Thursday 7 August 2014

NUBWO BAKIKUREGA WIHISHE MURI YESU, WAHAWE UBUHUNGIRO KUKO WUMVIYE IKUBURIRA ! By M.Gaudin

Yohana 3:16 

''Kuko Imana yakunze abari mw'isi cyane, byatumye itanga umwana wayo w'ikinege kugirango umwizera wese atarimbuka ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho''


Iyo Imana ivuze ngo hunga, ntuhunge ikosa riba ari irya nde?

aha abantu benshi bibwirako Imana hari umuntu ishyiraho igitugu cyo kuva mu bibi! ariko Imana yacu si uko Imeze kuko iyo bimera bityo ntawari kuzahanirwa ibyo yakoze. ariko abantu bahanwa nuko batumviye IBABURIRA iri mw'ijuru.

ibi ndagirango tubitekerezeho gati igihe Farawo abwirwa iby'uko igihugu cye hagiye kugwa urubura rutize ruhagwa! ahari ntibyari byoroshye kubyemera kuko atabonaga igicu, ariko usomye Kuva 9:20 harigira hati: " Uwubashye ijambo ry'Uwiteka wo mu bagaragu ba Farawo ahungishiriza abagaragu n'amatungo ye mu biraro, Utitaye ku Ijambo ry'Uwiteka arekera abagaragau be n'amatungo ye mu Gasozi.kuri 25 Urwo rubura rwica buri icyari mugasozi cyosemu gihugu cya egiputa cyose.....! 

Aha iyo witegereje Ijambo ry'Imana nuko ritanga amahirwe kubaryumvira cyane, aho riburi umuntu aho akwiye guhungira! ariko iyo abantu babisuzuguye ntakindi cyo kubatabara kiba gihari rwose. naho waba wakoze icyaha utagambiriye nkuko satani aturiganya buri gihe hari aho Imana yaduteguriye kwihisha ariko iyo tubisuzuguye bisoza duhanwe kuko ntacyo Imana iba itakoze.

IMIDUGUDU Y'UBUHUNGIRO KUBANYABYAHA bashaka gukizwa iracyahari! Yosuwa 20;

Aha hagaragara itegeko ryo kuabka imidugudu y'ubuhungiro kugirango umuntu wese wishe mugenzi we atabigambiriye ahungiremo hatagira umwica, ariko bisaba kuba afite umutima wumvira kuko nubwo iyo midugudu yariho iyo bagufataga utaragerayo widegebya warapfaga! hano hanze hari abantu bishe, basambanye, baroze ariko igihe cyose batarinjira Muri Yesu, urubanza rw'ibyo bakoze ruzacibwa kuko banze kumvira ibaburira ngo bakizwe umujinya w'Imana!

Kuki hari ubuhungiro bw'abakora ibyaha batabigambiriye? nawe ukwiye kumenya iki Yohana 2:1 ntihakagire ukora Icyaha ariko noba hariho ugikoze kimucitse, yakabaye aboroga akarira ntahore ariko noneho dufite umurengezi wacu ari we Yesu! ariko se niba utamufite wibwirako Imana itarangije guca urubanza!

Yesu ni iki kubantu:

Ni umutabyi
Ni igitambo
Ni umuvugizi
Ni impongano

Uretse ibyo kandi

NI Umwami
Umukiza
Itangiriro 
IHEREZO

BURI MUNTU afite ibyaha aregwa, ariko afite impongano, igisigaye nukumenya ko Imana yagushyize munzira ukwiye guhitamo ikiza, niba  wisanga warakoze ibi bintu 1abakorinto 6:9 nukuri
Imana itubwira ko ntabwami bw'Imana uzaragwa, ariko niba waruhagiwe mu maraso ya Yesu ufite ishimwe kuko wibereye mu mudugudu w'ubuhungiro! umuriro n'anmazuku, ndetse n'inkota y'uhora ntacyo izagutwara wihishe mw'Izina rya Yesu.

1abakorinto 6:11 hatwereka ko natwe twari nk'abandi bose kuko twese twakoze ibyaha, kandi twavukanye icyaha. ariko niba hariho ubuhungiro tukabukerensa nibwira ko ntacyaba gisigaye.

ABARI MUBUHUNGIRO BAKWIYE KWITWARA BATE?

Abari mubuhungiro bakwiye kwitwara uko amategeko y'ubuhungiro abasaba! yohana 15:7

abantu benshi iyo bahawe ubuhungiro hari aho babuzwa kujya, ibyo babuzwa gukora, ariko iyo baburenzeho ibyo bakora nibyo bibanyaga uburenganzira bw'ubuhungiro. Yohana 15:10

niba uri muri Yesu ukwiye kubaha ijambo agutegeka, ntukwiye kwitwara uko wiboneye kuko aho niho wahungiye!

abantu babaye mu nkambi murabizi ko nubwo uba warayihungiyemo iyo ubaye uwambere muguteza umutekano muke mu nkambi ntuba usigaje ubundi buhungiro keretse kujugunywa aho hanze hatari amahoro na mba!

Ndabakunda!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed