Friday 1 August 2014

IBITWIKA IJAMBO RY'IMANA RIVUGWA NIBYINSHI ARIKO UKWIYE KONGERA UKAVUGA,UKONGERA UKANDIKA,........BY M.Gaudin

Yeremiya 36:27-28

Umwami amaze gutwika umuzingo, n'amagambo Baruki Yari yanditse uko yavaga mu kanwa ka Yeremiya, Ijambo ry'Uwiteka riza kuri Yeremiya riti" Ongera wende undi muzingo, uwandikemo amagambo yose yari mu muzingo wa mbere, uwo Yehoyakimu Umwami w'ibuyuda yatwitse."


Umunsi umwe, umupasitori yagiye kwigisha, maze afunguye inyigisho umuyobozi wa korali aramubwira ati pastori we, iryo jambo niryo watwigishije kuri noheri! pastori nawe n'umutima mwiza afungura aho ategurira azana irindi jambo, maze umunyamasengesho atera urutoki ati: yewe pasitori we , iryo jambo usomye niryo watumbwiye kuri pantecote, noneho pastori bimuyobeye afungura ahandi agitera amagambo ngo avuge umukirisitu ati : iri ryo waritubwirije kuri pasika!!! ibi bibera pastori ihurizo kuko abakirisitu bari bamugaye cyane ko atagira revelation nk'abandi, ati ese ndagira nte? ari wowe wagira ute?


Pasitori yigira Inama ati ngaho abwira umunyamasengesho ati dusengere tubone gutangira: agitangira ati Mwami Yesu, turagushiimye pastori aramukomanga ati ese wowe ko utangiye uko uhora utangira? abwira umuririmbyi ati turirimbire indimbo imwe itwinjize mu mwanya wo kumva ijambo, maze umuririmbyi atera indilimbo yari yabafashije muri icyo cyumweru, Pasitori aramubwira iyo wayirirbye ku cyumweru, kugeza aho bose baje kumenya ko bakwiye kwemera Imana ikavugira mubyo yateguye naho byaba bigaragara nkaho bisanzwe byumvikana!

ikibazo si uko uko umaze igihe ubyumva ahubwo wakwibaza uti ese iri jambo rigarutse narakiranutse ku bwaryo? abantu benshi bameze k'umwami w'ubuyuda, watwitse ibyanditswe mu muzingo, ndetse birengagiza kumva ibaburira! ariko kuko Imana ari inyembabazi ntibareka ahubwo ishyiraho abantu bahora basubiramo ibyavuzwe nayo ibihe byose.

Yeremiya 36:27-28

Umwami amaze gutwika umuzingo, n'amagambo Baruki Yari yanditse uko yavaga mu kanwa ka Yeremiya, Ijambo ry'Uwiteka riza kuri Yeremiya riti" Ongera wende undi muzingo, uwandikemo amagambo yose yari mu muzingo wa mbere, uwo Yehoyakimu Umwami w'ibuyuda yatwitse."

Muminsi ya none abantu baragenda bananirwa kuvuga ubutumwa kubera gucika intege, abandi bati ese ko tuvuga abantu ntibahinduke Umubwiriza 11:5 , abandi ntibabona impinduka ako kanya kuko Ijambo ribibwa ku cyumweru kimwe rikibagirana mu kindi.

Bene Data mukorera IMANA ntidukwiye gucibwa intege cyangwa ngo twumve ko ubutumwa tuvuga bwarengeje igihe. Ubu abantu beshi bahangayikishwa na REVELATION nyinshi, aho abantu basigaye baseka utazanye indi revelation. ibyo bisa naho ari itotezwa rikorwa n'abamva aho baba bashaka kumva ibishya aho kwemera guhindurwa nibyo bumvise!

Wakwibaza uti ese ibyo numva bijya bimpindura? cyangwa mbanishakira kumva ibishya? iyo bimeze bityo umuntu ntaba acyumva ijambo ry'Imana nk'Ijambo rya muhindura ahubwo aba aryumva nk'Ijambo rigezweho nk'amakuru ashyushye. 

ariko Ijambo rivuzwe rikwiye kujya riguhindura kuko uba urihaye umwanya, bene  Data hari amagambo Imana itazareka gusubiramo, uko byamera kose! kuko ibona ko uko iyavuze twihutira kuyatwika no kuyibagirwa mu mitima yacu! ariko rero ntimwishuke, uwumva Ijambo ntaryumvire ameze nk'uwirebera mu ndererwamo yarangiza akibagirwa uko asa!

IRI JAMBO NIRYO GUSUBIRWAMO KENSHI'' NK'UKO IMANA YAKUNZE ABARI MW'ISI BYATUMYE ITANGA UMWANA WAYO W'IKINEGE KUGIRANGO UMWIZERA WESE ATARIMBUKA AHUBWO AHABWE UBUGINGO BUHORAHO'' Yohana 3:16

Uwigishwa Ijambo ry'Imana agabane n'umwigishwa ibyiza byose'

abagalatiya 5:6

gukora ibyo usanzwe ukora, uvuga,wigisha ......kubw'Imana si bibi kuko Imana ishaka ko abantu bose bakizwa! Ongera wandike, Ongera ubwirize, Ongera uririmbe, Ongera Witange, kuko hari benshi bakeneye ibituruka Ku Mana binyuze muri wowe!
Ijambo nabasubiriramo uyu munsi niri : 1John 3:2-3

1."Bakundwa ,ubu turi abana b'Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa.icyakora icyo tuzi nuko Yesu niyerekanwa tuzasa nawe kuko tuzamureba uko ari.NB 3 Kandi ufite ibyo byiringiro muri we yiboneza nkuko uwo aboneye.

Ndabakunda!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed