Thursday 14 August 2014

ISHIMWE N'IKIZERE CYO GUTABARWA BITURUKA MU KWIBUKA AHO IMANA YAGUKUYE....BY M.Gaudin


Itangiriro: 32:11

"Kumbabazi zose n'umurava wose wagiriye umugaragu wawe, sinari nkwiriye guhabwaho n'ibyoroheje hanyuma y'ibindi kuko Nambutse yorodani iyi mfite Inkoni nsa, none mpindutse imitwe ibiri."

Amahoro Yesu atanga n'ubuntu Imana itugirira bibe kuri mwe mwese mutegereje gutabarwa kw'Imana mugihe mugeze mubibazo bitandukanye!

Bene Data maze kubona ko rwose Imitima y'abantu, ibuzwa gushima Imana n'ibyifuzo by'urudaca bihora mu mitima yacu, maze kubera ko ibyo imitima irarikiriye biyitera kwiheba tukibagira ko nibyo dutunze twabihawe nayo!

sinshidikanya ko buri muntu wese afite ikifuzo kimugoye, yewe intego zacu n'irari biduhindukira impamvu yo gusenga no kwegera Imana tutabitewe nuko tuyikunze ahubwo rimwe narimwe tuyitewe n'ibintu bitubuza amahoro!

Ariko ndagirango nkubwire ko ntagihe nakimwe Satani azakwereka ko ubayeho neza, ko wabona ishomwe ry'Imana mugihe cyose wibagiwe aho Imana yagukuye. ndetse iyo utabyitayeho bigushyira mu mutego wo kugerageza Imana no gushidikanya kubyo usaba.

Ariko ndagira ngo turebe icyo yakobo yibajije mbere yo gusaba Imana kumukiza mukuru we esawu! yagize ati nukuri Mana wangiriye neza, nambutse yorodani mfite inkoni gusa,  ariko none ubu navuyemo imitwe ibiri. iki kigaragaza ishimwe umuntu aba yibutse bigatuma ubona icyo ushima Imana.


  • Niba wararangije kwiga mbere yo kwitotombera Imana ngo iguhe akazi ukwiye kuzamura ishimwe kuko hari ighe wabayeho udafite ishuri
  • Niba warahinze mbere yo kweza ukwiye kwibuka ko Imana yaguhaye Imbuto
  • Niba hari icyo ugezeho cyaba gito cyangwa kinini ukwiye kuzirikana ko ari ubuntu wagiriwe maze uzarushaho kubona ishomwe.
  • Kandi niba uriho wibuke ko hari igihe utariho, ndetse wibuke ko wavuye mu nda ya Nyoko, wambaye ubusa maze bitume ubona ishimwe ryuko wasanze abantu ntibakwicishe imbeho ngo urware umusonga.
Bene Data Imana ikwiye gushimwa, kuko yakoze byinshi, ntiyahereye kuri bike twari dufite, ahubwo yahereye kubusa. ibyo abantu baheraho badafite Imana naho byaba byinshi birahomba. ariko abafite Imana naho igishoro cy'aba inkoni, iba yaratanzwe n'Imana kuko ntamuntu numwe uzwi urema ibiti mw'ishyamba ducamo inkoni uretse Imana yonyine.

Yakobo yashimye Imana kubw'Inkoni, ashima Imana kubw'matungo,abagore,ndetse n'abana. ibi byose ntibyari gutuma Imana yihangana ahubwo yarushijeho kumukiza kuko yayitakiye ayizeye, ndetse abanje kuyibutsa Imirimo yayo.

Bene Data ntidukwiye guhera kucyo twifuza, ahubwo dukwiye guhera kubyo Imana yakoze maze tukazamura Ishimwe ryayo mu mahanga. Yewe ntidukwiye kumva ibibi byaabaye byatbuza ishimwe kuko Imana yahisemo ko bidakomez akuba bibi kurusha kuko urebye neza wasanga ibibi wahuye nabyo ataribyo bibi byanyuma y'ibindi.

Dukwiye gushima Imana kubwa Kristo Yesu, kuko yadukunze tutari abo gukundwa. kandi yatwitangiye adashingiye kubyiza twamukoreye, niyo mpamvu uko biri kose ntitwamukurwaho nibyo tutarabona, ahubwo turushaho kumwegerezwa n'icyo yakoze bwa mbere yemera kudupfira ku musaraba w'Isoni

rero tukwiye kuzirikana ibyo Imana yakoze, kuko iyo tubizirikanye turushaho kwizera ko Imana ifite ububasha bwo gukora ibirenze cyane ibyo tuyisaba n'ibyo dutekereza. ahari uba warapfuye ariko kuba uriho n'isezerano ry'uko Imana ishobora kukugirira neza igihe icyo aricyo cyose ariko injira mugihe cyo kubanza kubona ishimwe. kuko satani abuza imitima yacu kubona ishimwe mubyo Imana yakoze maze akaduheza mubuzima bw'amaganya no kwiheba.

si igihe cyo kwiheba ahubwo n'igihe cyo kwibuka ibyo Imana yakoze, abibutse ibyo Imana yakoze bagiye batsindishirizwa nayo mubihe bikomeye

Yosuwa na calebu, bibutse Imana yabakuye muri egiputa, yabambukije inyanja itukura n'ibindi bati"Niba Imana itwishimiye tuzabarya nk'umutsima"

Dawidi yibutse uko Imana yabanaga nawe mw'ishyamba aragiye, uko yamushoboje kwica idubu, n'intare arahaguruka ahagarara imbere ya Goliyati, maze Imana irongera itsinda urugamba

Yakobo yibuka uko yambutse yorodani afite inkoni gusa, maze amaze gushima Imana, Imukiza umujinya wa esawu.

Bene Data kwibagirwa ibyo Imana yakoze bishyira mu kaga abayisenga n'abitwa ko bayikorera! kuko buri gihe dufite urugamba rwo kurwana ariko iyo twibagiwe ko Imana ariyo yatsinze, ntidushobora gutsinda.

Igihe n'iki cyo kutiyitirira ibyo Imana yakoze , kuko iyo Imana itwambukije akenshi usanga ibiganiro dutanga, byiganjemo kwivuga ibingwi aho kwerekana ishimwe ry'Imana. ndetse rimwe narimwe tukabwira abantu ngo nuko tutaryamaga cyangwa tutaryaga ngo nabo nibagenza nkatwe natakabuza intsinzi ni iyabo. 

ariko sibyo kuko iyo nyuma Imana ituretse, usanga tuyitakambira ngo mwami ni udukiza tuzagushima.

Ishimwe ryose uyu munsi ufite , numara kurishimira Imana, ndahamya ntashidikanya ko urugamba ruri imbere rwose ruzarwanywa n'Uwiteka kandi azarutsinda.

"Mwami Yesu urinde imitima yacu kwiyirira intsinzi yawe, maze uduhe kuzajya tunesherezwa nawe, bizatuma duhorana ishimwe muri byose, kandi tuzarushaho gutinyuka kuko ntuzigera utureka twenyine. 

www.newseed4jesus.blogspot.in

Ndabakunda!



No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed