Saturday 16 August 2014

IKIBI CYATEJWE N'IMANA NTICYAKOSORWA NA SATANI CYANGWA ABAKOZI BE ,AHUBWO BATUMA BIBA BIBI KURUSHAHO! M.Gaudin


Kuva:7:22

"N'abakonikoni b'Abanyegiputa babigenza batyo bakoreresheje uburozi bwabo"

Bene Data Ijambo ry'Imana rigira riti Imana niyo Ikinga ntihagire ukingura, kandi Yakingura ntihagire ukinga.

Maze Iminsi nibaza akamaro k'abakonikoni mugihugu cya egiputa, maze nsanga ntakindi bakoraga uretse kongera kubyago byatewe n'Imana iki gihugu. kuko ntushobora gukemuza ikibazo ikindi ngo maze uvuge ko hari icyo wakoze.

Mose arambura inkoni maze amazi yose ya egiputa ahinduka , amaraso, maze ngo abakonikoni nabo bagenza uko, maze amafi yari yapfuye apfira kimwe, n'ibindi byose. Bene Data ibyo unyuramo, Imana niyo ishobora kugukingurira kurenza kwirukira mubapfumu n'abarozi.

KuKO Buri gihe Satani akemuza ikibazo ikindi aho gukemuza ikibazo igisubizo!

Hariho abantu babaho Imana yarabazibye Inda, kuko iba ibafiteho umugambi wayo bwite 1samuel 1:5. Uwiteka afite Imbaraga zo gukora Ibyo Abana b'abantu batabasha. ariko buri gihe Satani ashyira mu mitima yacu ko hari icyo twakora kugirango tugire icyo duhindura nyamara ugasanga ibyo dukoze byongera ibibi, byongera umunuko, byongera ibyago.ariko ijambo ry'Imana ribwira neza ko Imana ariyo yadukomerekeje kandi ariyo izatwomora!

Hoseya: 6:1 nukuri naho waba ufite ikibazo gikomeye gute, Imana niyo ifite urufunguzo rwa byose, naho abapfumu cyangwa abagushakaho indamu yose ntacyo bagufasha!

REKERAHO KWIRWANIRIRA!

Iminsi yose umuntu agerageje kwirwaniririra mukibazo niho abona ko ikibazi kirushaho gutinda gukemuka, iminsi umaze wiruka, mubapfumu, mubusambanyi, mubujura n'ahandi ngo urebe ko ubuzima bwawe bwahinduka niyo minsi y'umubabaro. ariko ibyo Imana Yemeye ko bikugeraho iba izi neza ko ushobora kubaho wizeye kandi ntiwerekeze umutima wawe mubampfumu.

Bene Data ntidukwiriye kwibwira ko ibyo Imana itakoze twabikosoza ubushake bw'umuntu, kuko Imana niyo Yica kandi Igakiza. ibi nubwo bigoye kubyumva ariko Imana yacu irakomeye ndetse ifite ububasha bwose kukiremwa muntu. ahubwo dukwiye kwibwira ko ko turi ibumba mu kiganza cyayo.

bamwe babona ari ingumba, bagahitamo kugana abapfumu, ntibabaha urubyaro ahubwo babaha ikindi kizakurikirana, uyu munsi wa none usanga bafite ikibazo cya zakarande kubera impamvu imwe, ariyo gushaka gukosora ibyo Imana yaretse ngo bitugereho.

niba wizera ko Imana ariyoyica kandi ikanakiza, wakamenye imbabazi zayo nyinshi zikurehereza kwihana, kuko niyo ubwayo twacumuyeho, ninayo ifite imbabazi zatuma tuyinambaho.Bene Data dukwiye kurushaho kumenya ubudahangarwa bw'IMANA mugihe cyose hari icyo yemeye ko kitugeraho.
;
pawulo we ngo yinginga Imana ishuro irenze Imwe ngo Imukize maze, Iti: ubuntu bwanjye buraguhagije. tureke kwigrwanirira dutegereze Imana izatwomore kuko ariyo yadukomerekeje. 

kuko inshuro nyinshi tujya twibwirako hari icyo dukemura ahubwo tukarushaho kwiyongerera ibyago.

dukwiye gukemura ikibazo cyose dufata icyemezo nk'icyo Hana yafashe ubwo yahitagamookujya Imbere y'Imana i shiro. yewe ntimwirengagize ko nicyo gihe hariho abamfumu nabakonikoni.

Hoseya 6:1

Ndabakunda.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed