mu mihanda, mu masoko, n'ahandi umuntu yatekereza ko bigoye, ariko abenshi iyo abantu bababonye, usanga bagira bati Disi uriya musore yarasaze'' nye numva ukwiye ahubwo kwibutswa ko umusazi asara akagwa kw'ijambo, aho kumuvuga ukwiye kwibutswa ko niba avuga kwihana wakihanye.

uko biri kose kugirango Satani ace intege abakozi b'Imana ashyiraho amagambo mabi, yatuma uyabwirwa acika intege zibyo akora, iyo utiswe ko wasaze witwa ko uta umwanya, cyangwa wasigaye inyuma, ariko ibyo byose sinibwira ko bikwiye kuguca intege ahubwo ukwiye kurangamira uwagutumye kurenza kwita kubo watumweho kuko nutegereza ko bakuvuga neza, iyo mvura ntizigera ihita ngo usohoke munzu!

Yesu bati iki kirura, umunywi w'inzoga, inshuti y'abakoresha b'Ikoro n'abanyabyaha: akenshi usanga hariho abantu biyita abatagatifu ndetse bakumva bafite impamvu zibagira abacamanza. hariho amatorero menshi Yigisha inzira y'Imana, ariko hakinjiramo umuntu baziko ari umukoresha w'ikoro cyangwa umunyabyaha, ugasanga umuvugabutumwa yabaye iciro ry'Imigani. kugeza aho bamwe bavuga bati ruriya rusengero niho Indaya n'abasinzi basengera! 

Yesu yaje gushaka abakiranutsi? siko Ijambo ry'Imana rimbwira, ahubwo rimbwira neza ko yaje gushaka abanyabyaha ngo aturuhure, Iyo biba gushaka abakiranutsi ntiyari kuva mw'ijuru hariyo abera benshi. ariko umuvugabutumwa watumwe muri abo bashaka umuganga, iyo ahamagaye abantu abandi banga, ntibabura kugira bati uyu we n'ishuti y'abakoresha b'ikoro n'abanyabyaha! ariko Niba hari icyo Imana ikubwira ukwiye kugikora kuko udakorera abantu! kandi abiyita ubwok bukiranutse bagahinyura abandi ujye ubareka wiringire Imbabazi z'Imana. LUKA 18:9-14

Uko biri kose niba warahamagawe nubwo wakumva bigoye, ukibaza uko abantu bazakuvuga, uko bazabifata, ndakubwira ko niba bataravuze neza YOHANA, ntibavuge neza YESU. si wowe bazavuga neza, gusa igifasha umuntu wese uhamagawe, yaba muto, cyangwa mukuru, yaba atazi kuvuga cyangwa intyoza, yaba umugore cyangwa umugabo, akwiye kumenya uwamutumye, no kuba ariwe yumvira cyane kurenza kwibwirako abo watumweho bakuvuga neza.

Gusa nubwo  bimeze bityo siko bihora, habaho igihe kigera bagasasa imyenda bakavuga ko hahiriwe uje mw'Izina ry'Uwiteka, ariko Yesu ibyo ntiyabihaye agaciro kuko yari azi ibiri mu mitima y'abantu. kuko aho bavugaga ibyo basasa imyenda bongeye kugira bati n'abambwe! 

Urugendo rwo gukorera Imana ukwiye kwiteguramo ibyiza, n'ibibi, kuko ntitwahamagariwe ubuzima, wahamagariwe gutanga ubugingo bwacu kubwa bene Data, 1yahana 3:16

Bene Data ubugingo bw'abakozi b'Imana buba mu makuba ariko buri gihe iyo barokotse cyangwa bapfuye bitwa Intwari kuko bitaye kubyo bahamagariwe gukora ntibacibwa intege nibyo bavuzwe, uko bafashwe, n'ibindi byinshi bisubiza abantu inyuma.

niba Dufatanyije guhamagarwa rero mwene Data, ukaba uri umwe mu ngingo za Kristo, ndagirango dufatikanye gusengera abari mukaga ko kurenganywa, gusebywa, no gutukwa hirya no hino,kuko bamwe bakojejwe isoni bagacika intege, bakihakana Kristo. ariko dusenge ngo Imana Yohereze imbaraga zayo kubakozi bayo! 

Mwami Yesu, Nehemiya 3:36. iri n'isengesho nehemiya yasenze ubwo hari abantu bavuga ko ashaka kugomera ubwami, nyamara Imana yaramutegetse kubaka inkike zayo. Mukomere kandi mushikamwe mwe mwahamagawe n'isumba byose, izajya ibarengera , mu bitutsi no mumagambo y'Ibinyoma. ntimugire uwo mwitura ibitutsi mureke umwami abacire urubanza rukwiye! 

komeza ukore ibyo ukora uzi neza ko aribyo Imana ishima, ntugatinye abagucira Imana, kuko si igihe cyo guca urubanza! 1abakorinto :4:1-5

Ndabakunda.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed